• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo ibiganiro by’intumwa za AFC/M23 n’u Busuwisi byari kubera i Goma bibere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’u Busuwisi zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 ziherutse kugirira ibiganiro mu Rwanda n’abahagarariye iri Huriro nyuma yo gutinya kubikorera i Goma kubera icyorezo cya Ebola.

Amakuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, avuga ko intumwa za America n’u Busuwisi zoherejwe zigiye kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho mu biganiro byabereye mu Busuwisi mu kwezi gushize.

Mu cyumweru gishize, izi ntumwa z’ibi Bihugu byombi zahuye n’iz’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zibuhagararira mu biganiro by’imishyikirano. I biganiro byabereye i Kinshasa byari bigamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano abiri yasinyiwe i Doha muri Qatar.

Gusa ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano ntirihagaze neza kubera kutubahiriza ibyemeranyijweho by’ingenzi, dore ko hatarabaho kurekura imfungwa, ndetse n’agahenge ko guhagarika imirwano kakaba katarubahirijwe.

RFI ivuga ko intumwa w’u Busuwisi kandi zagombaga kujya i Goma, ariko amakuru iki kinyamakuru gifite avuga ko kubera gutinya icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri uriya mujyi, zahise zerecyeza i Gisenyi mu Rwanda.

Iki kinyamakuru kivuga ko abahagarariye Ihuriro rya AFC/M23 yaba abo ku ruhande rwa Politiki ndetse n’igisirikare, na bo bambutse umupaka bakajya guhurira na ririya tsinda ry’u Busuwisi mu Rwanda, akaba ari ho baganirira.

Habaye inama y’iminsi ibiri tariki 26 na 27 Gicurasi 2026. Amakuru kandi akavuga ko Leta Zunze Ubumwe za America ziri gutera akanyabugabo u Busuwisi ngo bugire uruhare runini mu biganiro bigamije kuzana amahoro.

Mu nama yabereye mu Busuwisi muri kwezi gushize hagati, abahagarariye ubutegetsi bwa DRC n’abahagarariye Ihuriro AFC/M23, basinyanye amasezerano, arimo ayemerera iri Huriro ko na ryo rizohereza abasirikare mu rwego rwo gukurikirana cyangwa kugenzura agahenge ko guhagarika imirwano kemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 18 =

Previous Post

Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame

Next Post

Congo n’u Burundi bashimangiye ubufatanye mu bya gisirikare mu guhangana na AFC/M23

Related Posts

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Next Post
Congo n’u Burundi bashimangiye ubufatanye mu bya gisirikare mu guhangana na AFC/M23

Congo n’u Burundi bashimangiye ubufatanye mu bya gisirikare mu guhangana na AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.