Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uhatanira kuzaba Perezida yatangaje icyo yazakora cyazazana impinduka mu kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uhatanira kuzaba Perezida yatangaje icyo yazakora cyazazana impinduka mu kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Philippe Mpayimana, yatangaje ko aramutse atowe; urubyiruko rwose rwazajya rujya mu gisirikare mu rwego rwo gukarishya ubwirinzi bw’u Rwanda.

Mpayimana Philippe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024 ubwo yiyamamarizaga mu Ntara y’Amajyepfo, aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza mu Murenge wa Ngoma mu Karere Huye, ndetse no mu Murenege wa Musha mu Karere ka Gisagara.

Mpayimana yavuze ko aramutse atowe, yazamura urwego rw’ubwirinzi bw’u Rwanda, by’umwihariko urubyiruko rwose rukajya runyura mu gisirikare, bityo abakiri bato bakarushaho kukiyumvamo, no gushaka abakijyamo bikoroha.

Ati “Nk’Igihugu cy’u Rwanda tugomba gukomeza gahunda yo kwirinda. Ni yo mpamvu kuba urubyiruko rwose rwajya mu gisirikare biri mu bizongera ubwirinzi bw’Igihugu, noneho ingufu zitakazwa mu guhamagarira urubyiruko kwinjira mu gisirikare zikagabanuka, aho urubyiruko rwose ruzaba rwaratojwe igisirikare.”

Yavuze kandi ko natorwa azafasha abantu kubona imishinga ibateza imbere, ku buryo imirimo mu Gihugu yiyongera, bityo n’ubushomeri bukaba amateka.

Ati “Nifuza ko imirimo yiyongera mu Banyarwanda kandi imirimo yose igahabwa gahunda, igashyigikirwa, ikanasora, igatuma twunganira ibigega nk’icya Mituweli, ikigega cyo kugoboka abari mu byago, mu biza, abakene, abatishoboye, hakabaho n’ikigega cyo gufasha abashomeri, igihe umuntu ataye akazi agafashwa kugira ngo azabone akandi adahungabanye.”

Uyu mukandida yagarutse ku mwuga w’itangazamakuru ndetse no ku bakomisiyoneri. Ku bijyanye no guhanga imirimo y’ubunyamakuru, Mpayimana yasobanuye ko nk’uwize itangazamakuru abona ko kuri buri Murenge hashyizwe igitangazamakuru byafasha urubyiruko kubona ibyo rukora, abikorera bakabona aho bamamariza ibikorwa byabo, n’ibitangazamakuru na byo bigatera imbere.

Naho ku bijyanye n’ubukomisiyoneri, yavuze ko burimo akajagari, buri wese mu babukora akaba ashyiraho ibiciro uko yishakiye. Ati “Ni akajagari kandi byica ubucuruzi. Ni umurimo wahabwa gahunda, abawukora bagasora, hanyuma tukarushaho gukora neza.”

Gahunda y’umukandida Mpayimana Philippe, ikubiye mu ngingo 52 yayishyikirije abaturage yanditse, anafata umwanya wo kuzibasobanurira.

Mpayimana Philippe ubwo yiyamamarizaga mu Majyepfo

Yavuze ko yifuza ko urubyiruko rwose rwajya runyura mu gisirikare

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 3 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Next Post

Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Related Posts

Brig.Gen.Karuretwa ayoboye intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare na Maroc

Brig.Gen.Karuretwa ayoboye intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare na Maroc

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Karuretwa ayoboye intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare na Maroc
MU RWANDA

Brig.Gen.Karuretwa ayoboye intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare na Maroc

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Gaza: Hongeye gutangwa umuburo wihuse utavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Karuretwa ayoboye intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare na Maroc

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.