Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko ifungwa ry’agateganyo ry’Ibitaro bya Nyarugenge, ryaturutse ku mirimo yo kubaka iri gukorwa kuri ibi Bitaro, kandi yo yamenyesheje amavuriro kugira ngo adakomeza kuhohereza abarwayi, mu gihe RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro igasanga hari bamwe bakibigana barimo n’ababyeyi bari ku nda bagatahira aho. Dore umwuka uhari nyuma y’ifungwa ry’ibi Bitaro.

MINISANTE ivuga ko kubera imirimo yo kubisana yari itangiye, abarwayi bari kujyanwa kwivuriza mu bindi bitaro kimwe no mu Bigo Nderabuzima.

Amakuru y’ifungwa ry’Ibitaro by’akarere ka Nyarugenge yatangiye gucicikana ku wa Gatatu Tariki 2 Ukwakira 2024.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien mahoro Niyingabira, avuga ko kuri ibi Bitaro hari gukorwa imirimo y’ubwubatsi ku buryo bitari gukunda ko bikomeza kuvura abarwayi.

Ati “Ni imirimo y’ubwubatsi iri gukorwa bisaba ko nta kandi kazi kahakorerwa. Ni cyo cyatumye biba bihagaritswe kugira ngo icyo kibazo kibanze gikemurwe kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zikomeze.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro kuri uyu wa Kane, asanga hari abakora amasuku, abaganga bari gutunganya imirimo yasigaye, ibitanda abawayi bararaho byari aho n’imirimo y’ubwubatsi ijyanye no gusana na yo yari iri gukorwa.

Nta rujya n’uruza ruhari, gusa nanone hari abarwayi  bacye bagaragaraye baza kuhivuriza, ariko bagasubizwayo babwirwa ko ibi Bitaro bitari gukorwa. Barimo n’abagore batwite ndetse barimo uwari ugiye kubyara.

Umwe yagize ati “Nahaje ku itariki 27 z’ukwezi kwa Munani, baza kumpa rendez-vous y’uyu munsi ubu nibwo nari nje none nsanze Ibitaro bitari gukora kandi nari nje kubyara, abacunga umutekano bambwiye ko ari ukujya Nyaruyenzi cyangwa ku Muhima.”

Umunyamakuru yasanze hari bamwe mu barwayi bari baje kuhivuriza barimo n’ababyeyi bari ku nda

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko imirimo yakorerwaga muri ibi Bitaro yimuriwe mu bindi byo mu mujyi wa Kigali no ku bindi Bigo Nderabuzima bitandukanye byegereye ibi Bitaro kugirango abarwayi babashe kuhavurirwa.

Umuvugizi w’iyi minisiteri Bwana Julien Mahoro Niyingabira avuga ko mbere yo gufata uyu mwanzuro babimenyesheje Ibigo Nderabuzima kugiran go bajye bohereza abarwayi kuri ayo mavuriro.

Muri ibi Bitaro nta rujya n’uruza ruhagaragara

NTAMBARA Gareleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Congo: Tshisekedi yatanze itegeko nyuma y’impanuka ikanganye yabereye mu Kivu

Next Post

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.