Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwemeje ko hari intumwa zarwo zagiye guhura n’iza Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko hari itsinda ry’intumwa za Guverinoma y’u Rwanda riri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu biganiro bizahuza iki Gihugu na DRC, zihagarariye Abakuru b’Ibihugu, Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.

Amakuru y’ibi biganiro yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, aho ikinyamakuru Jeune Afrique kiri mu byabitangaje mbere, cyavuze ko hari amakuru cyahawe ko “Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi bohereza intumwa zitegerejwe i Washington.”

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, watangaje ko hari intumwa u Rwanda rwamaze kohereza muri America.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Yego ni byo ni ukuri. Hari delegasiyo iri i Washington kubera iyo mpamvu.”

Amakuru atangazwa n’Ikinyamakuru The Africa Report, avuga ko intumwa zihagarariwe na Perezida Kagame, zirimo Umujyanama we Mauro De Lorenzo usanzwe ari Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Inama ishinzwe Politiki muri Perezidansi y’u Rwanda, ndetse Brig Gen Patrick Karuretwa usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda.

Ni mu gihe Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we aba ahagarariwe n’intumwa zirimo Patrick Lubeya.

Ibi biganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igihe hasinywe Amasezerano y’Amahoro yari akubiyemo ingingo zinyuranye zigamije kurangiza ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni amasezerano yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nk’umuhuza.

Perezida Donald Trump, mu ijambo rye ubwo hasinywaga aya masezerano, yavuze ko amateka yiyanditse ku Isi, kuko aya masezerano azaba ishingiro ryo gushyira akadomo ku makimbirane amaze imyaka irenga 30 mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma y’aya masezerano, imirwano ihanganishije uruhande rw’Ihuriro AFC/M23 na Leta ya Congo Kinshasa, yarakomeje, ndetse ibyari byemeranyijweho ntibyashyirwa mu bikorwa.

Ubutegetsi bwa Congo bwari bwasabwe kwitandukanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, no kuwurandura, ariko igisirikare cyabwo cyakomeje gukorana n’uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Next Post

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.