• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugamba rwahinduye isura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umutwe wa M23 uravuga ko uruhande bahanganye rukomeje kurasa mu baturage, ariko ko wafashe kimwe mu bifaru byarwo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere imirwano ikajije umurego, aho uruhande rwa M23 rushinja FARDC gukomeza kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe, ikanarasa mu bice bituwemo n’abaturage.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukuboza 2024, yavuze ko nyuma yuko uyu mutwe ukubise incuro uruhande bahanganye mu gace ka Lubero, rwahise rujya kwihimura ku baturage.

Yagize ati “Nyuma yo kubirukana aho barwaniraga Lubero, Guverinoma yahise ikomereza kujya gufunga umuhanda wa Goma-Rutshuro, ubundi barasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage mu gace ka Kibumba.”

Muri ubu butumwa buherekeje ifoto ya Col Willy Ngoma ahagaze imbere y’igifaru bambuye FARDC, yakomeje agira ati “Turakomeza kurinda abaturage bacu, kandi turashimira Felix Tshisekedi ku bw’iyi mpano y’igifaru.”

Iyi mirwano yakajije umurego muri ibi byumweru bibiri, mu gihe impande zihanganye muri iyi ntambara, zari zikiri mu gahenge kemerejwe mu biganiro byahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse hagashyirwaho urwego rwa gisirikare ruhuriweho n’Ibihugu bitatu (RDC, u Rwanda na Angola) rwahawe inshingano zo kugenzura ko aka gahenge kubahirizwa.

Uru rwego ruzwi nka MVA-R (Mécanisme de Aérification Ad hoc Renforcé) rumaze ukwezi n’igice dore ko rwatangijwe ku mugaragaro tariki 05 Ugushyingo 2024, rugizwe n’abasirikare 24, barimo 18 b Angola, batatu (3) b’u Rwanda ndetse n’abandi batatu (3) ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Next Post

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.