Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganihishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakomereje mu gace ka Kiseguro, aho impande zombi zikomere gusakirana mu mirwano ikomeye.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko iyi mirwano yakomeje mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025 aho FARDC ifatanyije n’abambari bayo barimo Wazalendo, bagabye ibitero kuri M23.

Ni imirwano iri kubera muri Lokarite ya Kiseguro iherereye mu Bilometero 20 uvuye i Kiwanja muri Gurupoma ya Binza muri Sheferi ya Bwisha muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Isaac Kibira, umwe mu bayobozi bo muri Sheferi ya Bwito ihana imbibi n’iyi, yavuze ko umutwe wa Wazalendo ari wo watangije iyi mirwano ugabye ibitero kuri M23.

Yagize ati “Ba Wazalendo bagabye ibitero ku barwanyi ba M23 mu birindiriro byabo biri Kiseguro. Abaturage bo baheze mu nzu zabo. Imirwano irakomeje. Rero abaturage ni bo bari kugirwaho ingaruka n’iyi mirwano, yewe ntibagire amahoro iwabo. Turasaba ko Leta yafasha Wazalendo kugira ngo birukane bariya bantu muri Rutshuru, ndetse n’abavuye mu byabo bakagaruka mu ngo zabo.”

Iki kinyamakuru cyegamiye kuri Leta ya Kinshasa, kivuga ko amakuru menshi aturuka ahari kubera iyi mirwano, avuga ko no mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, abarwanyi ba Wazalendo bateze igico imodoka za M23 zari mu muhanda Tongo-Kanaba, muri Teritwari ya Rutshuru ubwo berecyezaga i Masisi, hakabaho kurasana gukomeye.

Mu gace ka Kibumba ko muri Teritwari ya Nyiragongo, na ho imirwano ikomeje gukaza umurego aho kuri iki Cyumweru yirije umunsi wose, bukarinda bwira aho iyi mirwano yageze ku ruhande rwa Kalaké, hafi y’Ikirunga cya Nyiragongo hafi ya Pariki y’Igihugu ya Virunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho Umuyobozi Mukuru mushya w’Urwego rw’Iterambere ry’Igihugu

Next Post

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.