Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko byifashe nyuma y’ifungwa ry’Ibitaro bya Nyarugenge n’ibirambuye ku cyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko ifungwa ry’agateganyo ry’Ibitaro bya Nyarugenge, ryaturutse ku mirimo yo kubaka iri gukorwa kuri ibi Bitaro, kandi yo yamenyesheje amavuriro kugira ngo adakomeza kuhohereza abarwayi, mu gihe RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro igasanga hari bamwe bakibigana barimo n’ababyeyi bari ku nda bagatahira aho. Dore umwuka uhari nyuma y’ifungwa ry’ibi Bitaro.

MINISANTE ivuga ko kubera imirimo yo kubisana yari itangiye, abarwayi bari kujyanwa kwivuriza mu bindi bitaro kimwe no mu Bigo Nderabuzima.

Amakuru y’ifungwa ry’Ibitaro by’akarere ka Nyarugenge yatangiye gucicikana ku wa Gatatu Tariki 2 Ukwakira 2024.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Julien mahoro Niyingabira, avuga ko kuri ibi Bitaro hari gukorwa imirimo y’ubwubatsi ku buryo bitari gukunda ko bikomeza kuvura abarwayi.

Ati “Ni imirimo y’ubwubatsi iri gukorwa bisaba ko nta kandi kazi kahakorerwa. Ni cyo cyatumye biba bihagaritswe kugira ngo icyo kibazo kibanze gikemurwe kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zikomeze.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye ibi Bitaro kuri uyu wa Kane, asanga hari abakora amasuku, abaganga bari gutunganya imirimo yasigaye, ibitanda abawayi bararaho byari aho n’imirimo y’ubwubatsi ijyanye no gusana na yo yari iri gukorwa.

Nta rujya n’uruza ruhari, gusa nanone hari abarwayi  bacye bagaragaraye baza kuhivuriza, ariko bagasubizwayo babwirwa ko ibi Bitaro bitari gukorwa. Barimo n’abagore batwite ndetse barimo uwari ugiye kubyara.

Umwe yagize ati “Nahaje ku itariki 27 z’ukwezi kwa Munani, baza kumpa rendez-vous y’uyu munsi ubu nibwo nari nje none nsanze Ibitaro bitari gukora kandi nari nje kubyara, abacunga umutekano bambwiye ko ari ukujya Nyaruyenzi cyangwa ku Muhima.”

Umunyamakuru yasanze hari bamwe mu barwayi bari baje kuhivuriza barimo n’ababyeyi bari ku nda

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko imirimo yakorerwaga muri ibi Bitaro yimuriwe mu bindi byo mu mujyi wa Kigali no ku bindi Bigo Nderabuzima bitandukanye byegereye ibi Bitaro kugirango abarwayi babashe kuhavurirwa.

Umuvugizi w’iyi minisiteri Bwana Julien Mahoro Niyingabira avuga ko mbere yo gufata uyu mwanzuro babimenyesheje Ibigo Nderabuzima kugiran go bajye bohereza abarwayi kuri ayo mavuriro.

Muri ibi Bitaro nta rujya n’uruza ruhagaragara

NTAMBARA Gareleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Congo: Tshisekedi yatanze itegeko nyuma y’impanuka ikanganye yabereye mu Kivu

Next Post

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.