Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uhatanira kuzaba Perezida yatangaje icyo yazakora cyazazana impinduka mu kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uhatanira kuzaba Perezida yatangaje icyo yazakora cyazazana impinduka mu kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Philippe Mpayimana, yatangaje ko aramutse atowe; urubyiruko rwose rwazajya rujya mu gisirikare mu rwego rwo gukarishya ubwirinzi bw’u Rwanda.

Mpayimana Philippe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024 ubwo yiyamamarizaga mu Ntara y’Amajyepfo, aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza mu Murenge wa Ngoma mu Karere Huye, ndetse no mu Murenege wa Musha mu Karere ka Gisagara.

Mpayimana yavuze ko aramutse atowe, yazamura urwego rw’ubwirinzi bw’u Rwanda, by’umwihariko urubyiruko rwose rukajya runyura mu gisirikare, bityo abakiri bato bakarushaho kukiyumvamo, no gushaka abakijyamo bikoroha.

Ati “Nk’Igihugu cy’u Rwanda tugomba gukomeza gahunda yo kwirinda. Ni yo mpamvu kuba urubyiruko rwose rwajya mu gisirikare biri mu bizongera ubwirinzi bw’Igihugu, noneho ingufu zitakazwa mu guhamagarira urubyiruko kwinjira mu gisirikare zikagabanuka, aho urubyiruko rwose ruzaba rwaratojwe igisirikare.”

Yavuze kandi ko natorwa azafasha abantu kubona imishinga ibateza imbere, ku buryo imirimo mu Gihugu yiyongera, bityo n’ubushomeri bukaba amateka.

Ati “Nifuza ko imirimo yiyongera mu Banyarwanda kandi imirimo yose igahabwa gahunda, igashyigikirwa, ikanasora, igatuma twunganira ibigega nk’icya Mituweli, ikigega cyo kugoboka abari mu byago, mu biza, abakene, abatishoboye, hakabaho n’ikigega cyo gufasha abashomeri, igihe umuntu ataye akazi agafashwa kugira ngo azabone akandi adahungabanye.”

Uyu mukandida yagarutse ku mwuga w’itangazamakuru ndetse no ku bakomisiyoneri. Ku bijyanye no guhanga imirimo y’ubunyamakuru, Mpayimana yasobanuye ko nk’uwize itangazamakuru abona ko kuri buri Murenge hashyizwe igitangazamakuru byafasha urubyiruko kubona ibyo rukora, abikorera bakabona aho bamamariza ibikorwa byabo, n’ibitangazamakuru na byo bigatera imbere.

Naho ku bijyanye n’ubukomisiyoneri, yavuze ko burimo akajagari, buri wese mu babukora akaba ashyiraho ibiciro uko yishakiye. Ati “Ni akajagari kandi byica ubucuruzi. Ni umurimo wahabwa gahunda, abawukora bagasora, hanyuma tukarushaho gukora neza.”

Gahunda y’umukandida Mpayimana Philippe, ikubiye mu ngingo 52 yayishyikirije abaturage yanditse, anafata umwanya wo kuzibasobanurira.

Mpayimana Philippe ubwo yiyamamarizaga mu Majyepfo

Yavuze ko yifuza ko urubyiruko rwose rwajya runyura mu gisirikare

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + thirteen =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Next Post

Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.