Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganihishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakomereje mu gace ka Kiseguro, aho impande zombi zikomere gusakirana mu mirwano ikomeye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko iyi mirwano yakomeje mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025 aho FARDC ifatanyije n’abambari bayo barimo Wazalendo, bagabye ibitero kuri M23.

Ni imirwano iri kubera muri Lokarite ya Kiseguro iherereye mu Bilometero 20 uvuye i Kiwanja muri Gurupoma ya Binza muri Sheferi ya Bwisha muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Isaac Kibira, umwe mu bayobozi bo muri Sheferi ya Bwito ihana imbibi n’iyi, yavuze ko umutwe wa Wazalendo ari wo watangije iyi mirwano ugabye ibitero kuri M23.

Yagize ati “Ba Wazalendo bagabye ibitero ku barwanyi ba M23 mu birindiriro byabo biri Kiseguro. Abaturage bo baheze mu nzu zabo. Imirwano irakomeje. Rero abaturage ni bo bari kugirwaho ingaruka n’iyi mirwano, yewe ntibagire amahoro iwabo. Turasaba ko Leta yafasha Wazalendo kugira ngo birukane bariya bantu muri Rutshuru, ndetse n’abavuye mu byabo bakagaruka mu ngo zabo.”

Iki kinyamakuru cyegamiye kuri Leta ya Kinshasa, kivuga ko amakuru menshi aturuka ahari kubera iyi mirwano, avuga ko no mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, abarwanyi ba Wazalendo bateze igico imodoka za M23 zari mu muhanda Tongo-Kanaba, muri Teritwari ya Rutshuru ubwo berecyezaga i Masisi, hakabaho kurasana gukomeye.

Mu gace ka Kibumba ko muri Teritwari ya Nyiragongo, na ho imirwano ikomeje gukaza umurego aho kuri iki Cyumweru yirije umunsi wose, bukarinda bwira aho iyi mirwano yageze ku ruhande rwa Kalaké, hafi y’Ikirunga cya Nyiragongo hafi ya Pariki y’Igihugu ya Virunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Umuyobozi Mukuru mushya w’Urwego rw’Iterambere ry’Igihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Related Posts

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

IZIHERUKA

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye
IBYAMAMARE

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.