Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore bane bacumbikiwe na Polisi y’u Rwanda, nyuma yo gukekwaho kunywa no gucuruza urumogi, aho bafashwe nyuma yuko habanje gufatwa umwe ari kurunywa, agatanga amakuru y’aho arugura, polisi yajyayo abari mu nzu bakabanza kwanga gukingura.

Aba basore bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 21 na 25, bafatiwe mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge.

Bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe, nyuma yuko habanje gufata umwe, agatanga amakuru yatumye Polisi y’u Rwanda ifata n’abandi batatu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke ko aba basore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’umwe muri bo, wafashwe anywa urumogi, bamubaza aho yarukuye akabarangira aho arugurira.

CIP Gahonzire avuga ko ubwo inzego zageraga aho aba basore bacumbitse, babanje kugorana, bakanga gukingura, bituma Polisi ifata icyemezo cyo guca ingufuri.

Yagize ati “Tugezemo twasanze ari abasore bane, urumogi bari bararuhishe muri plafond muri iyo nzu bakodeshaga.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko nyuma yuko aba basore bafashwe, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Rwezamenyo.

Yaboneyeho kandi kugira inama abafite inzu bakodesha, ko bakwiye kujya bakurikirana bakamenya niba zidakorerwamo ibikorwa bigize ibyaha, kuko iyo inzego zisanze ba nyiri nzu bari bazi ko abazikodesha bazikoreramo ibitemewe, na bo bafatwa nk’abafatanyacyaha.

Ati “Iyo dusanze na we [ufite inzu icumbitsemo abakora ibyaha nk’ibi byo kunywa no gucururizamo ibiyobyabwenge] hari uruhare yabigizemo yakurikiranwa.”

CIP Wellars Gahonzire yibukije ko polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge birimo n’urumogi rukomeje kuvugwaho gukoreshwa cyane n’abiganjemo urubyiruko, aboneraho gusaba abaturage bafite amakuru y’abarunywa, gutungira agatoki inzego kugira ngo zibashe kurandura iki kiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Next Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Related Posts

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

IZIHERUKA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills
MU RWANDA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.