Wednesday, April 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

radiotv10by radiotv10
21/04/2026
in MU RWANDA
0
Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa uvuga ko akomoka mu Karere ka Ruhango, avuga ko yahuriye n’umusore ku mbuga nkoranyambaga akamwizeza kuzamushakira akazi mu Mujyi wa Kigali akamuhuza n’uwo yita Boss, wamwoherereje itike, ahageze amusaba kumusanga i Shyorongi ajyanywe n’undi musore waje kumujyana mu ishyamba amuteragura ibyuma aranamusambanya.

Uyu mukobwa yagaragaye ku Kigo Nderabuzima cya Muhima mu Mujyi wa Kigali yagiye kwivurizayo nyuma y’uko kugirirwa nabi n’umusore atazi.

Avuga ko yari yahuriye n’umusore muri group ya WhatsApp akamwizeza kuzamushakira akazi ko gukora muri alimentation, ndetse akaza kumuhuza n’uwo bita Boss wanamwoherereje itike mbere yuko afata urugendo ruva mu Ruhango agana i Kigali.

Akigera i Kigali muri Nyabugogo, ngo boss yamusabye kongera gutega akamusanga Shyorongi mu Karere ka Rulindo, ndetse amwoherereza umusore wagombaga kumufasha kugira ngo amumugezeho, ariko uwo musore aza kumujyana mu ishyamba ari naho ibyo bibazo byamuereneyeho.

Uyu mukobwa avuga ko uyu musore babanje gukora rw’amasaha agera muri ane rwaje kubageza mu ishyamba, ari bwo uwo musore yavugaga ko afashwe n’umutima akaryama hasi, undi na we akavuga ko atamutererana, ariko akaza kumuhinduka akamugirira nabi.

Ati “Ntabwo natekereje ko yangirira nabi. Aramfata mu kiganza, nari mfite igikapu kirimo ibintu na telefoni ebyiri mu mufuka, nibwo yatangiye kuniga arankubita, ankubita ibintu mu mutwe araniga mbona akuyemo icyuma, arakinjomba.”

Avuga kandi ko uyu musore yanasambanyije uyu mukobwa, akamuteragura ibyuma ubundi akamusiga ari intere, aragenda aza kuhakurwa n’abahisi baje kumufasha kugera ku Kigo Nderabuzima cya Muhima kugira ngo yitabweho n’abaganga.

Umwe mu baganga bakorera kuri iri Vuriro, witwa Uzayisenga Jesephine yavuze ko uyu mukobwa yamugezeho afite ibikomere ku bice binyuranye, nko mu kiganza no ku matako.

Ati “Yari yahungabanye kubera ibibazo yahuye na byo, icyo twamufashije ni ukumuha ubufasha bw’ibanze, turamudoda.”

Ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’aba babanje kwizeza abantu ibitangaza nk’akazi, byakunze kugarukwaho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rusaba abantu kujya bagira ubushishozi mu gihe hari ababizeje akazi.

Mu kwezi gushize, RIB yerekanye abasore babiri, Sebahizi Jean Christosme w’imyaka 27 na mugenzi we Twagirayezu Jean Marie Vianney w’imyaka 34, bakekwagaho ibikorwa nk’ibi.

RIB yavuze ko aba basore bakoranaga mu bikorwa bisa na biriya byabaye kuri uriya mukobwa, aho umwe muri aba basore yajyaga Nyabugogo akizeza abantu abonye bafite ibibazo ko yababonera akazi, akababwira ko yabahuza n’umuyobozi wa Kompanyi, akamuhuza n’uriya wundi, ubundi bakajya i Rwamagana bakabajyana mu ishyamba ahantu hitaruye ingo, bakabagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + five =

Previous Post

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Next Post

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Related Posts

How to make your business earn more money and grow fast

How to make your business earn more money and grow fast

by radiotv10
22/04/2026
0

Making a profit in business feels good but what you do next with that money is what truly determines your...

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

by radiotv10
22/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko iperereza ku rupfu rw'umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye uherutse gusangwa mu muferege yapfuye mu...

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

by radiotv10
21/04/2026
0

The State Minister in the Ministry of Infrastructure, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, has said that shortages of essential goods...

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko ibura rya bimwe mu bikenerwa mu...

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

by radiotv10
21/04/2026
0

Umugore wo mu Murenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, n’umugabo bavugwaho ubusambane, bakekwaho kwica umugabo w’uyu mugore bamukubise agafuni,...

IZIHERUKA

How to make your business earn more money and grow fast
MU RWANDA

How to make your business earn more money and grow fast

by radiotv10
22/04/2026
0

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

22/04/2026
Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Rwandans advised on how to respond to the global challenge of rising fuel prices, which may continue

21/04/2026
Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

21/04/2026
Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

21/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Ntitwabwira Abanyarwanda ko ibyageze ku bandi by’ibura twe bitatugeraho-Inama Min.Uwihanganye agira Abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to make your business earn more money and grow fast

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.