Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko abasirikare ba FARDC babyitwayemo ubwo babonaga M23 ije gufata umupaka bari barinze

radiotv10by radiotv10
05/08/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko abasirikare ba FARDC babyitwayemo ubwo babonaga M23 ije gufata umupaka bari barinze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe umupaka wa Nyaruhanje uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, mu gihe abasirikare ba FARDC bari bawurinze bahise bafata utwangushye bahungira muri Uganda, batarashe isasu na rimwe.

Uyu mupaka wa Nyaruhanje wafashwe na M23 ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 04 Nyakanga 2024, aho bivugwa ko ifatwa ry’uyu mupaka, ryahagaritse urujya n’uruza rwinjira muri Congo.

Amakuru yavuye kuri uyu mupaka wafashwe, avuga ko abasirikare ba Congo bari ku burinzi bw’uyu mupaka ubwo uyu mutwe wafataga uyu mupaka, bahise bava mu birindiro byabo, bagahungira muri Uganda.

Uyu mupaka wafashwe na M23, mu gihe umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice werecyeza mu majyaruguru ahaherereye Pariki y’Igihugu cya Congo.

Uyu mupaka wa Nyaruhanje uherereye mu bilometero bicye uvuye ku wa Ishasha wo mu gace ka Kanungu na wo wafashwe n’uyu mutwe wa M23.

Mu masaha 24 yari yashize mbere y’uko M23 ifata uyu mupaka wa Nyaruhanje, abandi bo mu nzego z’umutekano za Congo 114 barimo abasirikare n’abapolisi bari bafite intwaro 43 na bo bari bambutse berecyeza muri Uganda bishyikiriza inzego z’iki Gihugu ku biro bishizwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Ishasha.

Ushinzwe amakuru ku ruhande rwa Uganda, Kiconco Tabaro; yavuze ko ingabo za Uganda zakajije umutekano kuri uyu mupaka, ndetse n’impunzi zaturutse muri Uganda, zikaba zajyanywe mu kigo cya Nyakabande mu karere ka Kisoro ndetse na Matanda mu Karere ka Kanungu.

Umutwe wa M23 ukomeje gufata ibi bice mu gihe inama iherutse guhuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC yabaye mu cyumweru gishize, yari yanzuye ko impande zihanganye mu mirwano imaze igihe mu burasirazuba bwa DRC zigomba kuyihagarika kuva kuri iki Cyumweru tariki 04 Kanama 2024.

Ni icyemezo M23 yagaragaje ko kitayireba cyane ko itari yatumiwe mu nama cyafatiwemo, nubwo yashimiye umuhate wagaragajwe wo gushaka ko ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo bibonerwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + one =

Previous Post

General Muhoozi yateguje kuza mu Rwanda anavuga uko abona ibirori by’irahira rya Perezida Kagame

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yamaganye ubutumwa bwitiriwe Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.