Umukobwa uvuga ko akomoka mu Karere ka Ruhango, avuga ko yahuriye n’umusore ku mbuga nkoranyambaga akamwizeza kuzamushakira akazi mu Mujyi wa Kigali akamuhuza n’uwo yita Boss, wamwoherereje itike, ahageze amusaba kumusanga i Shyorongi ajyanywe n’undi musore waje kumujyana mu ishyamba amuteragura ibyuma aranamusambanya.
Uyu mukobwa yagaragaye ku Kigo Nderabuzima cya Muhima mu Mujyi wa Kigali yagiye kwivurizayo nyuma y’uko kugirirwa nabi n’umusore atazi.
Avuga ko yari yahuriye n’umusore muri group ya WhatsApp akamwizeza kuzamushakira akazi ko gukora muri alimentation, ndetse akaza kumuhuza n’uwo bita Boss wanamwoherereje itike mbere yuko afata urugendo ruva mu Ruhango agana i Kigali.
Akigera i Kigali muri Nyabugogo, ngo boss yamusabye kongera gutega akamusanga Shyorongi mu Karere ka Rulindo, ndetse amwoherereza umusore wagombaga kumufasha kugira ngo amumugezeho, ariko uwo musore aza kumujyana mu ishyamba ari naho ibyo bibazo byamuereneyeho.
Uyu mukobwa avuga ko uyu musore babanje gukora rw’amasaha agera muri ane rwaje kubageza mu ishyamba, ari bwo uwo musore yavugaga ko afashwe n’umutima akaryama hasi, undi na we akavuga ko atamutererana, ariko akaza kumuhinduka akamugirira nabi.
Ati “Ntabwo natekereje ko yangirira nabi. Aramfata mu kiganza, nari mfite igikapu kirimo ibintu na telefoni ebyiri mu mufuka, nibwo yatangiye kuniga arankubita, ankubita ibintu mu mutwe araniga mbona akuyemo icyuma, arakinjomba.”
Avuga kandi ko uyu musore yanasambanyije uyu mukobwa, akamuteragura ibyuma ubundi akamusiga ari intere, aragenda aza kuhakurwa n’abahisi baje kumufasha kugera ku Kigo Nderabuzima cya Muhima kugira ngo yitabweho n’abaganga.
Umwe mu baganga bakorera kuri iri Vuriro, witwa Uzayisenga Jesephine yavuze ko uyu mukobwa yamugezeho afite ibikomere ku bice binyuranye, nko mu kiganza no ku matako.
Ati “Yari yahungabanye kubera ibibazo yahuye na byo, icyo twamufashije ni ukumuha ubufasha bw’ibanze, turamudoda.”
Ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’aba babanje kwizeza abantu ibitangaza nk’akazi, byakunze kugarukwaho n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rusaba abantu kujya bagira ubushishozi mu gihe hari ababizeje akazi.
Mu kwezi gushize, RIB yerekanye abasore babiri, Sebahizi Jean Christosme w’imyaka 27 na mugenzi we Twagirayezu Jean Marie Vianney w’imyaka 34, bakekwagaho ibikorwa nk’ibi.
RIB yavuze ko aba basore bakoranaga mu bikorwa bisa na biriya byabaye kuri uriya mukobwa, aho umwe muri aba basore yajyaga Nyabugogo akizeza abantu abonye bafite ibibazo ko yababonera akazi, akababwira ko yabahuza n’umuyobozi wa Kompanyi, akamuhuza n’uriya wundi, ubundi bakajya i Rwamagana bakabajyana mu ishyamba ahantu hitaruye ingo, bakabagirira nabi.
RADIOTV10










