Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma, haravugwa umugabo ukekwaho kuruma igitsina cy’umuhungu we nyuma yo kumukeka ko ari umugabo wari uri kumusambanyiriza umugore we.

Ibi byabereye mu Mudugugu wa Kanege mu Kagari ka Muenge mu Murenge wa Gashanda, aho uyu mugabo witwa Rugerinyange Vedaste yahise atabwa muri yombi.

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uwo mugabo yarumye ubugabo w’umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco kubera gufuhira umugore we, dore ko yamukegaho kumuca inyuma.

Umwe mu baturage, aganira n’ikinyamakuru cyitwa Ukweli Times dukesha aya makuru, yagize ati “Yamurumye azi ko ari we umusambanyiriza umugore, ntabwo yamurumye azi ko ari umwana we. Byarangiye amuriye igitsina cyarakomeretse cyane ariko ntabwo cyavuyeho.”

Aba baturage bavuga ko ubwo uyu mugabo yarumaga igitsina cy’umuhungu we, yumvise amubwira ati “papa uranyishe mbabarira.” Akaba ari bwo yahise amureka.

Uyu muhungu warumwe igitsina n’umubyeyi we, avuga ko yasanze ari kumwe na nyina, agahita amusingira akamuruma ku gitsina.

Ati “Twagiye hasi ahita afata araruma nibwo bamunkuyeho yaragiye kuyicaho. Sinzi icyabimuteye nta n’urushyi yankojeje cyangwa ingumi, yaraje araruma ni bwo navugije induru baza bamunkuraho.”

Umugore w’uyu mugabo na we yemeza ibi byabaye ku muhungu wabo, akavuga ko byabaye ubwo umugabo we yasangaga bari kwarura inzoga.

Yagize ati “Nari kumwe n’uyu muhungu amfatiye itoroshi nanjye ndimo kudaha mu kidomoro. Yari yabanje kumpamagara ngo nzane inzoga nzicururize mu Nyungwe, mbyanze yahise aza ansanga mu cyumba n’uyu ahita amukwega bitura hasi.”

Aya makuru kandi anemezwa n’Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kanege, Nkurunziza Hassan.

Uyu muyobozi avuga ko biriya byabaye ahagana saa tatu z’ijoro ubwo uwo mugabo bita Rugerinyange yageraga iwe akaruma umuhungu we witwa Niyomugabo Jean Bosco ubwo yasangaga ari kumwe n’umuugore we akagira ngo n’umugabo wari waje kumuca inyuma.

Yagize ati “Natwe twahise duhuruza haza Polisi haza DASSO uwo mugabo Rugerinyange Vedaste bahise bamutwara arimo arabazwa n’inzego z’Umutekano na RIB ibyo yakoze.”

Uyu Muyobozi avuga ko uyu mugabo n’umugore we n’ubundi basanzwe bagirana amakimbirane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 13 =

Previous Post

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Next Post

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Related Posts

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

The ongoing registration for Rwanda’s digital national identity card is gradually attracting more citizens as the exercise continues across different...

U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo

U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo

by radiotv10
17/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko hari itsinda ry’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda riri muri Leta Zunze...

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

by radiotv10
17/03/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro...

IZIHERUKA

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran
AMAHANGA

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

by radiotv10
17/03/2026
0

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

17/03/2026
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

Intambara yo muri Congo mu isura nshya: Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukoresha intwaro zikomeye

17/03/2026
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

Uko byagenze ngo umugabo arume imyanya y’ibanga y’umuhungu we

17/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.