Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana

radiotv10by radiotv10
21/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko gahunda y’izina ryihariye irimo n’agashya yabafashije kurwanya imirire mibi mu bana
Share on FacebookShare on Twitter

Gahunda ya ‘Kundwa Kibondo’ yazanywe n’Ikigo Nderabuzima cya Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, ibumbatiyemo ibikorwa binyuranye nko kubyara muri batisimu abana bafite imirire mibi, yatumye muri uyu Murenge barwanya iki kibazo, aho ubu baharwa umwana umwe gusa mu gihe hari 69.

Umubikira Solange Uwanyirigira uyobora Ikigo Nderabuzima cya Sovu, avuga ko yatekereje aka gashya nyuma yo kubona umubare w’abana bari mu mirire mibi ukomeza kwiyongera, nyamara hari gahunda za Leta zibageraho buri kwezi nka shisha kibondo.

Agira ati “Abana barabona amata, abana barabona shisha kibondo bakanavurwa, nkibaza impamvu ikibazo kireshya gutyo. Twahise dupima abana mu Tugari twose dusanga abagera kuri 64 bararembye.”

Abana bose mu Murenge bari barembye bashyizwe mu bitaro bitabwaho byumwihariko ndetse ababyeyi babo barigishwa, bamwe bahindura imyumvire yabateraga kutita ku bana neza.

Uwanyirigira ati “Uko amezi yagendaga ashira twarabasezereraga bakize, bakijijwe n’iki?, n’isuku kubavura, guhindurira ba nyina  imyumvire no kubongerera amashereka kuko hari abo twasangaga na bo ubwabo bashonje.”

Uretse kubitaho muri ubwo buryo, muri iyi gahunda ya Kundwa Kibondo na gahunda y’igi ry’umwana, aho muri mukozi w’Ikigo Nderabuzima cya Sovu n’ab’Umurenge wa Huye ndetse n’abajyanama b’ubuzima bigomwa ibiceri 200 Frw agakoreshwa mu gukomeza kwita ku bana baba bavuye mu mirire mibi.

Uretse kwigomwa ibyo biceri ku mishahara yabo, abakozi b’Ikigo Nderabuzima ndetse n’ab’Umurenge wa Huye babyara abana muri batisimu muri abo baba bakize imirire mibi bagakomeza kubakurikirana babasura.

Mutesire Beathe ati “Mfite aba bane nabyaye muri batisimu kugeza ubu bose bameze neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege ushima iyi gahunda, avuga ko n’utundi Turere twaje kuyigiraho ndetse akemeza ko yafashije mu kugabanya umubare w’abana bari bafite iki kibazo mu buryo bwihuse.

Ati “Nanjye mperutse kubyara impanga mu Kagari ka Kaburemera kandi ubu zimeze neza. Hari ibikorwa byinshi dukora ariko agashya icyo kadufasha ni ukurwanya ibipimo by’igwingira n’imirire mibi mu buyo bwihuse, ndetse nta n’ubwo byagarukiye hano gusa kuko n’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo twagiye tuza kwigira ku Kigo Nderabuzima cya Sovu.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eighteen =

Previous Post

BREAKING: Hemejwe ifungwa ry’abarimo Emelyne wagaragaye mu mashusho yamaganiwe kure hatangazwa n’andi makuru

Next Post

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

U Rwanda rwavuze icyo rwiteze mu mubano warwo na America nyuma y’irahira rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.