Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Annet Among yasabye inzego gukora iperereza ryihuse ku bafite umugambi wo gushaka kumwica.

Anita Annet Among yatangaje ko afite impungenge ko ashobora kugirirwa nabi akicwa kandi ko yifuza ko Minisiteri y’Umutekano yihutira kubyinjiramo vuba na bwangu.

Anita Annet Among wagiye ku ntebe yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko asimbuye Jacob Oulanyah witabye Imana, ntiyagaragaje ibimenyetso by’iki kikango afite ko hari abashaka kumugirira nabi.

Yabitangaje mu Nteko Rusange y’Abadepite yabaye ku wa Kane tariki 08 Nzeri 2022, aho yavuze ko abantu bataramenyekana bakomeje kumutera ubwoba ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego z’umutekano akazibimenyesha.

Yagize ati “Ni ibintu nari nabanje gusangiza gusa umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta ariko ubu mbivugiye mu ruhame. Nahawe raporo ko hari abashaka kunyica…hari abantu bashaka kunyivugana.”

Yavugaga ibi ubwo yasubizaga Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Hon Matthias Mpuuga ku birego bya bamwe mu Banya-Uganda bakomeje kuburirwa irengero bigakekwa ko bashimuswe n’inzego z’umutekano z’Igihugu.

Anita Annet Among yakomeje agira ati “Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe mukore iperereza ku biri kuba kandi muhere ku byanjye kuko atari ibihuha. Ndasabye mubikurikirane mufatanyije n’inzego z’umutekano w’imbere kuko kugeza ubu imodoka yanjye hari abantu bakomeje kuyikurikira.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ushaka kwica Anita kandi iyi ntebe narayicajwemo n’Imana, ndamumenyesha ko nzakorera Igihugu cyanjye kugeza igihe nzananirirwa.”

Hon Matthias Mpuuga wazamuye ikibazo cy’ababurirwa irengero, yavuze ko no ku munsi wabanjirije uwo yatangarijeho ibi, hari umuryango wo muri Nansana wamubwiye ko umugore ukiri muto witwa Teddy Nalubwama yatwawe n’abantu bambaye impuzankano hakaba hari hashize iminsi itanu ntawuzi aho aherereye.

Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja yasezeranyije ko bagiye gukukirana ibi bibazo byose.

Yagize ati “Iyi Guverinoma yita cyane ku iyubahirizwa ry’ihame ryo kugendera ku mategeko kandi ihora ishimira inzego z’umutekano. Uwo ari we wese uzagerageza gukora ibinyuranyije n’amategeko azabiryozwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Abayobozi ba RP babuze ayo bacira n’ayo bamira bagaragarijwe ameza bivugwa ko yaguzwe 1.200.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira...Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.