Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwa ko yari agiye kwiba ihene yatahurwa amaguru akayabangira ingata ibye byarangiye nabi

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 22 bikekwa ko yari agiye kwiba ihene mu rugo rw’umuryango wo Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, yitabye Imana nyuma yuko abaturage bagiye kumufata akiruka, akaza kwikubita hasi agahita apfa.

Uyu musore yitabye Imana nyuma yuko biketswe ko yari agiye kwiba ihene mu rugo rwo mu Mudugudu wa Kabarore mu Kagari ka Runyinya, mu Murenge wa Gahengeri.

Amakuru dukesha Televiziyo yitwa BTN, avuga ko ibi byabaye mu gicuku cyo ku ya 11 Ukuboza 2024, ubwo umuryango wo muri uyu Mudugudu wari ugiye kuryama, ukumva hari uri gucukura inzu yari irimo amatungo ashaka kwiba ihene, bagahita babyuka bagatabaza.

Nyuma yo gutabaza, abaturanyi bahise baza, uyu musore na we amaguru ayabangira ingata ariko ageze imbere yikubita hasi ahita yitaba Imana.

Umugore wo muri uru rugo yagize ati “Abaturage baje birukanka kuri ba ba bantu bashakaga kutwiba gusa tuza gutungurwa no gusanga Petit yarimo tumubajije atubwira ko ari amashitani amutera akamutegeka kwiba.”

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uyu musore witabye Imana, yari azwiho kuba yiba muri aka gace, ndetse ko yari aherutse no kubifungirwa.

Umwe yagize ati “Twari tuzengerejwe n’iki gisambo cyaje kwiba kigahita gipfa nyuma yo kwikubita hasi ubwo cyageragezaga guhunga. Yaratujujujubije kuko n’eho hashize yari yafunguwe nyuma yo guhekura nyina amafaranga.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yemeje aya makuru y’uyu musore witabye Imana.

Yagize ati “Abaturage bavuze ko yari umujura ngo yagiye kwiba mu kazu karimo ihene baramutesha noneho agerageje kwiruka bamufatira mu gishanga gitandukanya Fumbwe na Rusororo gusa ku bwo ibyago ahita apfa nyuma yo kwikubita hasi yubamye ahita ahwera.”

SP Hamdun Twizeyimana yavze ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane intandaro nyakuri y’urupfu rw’uyu musore ukekwaho kuba yari umujura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: RIB yataye muri yombi umukozi w’Akarere ka Rutsiro inatangaza ibyo akurikiranyweho

Next Post

Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Abana bafashije Abofisiye ba Polisi y’u Rwanda mu karasisi kakozwe nta gusobanya (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.