Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko mu rwego rwo guhangana na Ebola, ingendo ziva cyangwa zijya mu Turere tubiri twugarijwe n’iyi ndwara, zibujijwe ndetse n’ingendo zikaba zibujijwe hagati ya saa moya z’umugoroba (19:00’) kugeza saa kumi n’ebyiri z’igitondo (06:00’).

Uturere twashyizwe mu kato, ni Mubende na Kassanda aho Ebola imaze kwivugana abantu bagera muri 19, aho aya mabwiriza azubahirizwa mu gihe cy’iminsi 21.

Mu ijambo rye ritangaza aya mabwiriza mashya, yatanze ku ya 15 Ukwakira, Perezida Museveni yagize ati “Ingendo zijya cyangwa ziva mu Turere twa Mubende na Kassanda, zirabujijwe.”

Kugeza ubu muri Uganda, habarwa abantu 60 bamaze kugaragarwaho indwara ya Ebola kuva yatangazwa ko yagaragaje muri Mubende.

Museveni kandi yakomeje avuga ko “Hagomba kubaho amasaha ntarengwa y’ingendo mu Turere twa Mubende na Kassanda, ingendo zibujijwe kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi n’ebyiri za mugitondo.”

Yakomeje agira ati “Ibinyabiziga by’abantu ku giti cyabo ndetse n’abamotari, ntibemerewe kujya mu Turere twa Mubende na Kassanda kugira ngo badakwirakwiza Ebola.”

Yavuze ko abantu bazajya bajya muri utu Turere ku bw’impamvu runaka, bazajya babanza kwaka uruhusa polisi ikabemerera cyangwa ikabahakanira.

Yatangaje ko imodoka zitwaye ibicuruzwa ari zo zonyine zemerewe kugera muri utu Turere kandi na zo zigakora ku manywa ntizirenze saa kumi n’imwe z’umugoroba, kandi abagezeyo na bo ngo bagomba kumarayo iminsi 21.

Amashuri azakomeza gukora muri utwo Turere ariko mu gihe umunyeshuri, umwarimu cyangwa undi mukozi w’ishuri agaragaje ibimenyetso bya Ebola, agomba kuguma mu rugo akabanza agasuzumwa n’inzego z’ubuvuzi.

Ati “Ahantu hose hasengerwa ndetse n’ahakorerwa ibikorwa by’imyidagaduro muri utu Turere, bigomba guhagarara. Imihango yo gushyingura igomba gukorwa n’abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi mu gihe umuntu yishwe na Ebola cyangwa atari yo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 4 =

Previous Post

CaboDelgado: RDF yatahuye imbunda n’ibisasu byari byarahishwe n’ibyihebe

Next Post

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.