Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bakora mu nzego z’ibanze mu Kagari ko mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barimo SEDO na DASSO, batawe muri yombi bakekwaho kwakira ruswa y’ibihumbi 50 Frw bivugwa ko yari agamije gufunguza umuturage wafungiwe gukubita umugore we.

Aba batawe muri yombi, ni Umukozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu (SEDO) mu Kagari ka Seruheshyi, Sekivura Fidel ndetse n’ukora mu rwego rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO), witwa Cyizere Richard.

Batawe muri yombi ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 28 Gashyantare 2023, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Byimana.

Icyaha bakekwaho cyo kwakira ruswa y’ibihumbi 50 Frw kugira ngo basinye ku rupapuro ruha imbabazi umuturage wari ufungiye icyaha cyo gukubita no gumeretsa umugore we.

Nyuma yo gukekwaho kwakira aya mafaranga yari agamije gufunguza umuturage wari ufunze, na bo bahise batabwa muri yombi, ndetse Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukaba rukomeje iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha, ngo na bwo buzabaregera Urukiko.

Ibi byemejwe kandi n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wavuze ko aba bantu babiri bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke.

Iki cyaha gikekwa kuri aba barimo umukozi w’Akagari na DASSO, gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’itandatu ndetse n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke bakekwaho kwakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Next Post

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.