Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by'urukundo

Share on FacebookShare on Twitter

Jacob Oulanyah L’Okori wari Perezida y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uherutse kwitaba Imana abura iminsi micye ngo yuzuze imyaka 57, yizihirijwe isabukuru n’umuryango we.

Jacob Oulanyah L’Okori witabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko byatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ku itariki 19 Werurwe 2022, yavutse tariki 23 Werurwe 1965.

  • U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda

Uyu wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari aherutse kujya kwivuriza.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, abo mu muryango we bamukoreye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 57 nubwo yapfuye atarayuzuza.

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda na yo yifurije isabukuru nziza nyakwigendera.

https://twitter.com/Parliament_Ug/status/1506678360008757260

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Andrew Ojok wagarutse ku byarangaga umubyeyi we, yavuze ko yari umugabo ukunda gukora ibikorwa by’urukundo.

Uyu muhungu wa nyakwigendera Oulanyah, yavuze ko igihe cyose yumvaga yafasha ababayeho mu buzima bugoye ndetse no gufasha abari mu bibazo kubisohokamo.

Naho mwishywa wa nyakwigendera, we yavuze ko iteka Oulanyah yakoreraga ibintu ku gihe kandi ko yakoreshaga igihe neza.

Yagize ati “Iyo wazaga kumureba wakerereweho nk’iminota itanu, Oulanyah yashoboraga kukubwira ati ‘aka kanya ntabwo ari wowe nakageneye, ni ak’undi muntu’.”

Umuryango wa nyakwigendera wamukoreye ibirori by’isabukuru, wagarutse kuri byinshi byamurangaga birimo kuba yakundaga Imana n’abantu atarobanuye ku butoni.

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by’urukundo
Umwishywa we na we yavuze ko Nyirarume yari azi gukoresha neza igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda cyagenderewe n’Umujenerali ukomeye w’Umunyamerika

Next Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.