Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw

radiotv10by radiotv10
19/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye uwafatiwe mu cyaha agashaka gupfumbatiza Umupolisi iza 5.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Gasabo- Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wafatiwe mu cyaha cyo kunyereza imisoro kubera kudatanga inyemezabwishyu ya EBM, yahise akora mu mufuka akuramo ibihumbi 70Frw ashaka kubiha Umupolisi, bahita bamuta muri yombi, none ubu akurikiranyweho ibyaha bibiri.

Icyaha kimwe ni icyo kunyereza imisoro kuko yabanje gufatwa adatanze inyemezabwishyu z’imbaho z’ibihumbi 56 Frw yari amaze gucururiza mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko ubwo uyu mugabo witwa Elias yafatwaga ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023, yabajijwe impamvu adatanga inyemezabwishyu ya EBM, akavuga ko ntayo agira.

CP Kabera yagize ati “Cyakora yemera ko ari mu makosa, ari nako akora mu mufuka akuramo ibihumbi 70 Frw ayahereza Umupolisi ngo amubabarire, na we ahita abimenyesha bagenzi be bamuta muri yombi.”

Ikindi cyaha gikurikiranywe kuri uyu mugabo, ni icyaha cya ruswa y’aya mafaranga ibihumbi 70 Frw yakuye mu mufuka agashaka kuyaha Umupolisi.

CP John Bosco Kabera avuga ko nyuma yuko uyu mugabo atawe muri yombi ndetse n’amafaranga yafatanywe ubwo yageragezaga kuyatanga nka ruswa, yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugira ngo rukomeze iperereza kuri ibi byaba byombi akekwaho, ubundi ruzamukorere dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yaboneyeho kugira inama abacuruzi, abasaba guca ukubiri no kunyereza imisoro kuko uretse kuba ari icyaha cyatuma bakurikiranwa mu nzego z’ubutabera, ari no kudindiza iterambere ry’Igihugu.

ICYO AMATEGEKO AVUGA KURI IBI BYABA BIKEKWA KURI UYU MUGABO

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − one =

Previous Post

Amahirwe yongeye gusekera uwabaye Miss Rwanda watandukanye n’umusore bari barasezeranye

Next Post

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Igisubizo gisekeje cyahawe Umudepite wabajije niba Museveni afatanyije n’abana be kuyobora Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.