Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Israel muri Ethiopia, Avraham Neguise yasohowe ahaberaga umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ambasaderi Avraham Neguise yasohowe mu cyumba kigari cya Mandela Hall kiri ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Ethiopia kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025.

Uyu Mudipolomate wa Israel yasohowe nyuma yuko Ibihugu bitandukanye byo muri Afurika bisabye ko atagomba kuba ari muri uyu muhango wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ni mu gihe Ambasaderi Avraham Neguise atari anitezwe muri uyu muhango nk’uko bitangazwa n’Umunyamakuru wa Al-Jazeera waganiriye na bamwe muri bari bitabiriye iki gikorwa.

Ubwo abahagarariye Ibihugu binyuranye bya Afurika basabaga ko Ambasaderi Avraham Neguise asohorwa muri iki gikorwa, kuko batumvaga uburyo yakitabiriye, ibikorwa byariho biba, byahagaze kugeza igihe asohokeye.

Bivugwa ko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangiye iperereza ryo kumenya uwatumiye uyu Mudipolamate wa Israel waje muri uyu muhango nyamara utari waramuhaye ubutumire.

Kwitabira kw’Ambasaderi wa Israel muri uyu muhango wateguywe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bikomeje kwibazwaho, kuko iki Gihugu kidasanzwe ari Umunyamuryango wawo.

Muri 2002 myuma y’ishyirwaho ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, itegeko riteganya ko nta Bihugu byo hanze y’Umugabane wa Afurika byemerewe kuba Ibinyamuryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Next Post

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?
IMIBEREHO MYIZA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.