Tuesday, April 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

radiotv10by radiotv10
21/04/2026
in MU RWANDA
0
Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa uvuga ko akomoka mu Karere ka Ruhango, avuga ko yahuriye n’umusore ku mbuga nkoranyambaga akamwizeza kuzamushakira akazi mu Mujyi wa Kigali akamuhuza n’uwo yita Boss, wamwoherereje itike, ahageze amusaba kumusanga i Shyorongi ajyanywe n’undi musore waje kumujyana mu ishyamba amuteragura ibyuma aranamusambanya.

Uyu mukobwa yagaragaye ku Kigo Nderabuzima cya Muhima mu Mujyi wa Kigali yagiye kwivurizayo nyuma y’uko kugirirwa nabi n’umusore atazi.

Avuga ko yari yahuriye n’umusore muri group ya WhatsApp akamwizeza kuzamushakira akazi ko gukora muri alimentation, ndetse akaza kumuhuza n’uwo bita Boss wanamwoherereje itike mbere yuko afata urugendo ruva mu Ruhango agana i Kigali.

Akigera i Kigali muri Nyabugogo, ngo boss yamusabye kongera gutega akamusanga Shyorongi mu Karere ka Rulindo, ndetse amwoherereza umusore wagombaga kumufasha kugira ngo amumugezeho, ariko uwo musore aza kumujyana mu ishyamba ari naho ibyo bibazo byamuereneyeho.

Uyu mukobwa avuga ko uyu musore babanje gukora rw’amasaha agera muri ane rwaje kubageza mu ishyamba, ari bwo uwo musore yavugaga ko afashwe n’umutima akaryama hasi, undi na we akavuga ko atamutererana, ariko akaza kumuhinduka akamugirira nabi.

Ati “Ntabwo natekereje ko yangirira nabi. Aramfata mu kiganza, nari mfite igikapu kirimo ibintu na telefoni ebyiri mu mufuka, nibwo yatangiye kuniga arankubita, ankubita ibintu mu mutwe araniga mbona akuyemo icyuma, arakinjomba.”

Avuga kandi ko uyu musore yanasambanyije uyu mukobwa, akamuteragura ibyuma ubundi akamusiga ari intere, aragenda aza kuhakurwa n’abahisi baje kumufasha kugera ku Kigo Nderabuzima cya Muhima kugira ngo yitabweho n’abaganga.

Umwe mu baganga bakorera kuri iri Vuriro, witwa Uzayisenga Jesephine yavuze ko uyu mukobwa yamugezeho afite ibikomere ku bice binyuranye, nko mu kiganza no ku matako.

Ati “Yari yahungabanye kubera ibibazo yahuye na byo, icyo twamufashije ni ukumuha ubufasha bw’ibanze, turamudoda.”

Ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’aba babanje kwizeza abantu ibitangaza nk’akazi, byakunze kugarukwaho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rusaba abantu kujya bagira ubushishozi mu gihe hari ababizeje akazi.

Mu kwezi gushize, RIB yerekanye abasore babiri, Sebahizi Jean Christosme w’imyaka 27 na mugenzi we Twagirayezu Jean Marie Vianney w’imyaka 34, bakekwagaho ibikorwa nk’ibi.

RIB yavuze ko aba basore bakoranaga mu bikorwa bisa na biriya byabaye kuri uriya mukobwa, aho umwe muri aba basore yajyaga Nyabugogo akizeza abantu abonye bafite ibibazo ko yababonera akazi, akababwira ko yabahuza n’umuyobozi wa Kompanyi, akamuhuza n’uriya wundi, ubundi bakajya i Rwamagana bakabajyana mu ishyamba ahantu hitaruye ingo, bakabagirira nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 10 =

Previous Post

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Related Posts

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

by radiotv10
20/04/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda) delivered solid performance in the first quarter of 2026, showing how deeply digital financial...

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

by radiotv10
20/04/2026
0

Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe...

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

by radiotv10
20/04/2026
0

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi...

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Imyaka 32 irashize Rosalie Gicanda wabaye Umwamukazi wa nyuma w'u Rwanda yitabye Imana azize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mirage itazibagirana...

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

IZIHERUKA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba
MU RWANDA

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

by radiotv10
21/04/2026
0

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

20/04/2026
Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

20/04/2026
Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

20/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.