• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Perezida w’Inteko wapfuye habura iminsi micye ngo agire isabukuru yayizihirijwe n’umuryango we

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by'urukundo

Share on FacebookShare on Twitter

Jacob Oulanyah L’Okori wari Perezida y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uherutse kwitaba Imana abura iminsi micye ngo yuzuze imyaka 57, yizihirijwe isabukuru n’umuryango we.

Jacob Oulanyah L’Okori witabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko byatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ku itariki 19 Werurwe 2022, yavutse tariki 23 Werurwe 1965.

  • U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda

Uyu wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari aherutse kujya kwivuriza.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, abo mu muryango we bamukoreye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 57 nubwo yapfuye atarayuzuza.

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda na yo yifurije isabukuru nziza nyakwigendera.

https://twitter.com/Parliament_Ug/status/1506678360008757260

Umuhungu wa nyakwigendera witwa Andrew Ojok wagarutse ku byarangaga umubyeyi we, yavuze ko yari umugabo ukunda gukora ibikorwa by’urukundo.

Uyu muhungu wa nyakwigendera Oulanyah, yavuze ko igihe cyose yumvaga yafasha ababayeho mu buzima bugoye ndetse no gufasha abari mu bibazo kubisohokamo.

Naho mwishywa wa nyakwigendera, we yavuze ko iteka Oulanyah yakoreraga ibintu ku gihe kandi ko yakoreshaga igihe neza.

Yagize ati “Iyo wazaga kumureba wakerereweho nk’iminota itanu, Oulanyah yashoboraga kukubwira ati ‘aka kanya ntabwo ari wowe nakageneye, ni ak’undi muntu’.”

Umuryango wa nyakwigendera wamukoreye ibirori by’isabukuru, wagarutse kuri byinshi byamurangaga birimo kuba yakundaga Imana n’abantu atarobanuye ku butoni.

Umuhungu wa nyakwigendera yavuze uburyo se yakundaga ibikorwa by’urukundo
Umwishywa we na we yavuze ko Nyirarume yari azi gukoresha neza igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nine =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda cyagenderewe n’Umujenerali ukomeye w’Umunyamerika

Next Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.