• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko hari itsinda ry’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda riri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu biganiro bizahuza iki Gihugu na DRC, zihagarariye Abakuru b’Ibihugu, Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.

Amakuru y’ibi biganiro yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, aho ikinyamakuru Jeune Afrique kiri mu byabitangaje mbere, cyavuze ko hari amakuru cyahawe ko “Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi bohereza intumwa zitegerejwe i Washington.”

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, watangaje ko hari intumwa u Rwanda rwamaze kohereza muri America.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Yego ni byo ni ukuri. Hari delegasiyo iri i Washington kubera iyo mpamvu.”

Amakuru atangazwa n’Ikinyamakuru The Africa Report, avuga ko intumwa zihagarariwe na Perezida Kagame, zirimo Umujyanama we Mauro De Lorenzo usanzwe ari Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Inama ishinzwe Politiki muri Perezidansi y’u Rwanda, ndetse Brig Gen Patrick Karuretwa usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda.

Ni mu gihe Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we aba ahagarariwe n’intumwa zirimo Patrick Lubeya.

Ibi biganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igihe hasinywe Amasezerano y’Amahoro yari akubiyemo ingingo zinyuranye zigamije kurangiza ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni amasezerano yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nk’umuhuza.

Perezida Donald Trump, mu ijambo rye ubwo hasinywaga aya masezerano, yavuze ko amateka yiyanditse ku Isi, kuko aya masezerano azaba ishingiro ryo gushyira akadomo ku makimbirane amaze imyaka irenga 30 mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma y’aya masezerano, imirwano ihanganishije uruhande rw’Ihuriro AFC/M23 na Leta ya Congo Kinshasa, yarakomeje, ndetse ibyari byemeranyijweho ntibyashyirwa mu bikorwa.

Ubutegetsi bwa Congo bwari bwasabwe kwitandukanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, no kuwurandura, ariko igisirikare cyabwo cyakomeje gukorana n’uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Next Post

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.