Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Gasabo- Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wafatiwe mu cyaha cyo kunyereza imisoro kubera kudatanga inyemezabwishyu ya EBM, yahise akora mu mufuka akuramo ibihumbi 70Frw ashaka kubiha Umupolisi, bahita bamuta muri yombi, none ubu akurikiranyweho ibyaha bibiri.

Icyaha kimwe ni icyo kunyereza imisoro kuko yabanje gufatwa adatanze inyemezabwishyu z’imbaho z’ibihumbi 56 Frw yari amaze gucururiza mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko ubwo uyu mugabo witwa Elias yafatwaga ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023, yabajijwe impamvu adatanga inyemezabwishyu ya EBM, akavuga ko ntayo agira.

CP Kabera yagize ati “Cyakora yemera ko ari mu makosa, ari nako akora mu mufuka akuramo ibihumbi 70 Frw ayahereza Umupolisi ngo amubabarire, na we ahita abimenyesha bagenzi be bamuta muri yombi.”

Ikindi cyaha gikurikiranywe kuri uyu mugabo, ni icyaha cya ruswa y’aya mafaranga ibihumbi 70 Frw yakuye mu mufuka agashaka kuyaha Umupolisi.

CP John Bosco Kabera avuga ko nyuma yuko uyu mugabo atawe muri yombi ndetse n’amafaranga yafatanywe ubwo yageragezaga kuyatanga nka ruswa, yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugira ngo rukomeze iperereza kuri ibi byaba byombi akekwaho, ubundi ruzamukorere dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yaboneyeho kugira inama abacuruzi, abasaba guca ukubiri no kunyereza imisoro kuko uretse kuba ari icyaha cyatuma bakurikiranwa mu nzego z’ubutabera, ari no kudindiza iterambere ry’Igihugu.

ICYO AMATEGEKO AVUGA KURI IBI BYABA BIKEKWA KURI UYU MUGABO

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Next Post

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ mu bikorwa birimo filimi no mu biganiro akunze gutanga, watawe muri yombi, hatangajwe ko...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.