Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye umukozi w’Imana wasanzwe asengera mu rusengero rwari rwafunzwe

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA
0
Uko byagendekeye umukozi w’Imana wasanzwe asengera mu rusengero rwari rwafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR-Ngarama mu Karere ka Gatsibo, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma y’uko arenze ku cyemezo cyo gufunga urusengero, agakoresha amateraniro kandi rwarafunzwe.

Uri mu maboko ya RIB, ni Pasiteri Nsengiyumva Francois, ucumbikiwe kuri Sitasiyo y’uru Rwego ya Kabarore nyuma yo gufatwa ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, ubwo mu rusengero rwa ADEPR ruherereye mu Mudugudu wa Ngarama, Akagari ka Nyabibikiri mu Murenge wa Kabarore, haberaga amateraniro nyamara rwarafunzwe.

Uyu mukozi w’Imana yafashwe ari muri uru rusengero rwari rwafunzwe, ari kumwe n’abakristu bari gusengeramo mu materaniro asanzwe yo ku Cyumweru.

Uru rusengero rwari rwafunzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, mu bugenzuzi rumaze iminsi rukora ku nsengero zitujuje ibisabwa, aho kugeza ubu hamaze gufungwa izirenga ibihumbi bitanu mu Gihugu hose.

Uru rusengero rwari rwarafunzwe, ariko abayoboke b’Itorero ADEPR-Ngarama babirengaho bajya gukora amateraniro muri uru rusengero rwari rwafunzwe, bayobowe na Pasiteri wabo.

Pasiteri Nsengiyumva Francois uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kunyuranya n’amabwiriza ya Leta.

Amakuru y’ifungwa rye, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, wemeje ko ko uyu Mupasiteri yafunzwe nyuma y’uko arenze ku cyemezo cyari cyafatiwe urusengero rwe, akemera ko abakristu barukoreramo amateraniro kandi rwari rwafunzwe.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abandi bayobozi b’insengero kutarenga ku byemezo byafatiwe insengero zabo, kuko uzajya afatwa yabirenzeho, azajya akurikiranwa n’inzego z’ubutabera kuko bigize icyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Bwa mbere M23 isobanuye birambuye impamvu itubahirije ibyo guhagarika imirwano

Next Post

Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Menya ubumenyi Abasirikare b'u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.