Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Bashar al-Assad wari Perezia wa Syria ahiritswe ku butegetsi, ndetse agahungira mu Burusiya, ubu akaba yamaze guhabwa ubuhungiro, hahise hazamuka ikikango ko ububiko bw’intwaro z’ubumara bwagwa mu maboko y’abanzi bakaba bazikoresha mu koreka imbaga.

Ihirikwa rya Bashar al-Assad ryaje nyuma yuko umurwa Mukuru wa Syria, Damascus ufashwe, ndetse ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya-Kremlin bikaba byemeje ko byamaze kumuha ubuhungiro muri iki Gihugu, mu rwego rw’ubutabazi.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov yavuze ko Perezida Vladimir Putin ubwe ari we wafashe icyemezo cyo guha ubuhungiro Assad n’umuryango we i Moscow.

Yagize ati “Perezida Assad wa Syria yageze i Moscow. U Burusiya bwamuhaye we n’umuryango we ubuhungiro mu rwego rw’ubutabazi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya kandi yatangaje ko Assad yabashije kuva mu biro bye, ndetse akanava mu Gihugu nyuma yuko habayeho ibiganiro n’abandi babifashijwemo “n’abarwanyi bazamuye imvururu” bakemera ko bahabwa ubutegetsi mu mahoro.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar; yatangaje ko hahise hihutirwa gushakisha ahantu hakekwa ko hari ububiko bw’intwaro z’ubumara muri Syria mu gihe hakomeje imvururu ziriyo.

Israel ivuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ko hari ububiko bw’izi ntwaro bwagwa mu maboko y’abanzi, bakaba bakoresha izo ntwaro mu bikorwa bibi.

U Burusiya kandi busanzwe ari inshuti ya Assad bwanamufashije kuguma ku butegetsi, kuri uyu wa Mbere bwatangaje ko bwatangiye kugirana ibiganiro ku mutekano w’abaturage babwo bari muri Syria, nk’uko byemejwe n’ukuriye iperereza muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Naryshkin.

Kremlin kandi yatangaje ko hakiri kare kuvuga ku hazaza h’ibirindiro by’igisirikare cy’u Burusiya biri muri Syria, nyuma yuko abarwanyi bakuye ku butegetsi Bashar al-Assad, ndetse ko bigomba kuza mu ngingo z’ibanze zigomba kuganirwaho ku mategeko y’abazayobora Damascus.

U Burusiya busanzwe bufite muri Syria ikigo cya gisirikare gikomeye cya Hmeimim cy’Ingabo zirwanira mu kirere, kiri mu byatumaga iki Gihugu kigira ijambo.

Nanone kandi Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Budage, yavuze ko umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) wahiritse Perezida ku butegetsi, ugomba guhangwa amaso bitewe n’uburyo uzafata abasivile muri iki Gihugu cya Syria.

Yagize ati “Mu mezi macye ashize n’imyaka micye, HTS yashyize imbaraga mu kwitandukanya n’imyitwarire ya jihadist yibanda mu kubaka imitegekere ya gisivile. Nubwo izi ngamba zishobora gufatwa nk’izifite ishingiro ariko zizabonerwa mu buryo bazafata abasivile byumwihariko imiryango ya ba nyamuke iri mu bice igenzura.”

Mu butumwa bwaranzwe n’aba bahirise Assad, bavuze ko batazigera bategeka imyambarire y’agabore ishingiye ku myemerere, banasezeranya abantu kwishyira ukizana.

Ni mu gihe imyambarire yo gutegeka abagore uko bambara ndetse no gushyiraho ibihano bikarishye ku babirenzeho, byagiye bizamura impaka ndende.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

Next Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.