Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by'urukundo

Share on FacebookShare on Twitter

Jacob Oulanyah L’Okori wari Perezida y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uherutse kwitaba Imana abura iminsi micye ngo yuzuze imyaka 57, yizihirijwe isabukuru n’umuryango we.

Jacob Oulanyah L’Okori witabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko byatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ku itariki 19 Werurwe 2022, yavutse tariki 23 Werurwe 1965.

  • U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda

Uyu wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari aherutse kujya kwivuriza.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, abo mu muryango we bamukoreye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 57 nubwo yapfuye atarayuzuza.

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda na yo yifurije isabukuru nziza nyakwigendera.

https://twitter.com/Parliament_Ug/status/1506678360008757260

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Andrew Ojok wagarutse ku byarangaga umubyeyi we, yavuze ko yari umugabo ukunda gukora ibikorwa by’urukundo.

Uyu muhungu wa nyakwigendera Oulanyah, yavuze ko igihe cyose yumvaga yafasha ababayeho mu buzima bugoye ndetse no gufasha abari mu bibazo kubisohokamo.

Naho mwishywa wa nyakwigendera, we yavuze ko iteka Oulanyah yakoreraga ibintu ku gihe kandi ko yakoreshaga igihe neza.

Yagize ati “Iyo wazaga kumureba wakerereweho nk’iminota itanu, Oulanyah yashoboraga kukubwira ati ‘aka kanya ntabwo ari wowe nakageneye, ni ak’undi muntu’.”

Umuryango wa nyakwigendera wamukoreye ibirori by’isabukuru, wagarutse kuri byinshi byamurangaga birimo kuba yakundaga Imana n’abantu atarobanuye ku butoni.

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by’urukundo
Umwishywa we na we yavuze ko Nyirarume yari azi gukoresha neza igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda cyagenderewe n’Umujenerali ukomeye w’Umunyamerika

Next Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Related Posts

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda
MU RWANDA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.