Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko abasirikare ba FARDC babyitwayemo ubwo babonaga M23 ije gufata umupaka bari barinze

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko abasirikare ba FARDC babyitwayemo ubwo babonaga M23 ije gufata umupaka bari barinze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe umupaka wa Nyaruhanje uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, mu gihe abasirikare ba FARDC bari bawurinze bahise bafata utwangushye bahungira muri Uganda, batarashe isasu na rimwe.

Uyu mupaka wa Nyaruhanje wafashwe na M23 ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2024, aho bivugwa ko ifatwa ry’uyu mupaka, ryahagaritse urujya n’uruza rwinjira muri Congo.

Amakuru yavuye kuri uyu mupaka wafashwe, avuga ko abasirikare ba Congo bari ku burinzi bw’uyu mupaka ubwo uyu mutwe wafataga uyu mupaka, bahise bava mu birindiro byabo, bagahungira muri Uganda.

Uyu mupaka wafashwe na M23, mu gihe umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice werecyeza mu majyaruguru ahaherereye Pariki y’Igihugu cya Congo.

Uyu mupaka wa Nyaruhanje uherereye mu bilometero bicye uvuye ku wa Ishasha wo mu gace ka Kanungu na wo wafashwe n’uyu mutwe wa M23.

Mu masaha 24 yari yashize mbere y’uko M23 ifata uyu mupaka wa Nyaruhanje, abandi bo mu nzego z’umutekano za Congo 114 barimo abasirikare n’abapolisi bari bafite intwaro 43 na bo bari bambutse berecyeza muri Uganda bishyikiriza inzego z’iki Gihugu ku biro bishizwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Ishasha.

Ushinzwe amakuru ku ruhande rwa Uganda, Kiconco Tabaro; yavuze ko ingabo za Uganda zakajije umutekano kuri uyu mupaka, ndetse n’impunzi zaturutse muri Uganda, zikaba zajyanywe mu kigo cya Nyakabande mu karere ka Kisoro ndetse na Matanda mu Karere ka Kanungu.

Umutwe wa M23 ukomeje gufata ibi bice mu gihe inama iherutse guhuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC yabaye mu cyumweru gishize, yari yanzuye ko impande zihanganye mu mirwano imaze igihe mu burasirazuba bwa DRC zigomba kuyihagarika kuva kuri iki Cyumweru tariki 04 Kanama 2024.

Ni icyemezo M23 yagaragaje ko kitayireba cyane ko itari yatumiwe mu nama cyafatiwemo, nubwo yashimiye umuhate wagaragajwe wo gushaka ko ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo bibonerwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

General Muhoozi yateguje kuza mu Rwanda anavuga uko abona ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.