Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko ifungwa ry’agateganyo ry’Ibitaro bya Nyarugenge, ryaturutse ku mirimo yo kubaka iri gukorwa kuri ibi Bitaro, kandi yo yamenyesheje amavuriro kugira ngo adakomeza kuhohereza abarwayi, mu gihe RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro igasanga hari bamwe bakibigana barimo n’ababyeyi bari ku nda bagatahira aho. Dore umwuka uhari nyuma y’ifungwa ry’ibi Bitaro.

MINISANTE ivuga ko kubera imirimo yo kubisana yari itangiye, abarwayi bari kujyanwa kwivuriza mu bindi bitaro kimwe no mu Bigo Nderabuzima.

Amakuru y’ifungwa ry’Ibitaro by’akarere ka Nyarugenge yatangiye gucicikana ku wa Gatatu Tariki 2 Ukwakira 2024.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien mahoro Niyingabira, avuga ko kuri ibi Bitaro hari gukorwa imirimo y’ubwubatsi ku buryo bitari gukunda ko bikomeza kuvura abarwayi.

Ati “Ni imirimo y’ubwubatsi iri gukorwa bisaba ko nta kandi kazi kahakorerwa. Ni cyo cyatumye biba bihagaritswe kugira ngo icyo kibazo kibanze gikemurwe kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zikomeze.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro kuri uyu wa Kane, asanga hari abakora amasuku, abaganga bari gutunganya imirimo yasigaye, ibitanda abawayi bararaho byari aho n’imirimo y’ubwubatsi ijyanye no gusana na yo yari iri gukorwa.

Nta rujya n’uruza ruhari, gusa nanone hari abarwayi  bacye bagaragaraye baza kuhivuriza, ariko bagasubizwayo babwirwa ko ibi Bitaro bitari gukorwa. Barimo n’abagore batwite ndetse barimo uwari ugiye kubyara.

Umwe yagize ati “Nahaje ku itariki 27 z’ukwezi kwa Munani, baza kumpa rendez-vous y’uyu munsi ubu nibwo nari nje none nsanze Ibitaro bitari gukora kandi nari nje kubyara, abacunga umutekano bambwiye ko ari ukujya Nyaruyenzi cyangwa ku Muhima.”

Umunyamakuru yasanze hari bamwe mu barwayi bari baje kuhivuriza barimo n’ababyeyi bari ku nda

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko imirimo yakorerwaga muri ibi Bitaro yimuriwe mu bindi byo mu mujyi wa Kigali no ku bindi Bigo Nderabuzima bitandukanye byegereye ibi Bitaro kugirango abarwayi babashe kuhavurirwa.

Umuvugizi w’iyi minisiteri Bwana Julien Mahoro Niyingabira avuga ko mbere yo gufata uyu mwanzuro babimenyesheje Ibigo Nderabuzima kugiran go bajye bohereza abarwayi kuri ayo mavuriro.

Muri ibi Bitaro nta rujya n’uruza ruhagaragara

NTAMBARA Gareleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 8 =

Previous Post

Congo: Tshisekedi yatanze itegeko nyuma y’impanuka ikanganye yabereye mu Kivu

Next Post

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.