Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by'urukundo

Share on FacebookShare on Twitter

Jacob Oulanyah L’Okori wari Perezida y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uherutse kwitaba Imana abura iminsi micye ngo yuzuze imyaka 57, yizihirijwe isabukuru n’umuryango we.

Jacob Oulanyah L’Okori witabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko byatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ku itariki 19 Werurwe 2022, yavutse tariki 23 Werurwe 1965.

  • U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda

Uyu wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari aherutse kujya kwivuriza.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, abo mu muryango we bamukoreye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 57 nubwo yapfuye atarayuzuza.

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda na yo yifurije isabukuru nziza nyakwigendera.

https://twitter.com/Parliament_Ug/status/1506678360008757260

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Andrew Ojok wagarutse ku byarangaga umubyeyi we, yavuze ko yari umugabo ukunda gukora ibikorwa by’urukundo.

Uyu muhungu wa nyakwigendera Oulanyah, yavuze ko igihe cyose yumvaga yafasha ababayeho mu buzima bugoye ndetse no gufasha abari mu bibazo kubisohokamo.

Naho mwishywa wa nyakwigendera, we yavuze ko iteka Oulanyah yakoreraga ibintu ku gihe kandi ko yakoreshaga igihe neza.

Yagize ati “Iyo wazaga kumureba wakerereweho nk’iminota itanu, Oulanyah yashoboraga kukubwira ati ‘aka kanya ntabwo ari wowe nakageneye, ni ak’undi muntu’.”

Umuryango wa nyakwigendera wamukoreye ibirori by’isabukuru, wagarutse kuri byinshi byamurangaga birimo kuba yakundaga Imana n’abantu atarobanuye ku butoni.

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by’urukundo
Umwishywa we na we yavuze ko Nyirarume yari azi gukoresha neza igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda cyagenderewe n’Umujenerali ukomeye w’Umunyamerika

Next Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.