Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri
Share on FacebookShare on Twitter

Ntibitura Jean Bosco uherutse kugirwa Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba, yabanje kunyura imbere ya Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena, kugira ngo hasuzumwe dosiye ye imusabira izi nshingano.

Ni nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ahinduye Guverineri w’iyi Ntara y’Iburengerazauba, akamugira Ntibitura Jean Bosco.

Nyuma y’iminsi ibiri hakozwe izi mpinduka, kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yatangaje ko Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena, yasuzumye dosiye isabira Ntibitura kwemezwa nka Guverineri.

Ubutumwa bwatanzwe n’Inteko Ishinga Amategeko, bugira buti “Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena iri gusuzuma Dosiye ya Ntibitura Jean Bosco usabirwa kwemezwa na Sena ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba.”

Ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko, buvuga nyuma yuko iyi Komisiyo isuzumye iyi dosiye, izakora Raporo ikazagezwa ku Nteko Rusange ya Sena, ubundi ikayifataho umwanzuro.

Ntibitura Jean Bosco wahawe izi nshingano, yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Rwego rw’Igihugu rw’Umutekano n’Iperereza NISS.

Yasimbuye Hon. Dushimimana Lambert wari umaze umwaka n’amezi abiri ahawe izi nshingano, kuko yari yazihawe mu ntangiro za Nzeri 2023 ubwo yasimburaga Habitegeko François, mu gihe we [Dushimimana] yari asanzwe ari Umusenateri muri Sena yaburaga umwaka ngo irangize manda.

Ntibitura yabanje gusuzumirwa Dosiye imusabira kwemezwa nka Guverineri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + one =

Previous Post

Bwa mbere mu Rwanda abari n’abategarugori bagiye kurushanwa mu mukino umenyerewe ku bagabo

Next Post

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.