Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Annet Among yasabye inzego gukora iperereza ryihuse ku bafite umugambi wo gushaka kumwica.

Anita Annet Among yatangaje ko afite impungenge ko ashobora kugirirwa nabi akicwa kandi ko yifuza ko Minisiteri y’Umutekano yihutira kubyinjiramo vuba na bwangu.

Anita Annet Among wagiye ku ntebe yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko asimbuye Jacob Oulanyah witabye Imana, ntiyagaragaje ibimenyetso by’iki kikango afite ko hari abashaka kumugirira nabi.

Yabitangaje mu Nteko Rusange y’Abadepite yabaye ku wa Kane tariki 08 Nzeri 2022, aho yavuze ko abantu bataramenyekana bakomeje kumutera ubwoba ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego z’umutekano akazibimenyesha.

Yagize ati “Ni ibintu nari nabanje gusangiza gusa umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta ariko ubu mbivugiye mu ruhame. Nahawe raporo ko hari abashaka kunyica…hari abantu bashaka kunyivugana.”

Yavugaga ibi ubwo yasubizaga Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Hon Matthias Mpuuga ku birego bya bamwe mu Banya-Uganda bakomeje kuburirwa irengero bigakekwa ko bashimuswe n’inzego z’umutekano z’Igihugu.

Anita Annet Among yakomeje agira ati “Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe mukore iperereza ku biri kuba kandi muhere ku byanjye kuko atari ibihuha. Ndasabye mubikurikirane mufatanyije n’inzego z’umutekano w’imbere kuko kugeza ubu imodoka yanjye hari abantu bakomeje kuyikurikira.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ushaka kwica Anita kandi iyi ntebe narayicajwemo n’Imana, ndamumenyesha ko nzakorera Igihugu cyanjye kugeza igihe nzananirirwa.”

Hon Matthias Mpuuga wazamuye ikibazo cy’ababurirwa irengero, yavuze ko no ku munsi wabanjirije uwo yatangarijeho ibi, hari umuryango wo muri Nansana wamubwiye ko umugore ukiri muto witwa Teddy Nalubwama yatwawe n’abantu bambaye impuzankano hakaba hari hashize iminsi itanu ntawuzi aho aherereye.

Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja yasezeranyije ko bagiye gukukirana ibi bibazo byose.

Yagize ati “Iyi Guverinoma yita cyane ku iyubahirizwa ry’ihame ryo kugendera ku mategeko kandi ihora ishimira inzego z’umutekano. Uwo ari we wese uzagerageza gukora ibinyuranyije n’amategeko azabiryozwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Abayobozi ba RP babuze ayo bacira n’ayo bamira bagaragarijwe ameza bivugwa ko yaguzwe 1.200.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira...Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.