Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

radiotv10by radiotv10
01/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi yagiye kwaka serivisi za Leta, ahita yemera uruhare yagize muri Jenoside ndetse ko yiteguye kubisobanura byose n’uburyo yihishahishaga.

Uyu Ndindabahizi Faustin umaze imyaka 31 yihishahisha, yafashwe agiye kwaka serivisi zijyanye n’ibyangombwa by’ubutaka ku Buiro by’uyu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, yanakoreye ibyaha akekwaho.

Ifatwa ry’uyu mugabo ukomoka mu Kagari ka Kibirizi muri uyu Murenge wa Rubengera, ryagizwemo uruhare n’abaturage bamuzi, bahise bamutangaho amakuru bakimuca iryera, nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya.

Abatuye muri aka gace barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko yagize uruhare muri Jenoside afatanyije n’abavandimwe be, bahise bahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Urukiko Gacaca rwa Kibirizi, kandi rwakatiye uyu mugabo igifungo cy’imyaka 30 kubera uruhare yagize muri Jenoside, aho yaburanishijwe adahari kuko yari yarahungiye muri DRC.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yahungutse muri 2021 agahita asanga umugore we wari waratashye mbere, bakajya kuba mu Mudugudu wa Kamihaho mu Kagari ka Gitega mu Murenge wa Gitesi n’ubundi mu Karere ka Karongi.

Mukakimenyi Suzanne wiciwe abe n’uyu mugabo mu gihe cya Jenoside, yagize ati “Amakuru ye nayamenye bwa mbere ngiye kwivuza mu Bitaro bya Kibuye, mpahurira n’umugore witwa Chantal ambwira ko ajya amubona, anazi aho atuye ariko asohoka mu nzu gake.”

Akomeza agira ati “Imitungo yabo irimo n’isambu iri imbere y’iwanjye ni umugore wazaga kuyigurisha, abo bayigura bamara kwemeranywa, umugabo akaza rwihishwa, bakabaha amafaranga bakagenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera Ayabagabo Faustin, yatangaje ko uyu mugabo yafashwe ubwo yari aje ku Biro by’Umurenge wa Rubengera kwaka serivisi z’ubutaka z’ihererekanyabubasha.

Yagize ati “Agifatwa yahise yemera ataruhanyije uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga n’abo bafatanyije barimo abavandimwe be bakihishahishe mu mashyamba ya RDC.”

Uyu muyobozi yavuze kandi ko ubwo uyu mugabo yemereye inzego ko yiteguye gusobanura n’uburyo yihishahishaga kugeza ubu afashwe nyuma y’imyaka 31.

Uyu muyobozi kandi yibukije ko Jenoside ari icyaha kidasaza, bityo ko n’undi wese waba akihishahisha nk’uyu, amenye ko igihe icyo ari cyo cyose, ukuboko k’ubutabera kuzamugeraho, anasaba ababa bazi abihishahisha nk’uku, gutanga amakuru kugira ngo bafatwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 15 =

Previous Post

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Next Post

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.