Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima y’icyayi mu gishanga cya Kagera mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka itanu bagaragaza ikibazo cy’ikiraro kirengerwa n’amazi akangiza imyaka yabo, bakibaza icyabuze ngo gikemurwe, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hataraboneka ubushobozi, ariko ko baramutse babufite na bo bacyikemurira.

Ubwo hubakwaga umudugudu w’icyitegererezo wa Bahimba, nibwo ikiraro cyari gisanzwe kiri kuri uyu muhanda cyasenywe, cyongera kubakwa ariko noneho hubakwa igito ugereranyije n’icyahahoze, bikaba byaratumye iki gishya gihorana ibibazo, n’icyayi baba bahinze kikabigenderamo

Mvuyekure Aloys ati “Ntibigitanga umusaruro kubera imyuzure y’uyu mugezi wa Kagera wajyanye ubuso bwinshi kubera iki kiraro cyubatswe nabi.”

Aba baturage bakomeza bagaragaza ko iki kiraro cyababereye nk’ihwa mu kirenge kuva cyubakwa mu myaka itanu ishize kuko ngo kimaze kubakenesha.

Ndimurwango Aoron ati “Cyadusubije inyuma kuko buriya hariya mpafite umurima w’icyayi nakuragamo nk’ibihumbi 50 cyangwa 60 ariko ubu hari n’igihe ntabona ibihumbi 10.”

Bavuga ko iki kibazo bakivuze kenshi, ndetse ubuyobozi bukaba bukizi, ariko ko ntacyo bugikoraho.

Mwemezi Assiel ati “Akarere karabizi turabizi ariko kugira ngo baze kugisenya byarananiranye kandi iki cyayi ni cyo dukuraho ubuzima bwacu bwose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko hataboneka ubushobozi bwo kubaka iki kiraro kuko hari ibindi byihutirwaga.

Ati “Ntabwo twahise tukibonera ubushobozi kuko twabanje ibyo twabonaga ko bifite ingaruka ku buzima bw’abaturage, ariko babonye ubushobozi mbere yacu bazagikore kuko bafite uruganda rw’icyayi n’abandi bafatanyabikorwa.”

Cyokora nubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhuza ikibazo cy’iki kiraro n’ibiza by’umwaka ushize wa 2023, aba bahinzi bagaragaza ko ntaho bihuriye kuko bisaba gusa ko imvura igwa ari nyinshi ubundi umugezi wa Kagera ugahita wuzura ukakirengera.

Bavuga ko uko imvura iguye ari nyinshi yangiza icyayi cyabo
Ngo ntibumva icyabuze ngo iki kibazo gishakirwe umuti

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Next Post

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Related Posts

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

by radiotv10
10/07/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.