Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko mu rwego rwo guhangana na Ebola, ingendo ziva cyangwa zijya mu Turere tubiri twugarijwe n’iyi ndwara, zibujijwe ndetse n’ingendo zikaba zibujijwe hagati ya saa moya z’umugoroba (19:00’) kugeza saa kumi n’ebyiri z’igitondo (06:00’).

Uturere twashyizwe mu kato, ni Mubende na Kassanda aho Ebola imaze kwivugana abantu bagera muri 19, aho aya mabwiriza azubahirizwa mu gihe cy’iminsi 21.

Mu ijambo rye ritangaza aya mabwiriza mashya, yatanze ku ya 15 Ukwakira, Perezida Museveni yagize ati “Ingendo zijya cyangwa ziva mu Turere twa Mubende na Kassanda, zirabujijwe.”

Kugeza ubu muri Uganda, habarwa abantu 60 bamaze kugaragarwaho indwara ya Ebola kuva yatangazwa ko yagaragaje muri Mubende.

Museveni kandi yakomeje avuga ko “Hagomba kubaho amasaha ntarengwa y’ingendo mu Turere twa Mubende na Kassanda, ingendo zibujijwe kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi n’ebyiri za mugitondo.”

Yakomeje agira ati “Ibinyabiziga by’abantu ku giti cyabo ndetse n’abamotari, ntibemerewe kujya mu Turere twa Mubende na Kassanda kugira ngo badakwirakwiza Ebola.”

Yavuze ko abantu bazajya bajya muri utu Turere ku bw’impamvu runaka, bazajya babanza kwaka uruhusa polisi ikabemerera cyangwa ikabahakanira.

Yatangaje ko imodoka zitwaye ibicuruzwa ari zo zonyine zemerewe kugera muri utu Turere kandi na zo zigakora ku manywa ntizirenze saa kumi n’imwe z’umugoroba, kandi abagezeyo na bo ngo bagomba kumarayo iminsi 21.

Amashuri azakomeza gukora muri utwo Turere ariko mu gihe umunyeshuri, umwarimu cyangwa undi mukozi w’ishuri agaragaje ibimenyetso bya Ebola, agomba kuguma mu rugo akabanza agasuzumwa n’inzego z’ubuvuzi.

Ati “Ahantu hose hasengerwa ndetse n’ahakorerwa ibikorwa by’imyidagaduro muri utu Turere, bigomba guhagarara. Imihango yo gushyingura igomba gukorwa n’abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi mu gihe umuntu yishwe na Ebola cyangwa atari yo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Next Post

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.