Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

radiotv10by radiotv10
01/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi yagiye kwaka serivisi za Leta, ahita yemera uruhare yagize muri Jenoside ndetse ko yiteguye kubisobanura byose n’uburyo yihishahishaga.

Uyu Ndindabahizi Faustin umaze imyaka 31 yihishahisha, yafashwe agiye kwaka serivisi zijyanye n’ibyangombwa by’ubutaka ku Buiro by’uyu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, yanakoreye ibyaha akekwaho.

Ifatwa ry’uyu mugabo ukomoka mu Kagari ka Kibirizi muri uyu Murenge wa Rubengera, ryagizwemo uruhare n’abaturage bamuzi, bahise bamutangaho amakuru bakimuca iryera, nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya.

Abatuye muri aka gace barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko yagize uruhare muri Jenoside afatanyije n’abavandimwe be, bahise bahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Urukiko Gacaca rwa Kibirizi, kandi rwakatiye uyu mugabo igifungo cy’imyaka 30 kubera uruhare yagize muri Jenoside, aho yaburanishijwe adahari kuko yari yarahungiye muri DRC.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yahungutse muri 2021 agahita asanga umugore we wari waratashye mbere, bakajya kuba mu Mudugudu wa Kamihaho mu Kagari ka Gitega mu Murenge wa Gitesi n’ubundi mu Karere ka Karongi.

Mukakimenyi Suzanne wiciwe abe n’uyu mugabo mu gihe cya Jenoside, yagize ati “Amakuru ye nayamenye bwa mbere ngiye kwivuza mu Bitaro bya Kibuye, mpahurira n’umugore witwa Chantal ambwira ko ajya amubona, anazi aho atuye ariko asohoka mu nzu gake.”

Akomeza agira ati “Imitungo yabo irimo n’isambu iri imbere y’iwanjye ni umugore wazaga kuyigurisha, abo bayigura bamara kwemeranywa, umugabo akaza rwihishwa, bakabaha amafaranga bakagenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera Ayabagabo Faustin, yatangaje ko uyu mugabo yafashwe ubwo yari aje ku Biro by’Umurenge wa Rubengera kwaka serivisi z’ubutaka z’ihererekanyabubasha.

Yagize ati “Agifatwa yahise yemera ataruhanyije uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga n’abo bafatanyije barimo abavandimwe be bakihishahishe mu mashyamba ya RDC.”

Uyu muyobozi yavuze kandi ko ubwo uyu mugabo yemereye inzego ko yiteguye gusobanura n’uburyo yihishahishaga kugeza ubu afashwe nyuma y’imyaka 31.

Uyu muyobozi kandi yibukije ko Jenoside ari icyaha kidasaza, bityo ko n’undi wese waba akihishahisha nk’uyu, amenye ko igihe icyo ari cyo cyose, ukuboko k’ubutabera kuzamugeraho, anasaba ababa bazi abihishahisha nk’uku, gutanga amakuru kugira ngo bafatwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + twelve =

Previous Post

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Next Post

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.