• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa

radiotv10by radiotv10
02/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko gufunguza uwakubise umugore we byatumye abayobozi babiri nabo bafungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bakora mu nzego z’ibanze mu Kagari ko mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, barimo SEDO na DASSO, batawe muri yombi bakekwaho kwakira ruswa y’ibihumbi 50 Frw bivugwa ko yari agamije gufunguza umuturage wafungiwe gukubita umugore we.

Aba batawe muri yombi, ni Umukozi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu (SEDO) mu Kagari ka Seruheshyi, Sekivura Fidel ndetse n’ukora mu rwego rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO), witwa Cyizere Richard.

Batawe muri yombi ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 28 Gashyantare 2023, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Byimana.

Icyaha bakekwaho cyo kwakira ruswa y’ibihumbi 50 Frw kugira ngo basinye ku rupapuro ruha imbabazi umuturage wari ufungiye icyaha cyo gukubita no gumeretsa umugore we.

Nyuma yo gukekwaho kwakira aya mafaranga yari agamije gufunguza umuturage wari ufunze, na bo bahise batabwa muri yombi, ndetse Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukaba rukomeje iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha, ngo na bwo buzabaregera Urukiko.

Ibi byemejwe kandi n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wavuze ko aba bantu babiri bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke.

Iki cyaha gikekwa kuri aba barimo umukozi w’Akagari na DASSO, gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’itandatu ndetse n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke bakekwaho kwakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Umuyobozi mu Ishuri ryavuzweho kwishyura Miliyoni ku meza ‘atarenza 30.000Frw’ yirukaniwe amakosa akomeye

Next Post

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.