Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugamba rwahinduye isura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umutwe wa M23 uravuga ko uruhande bahanganye rukomeje kurasa mu baturage, ariko ko wafashe kimwe mu bifaru byarwo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere imirwano ikajije umurego, aho uruhande rwa M23 rushinja FARDC gukomeza kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe, ikanarasa mu bice bituwemo n’abaturage.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukuboza 2024, yavuze ko nyuma yuko uyu mutwe ukubise incuro uruhande bahanganye mu gace ka Lubero, rwahise rujya kwihimura ku baturage.

Yagize ati “Nyuma yo kubirukana aho barwaniraga Lubero, Guverinoma yahise ikomereza kujya gufunga umuhanda wa Goma-Rutshuro, ubundi barasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage mu gace ka Kibumba.”

Muri ubu butumwa buherekeje ifoto ya Col Willy Ngoma ahagaze imbere y’igifaru bambuye FARDC, yakomeje agira ati “Turakomeza kurinda abaturage bacu, kandi turashimira Felix Tshisekedi ku bw’iyi mpano y’igifaru.”

Iyi mirwano yakajije umurego muri ibi byumweru bibiri, mu gihe impande zihanganye muri iyi ntambara, zari zikiri mu gahenge kemerejwe mu biganiro byahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse hagashyirwaho urwego rwa gisirikare ruhuriweho n’Ibihugu bitatu (RDC, u Rwanda na Angola) rwahawe inshingano zo kugenzura ko aka gahenge kubahirizwa.

Uru rwego ruzwi nka MVA-R (Mécanisme de Aérification Ad hoc Renforcé) rumaze ukwezi n’igice dore ko rwatangijwe ku mugaragaro tariki 05 Ugushyingo 2024, rugizwe n’abasirikare 24, barimo 18 b Angola, batatu (3) b’u Rwanda ndetse n’abandi batatu (3) ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fifteen =

Previous Post

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Next Post

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.