Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Umuyobozi uri muri batanu bakomeye mu Gihugu yahishuye ko hari abashaka kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Annet Among yasabye inzego gukora iperereza ryihuse ku bafite umugambi wo gushaka kumwica.

Anita Annet Among yatangaje ko afite impungenge ko ashobora kugirirwa nabi akicwa kandi ko yifuza ko Minisiteri y’Umutekano yihutira kubyinjiramo vuba na bwangu.

Anita Annet Among wagiye ku ntebe yo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko asimbuye Jacob Oulanyah witabye Imana, ntiyagaragaje ibimenyetso by’iki kikango afite ko hari abashaka kumugirira nabi.

Yabitangaje mu Nteko Rusange y’Abadepite yabaye ku wa Kane tariki 08 Nzeri 2022, aho yavuze ko abantu bataramenyekana bakomeje kumutera ubwoba ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego z’umutekano akazibimenyesha.

Yagize ati “Ni ibintu nari nabanje gusangiza gusa umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta ariko ubu mbivugiye mu ruhame. Nahawe raporo ko hari abashaka kunyica…hari abantu bashaka kunyivugana.”

Yavugaga ibi ubwo yasubizaga Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Hon Matthias Mpuuga ku birego bya bamwe mu Banya-Uganda bakomeje kuburirwa irengero bigakekwa ko bashimuswe n’inzego z’umutekano z’Igihugu.

Anita Annet Among yakomeje agira ati “Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe mukore iperereza ku biri kuba kandi muhere ku byanjye kuko atari ibihuha. Ndasabye mubikurikirane mufatanyije n’inzego z’umutekano w’imbere kuko kugeza ubu imodoka yanjye hari abantu bakomeje kuyikurikira.”

Yakomeje agira ati “Niba hari ushaka kwica Anita kandi iyi ntebe narayicajwemo n’Imana, ndamumenyesha ko nzakorera Igihugu cyanjye kugeza igihe nzananirirwa.”

Hon Matthias Mpuuga wazamuye ikibazo cy’ababurirwa irengero, yavuze ko no ku munsi wabanjirije uwo yatangarijeho ibi, hari umuryango wo muri Nansana wamubwiye ko umugore ukiri muto witwa Teddy Nalubwama yatwawe n’abantu bambaye impuzankano hakaba hari hashize iminsi itanu ntawuzi aho aherereye.

Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja yasezeranyije ko bagiye gukukirana ibi bibazo byose.

Yagize ati “Iyi Guverinoma yita cyane ku iyubahirizwa ry’ihame ryo kugendera ku mategeko kandi ihora ishimira inzego z’umutekano. Uwo ari we wese uzagerageza gukora ibinyuranyije n’amategeko azabiryozwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Abayobozi ba RP babuze ayo bacira n’ayo bamira bagaragarijwe ameza bivugwa ko yaguzwe 1.200.000Frw

Next Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira...Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.