Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe uwari wibye ikinyabiziga inshuti ye yafashwe ni we byaturutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukekwaho kwiba moto mugenzi we qari wabanje kuyimutwaraho, yafatiwe kuri Sitasiyo ya Lisansi iri mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, yagiye kunywesha Lisansi.

Uyu mugabo wafashwe ku bufatanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza n’inzego z’ibanze, yafatiwe mu Mudugudu wa Bigega mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Busasamana, saa sita z’ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 04 Nyakanga 2023.

Uyu mugabo w’imyaka 38 ukekwaho kwiba Moto ifite Pulake ya RD 265 U, yayibye ubwo uwari umutwaye yayisigaga hanze akajya kureba umuturanyi we ngo aze amugeze aho yashakaga kugera kuko nyirayo we adasanzwe ari umumotari.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, avuga ko nyiri iyi moto asanzwe akora akazi ko gukata amatike y’imodoka zitwara abagenzi mu gasantere ka Bandagure mu Murenge wa Rusatira.

Avuga ko uyu ukekwako kwiba moto yaje abwira nyirayo ko avuye i Huye, ariko ko yari yabuze imodoka, agasaba nyirayo usanzwe ari inshuti ye ko yamugeza i Nyanza ku Bigega.

SP Emmanuel Habiyaremye ati “Yemeye kumutwara, bageze imbere amubwira ko we adakora akazi k’ubumotari ahubwo ko amushakira umomotari umutwara, undi amubwira ko ntakibazo, akijya mu rugo rw’uwo mumotari, moto isigaye ku irembo ahita ayikubita umugeri aragenda.”

Nyiri iki kinyabiziga yaragarutse arakibura, ni ko guhita yiyambaza Polisi, hahita hatangira ibikorwa byo kugishakisha.

SP Emmanuel Habiyaremye yakomeje avuga ko uyu ukekwaho kwiba moto “yaje gufatirwa ku Bigega kuri Sitasiyo aho yari agiye kunyweshereza lisansi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko, uyu mugabo ukekwaho kwiba moto, akimara gufatwa yiyemereye ko yari yayibye mugenzi we basanzwe baziranye nyuma y’uko yari amusabye kumugeza imbere gato kugira ngo arebe ko yabona imodoka.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Rusatira kugira ngo hakomeze iperereza, mu gihe Moto yafashwe yasubijwe nyirayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Udushya twabaye uburo buhuye mu isabukuru y’umuherwe wihagazeho muri America

Next Post

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

U Rwanda noneho rushobora kuzohereza Ingabo mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.