Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umukozi w’Imana wasanzwe asengera mu rusengero rwari rwafunzwe

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA
0
Uko byagendekeye umukozi w’Imana wasanzwe asengera mu rusengero rwari rwafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR-Ngarama mu Karere ka Gatsibo, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma y’uko arenze ku cyemezo cyo gufunga urusengero, agakoresha amateraniro kandi rwarafunzwe.

Uri mu maboko ya RIB, ni Pasiteri Nsengiyumva Francois, ucumbikiwe kuri Sitasiyo y’uru Rwego ya Kabarore nyuma yo gufatwa ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, ubwo mu rusengero rwa ADEPR ruherereye mu Mudugudu wa Ngarama, Akagari ka Nyabibikiri mu Murenge wa Kabarore, haberaga amateraniro nyamara rwarafunzwe.

Uyu mukozi w’Imana yafashwe ari muri uru rusengero rwari rwafunzwe, ari kumwe n’abakristu bari gusengeramo mu materaniro asanzwe yo ku Cyumweru.

Uru rusengero rwari rwafunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, mu bugenzuzi rumaze iminsi rukora ku nsengero zitujuje ibisabwa, aho kugeza ubu hamaze gufungwa izirenga ibihumbi bitanu mu Gihugu hose.

Uru rusengero rwari rwarafunzwe, ariko abayoboke b’Itorero ADEPR-Ngarama babirengaho bajya gukora amateraniro muri uru rusengero rwari rwafunzwe, bayobowe na Pasiteri wabo.

Pasiteri Nsengiyumva Francois uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kunyuranya n’amabwiriza ya Leta.

Amakuru y’ifungwa rye, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, wemeje ko ko uyu Mupasiteri yafunzwe nyuma y’uko arenze ku cyemezo cyari cyafatiwe urusengero rwe, akemera ko abakristu barukoreramo amateraniro kandi rwari rwafunzwe.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abandi bayobozi b’insengero kutarenga ku byemezo byafatiwe insengero zabo, kuko uzajya afatwa yabirenzeho, azajya akurikiranwa n’inzego z’ubutabera kuko bigize icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 9 =

Previous Post

Bwa mbere M23 isobanuye birambuye impamvu itubahirije ibyo guhagarika imirwano

Next Post

Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Menya ubumenyi Abasirikare b'u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.