• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hakozwe operasiyo yafatiwemo abari batwaye intsinga baburiye ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru yafashe abantu batatu bari batwaye intsinga zifite uburebure bwa metero 250 baburiye ibisobanuro by’inkomoko yazo, bafatirwa mu Muhanda Musanze-Kigali bazikuye mu Karere ka Nyabihu.

Aba bantu bafashwe nyuma yuko Polisi yakiriye amakuru iyakuye mu baturare ko hari abantu batwaye izo ntsinga mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi yagize ati “Bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, aho imodoka yari yatanzweho amakuru yahagaritswe, basangwa ipakiye intsinga z’amashanyarazi zidafite inkomoko izwi.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyarugu, yakomeje yibutsa ko gutwara cyangwa gucuruza intsinga zakoreshejwe, bitemwe kuko bifatwa nk’ubujura bunagira ingaruka ku mutekano.

Yavuze kandi ko ubujura bw’intsinga z’amashanyarazi bumaze iminsi butakwa n’abaturage, bugiraho ingaruka zo kubura umuriro w’amashanyarazi, bikanabadindiza mu iterambere.

IP Ignace Ngirabakunzi yaboneyeho gushimira abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma abantu nk’aba batahurwa, anasaba abandi bose gukomeza kugira uruhare mu kwirindira ibikorwa remezo nk’ibi kuko ari bo biba bifitiye akamaro.

Aba bantu batatu bafashwe, ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze, kugira ngo hakomeze hakorwe iperereza rizagaragaza aho izi ntsinga zibwe n’aho zari zijyanywe.

Polisi y’u Rwanda, ifatanyije na Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, REG, bakunze kugira inama abantu bijanditse mu bujura bw’ibikorwa remezo nk’ibi by’amashanyarazi ko batazihanganirwa, kuko bugira ingaruka ku bantu benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Next Post

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

U Rwanda rwabonye miliyari 58Frw arimo azatanga umusanzu mu gukemura ikibazo gihangayikisha benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.