Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 55 y’amavuko wo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, ari mu maboko ya RIB nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu, bikamenyekana nyuma y’ibyumweru bibiri.

Uyu mugabo wo mu Mudugudu wa Mwiyando mu Kagari ka Gashashi, ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu Karere ka Rusizi, yafashwe tariki 17 Gashyantare 2025, nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’uko uyu mugabo akekwaho gusambanya uyu mwana w’imyaka itatu.

Amakuru yamenyekanye tariki 13 Gashyantare 2025, ubwo umubyeyi w’umwana wasambanyijwe yari ari kumwoza, umwana akamubwira ko ababara cyane, yamubaza icyo yabaye akamubwira ko ari ukubera uwo mugabo akamuvuga izina.

Umwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi, yavuze ko ubwo yari amaze kumva ibyo yabwirwaga n’uyu mwana we, yahise agira amakenga.

Ati “Yamujyanye ku Kigo Nderabuzima cya Giheke, bahita bamwohereza kuri Isange One Stop Center mu bbitaro bya Gihundwe, basanga koko umwana yarasambanyijwe, umugabo afatwa ku wa 17 Gashyantare.”

Mukarukundo Therese, umubyeyi w’uyu mwana, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya ko ubwo umwana we yakorerwaga ishyano, yari yagiye mu isoko kugurisha imyaka, amusigira nyirakuru.

Ati “Uriya mugabo na we yari yaje guhingira nyirakuru w’umwana, akorera amafaranga. Ahingutse ageze mu rugo rw’uriya mukecuru yahingiraga, imvura iragwa, umukecuru amusigira umwana yibwira ko ntakibazo, ajya gucyura ihene yari yaziritse ku gasozi, yanga ko zinyagirwa.”

Uyu mubyeyi avuga ko ubwo uwo mukecuru yari agiye, uyu mugabo yahise abwira umwana ngo amujye hejuru, ariko amubwira ko adakwiye kugira uwo azabibwira.

Ati “Natashye nimugoroba njya kuzana umwana nk’uko bisanzwe, umwana arambwira ngo Eugène yamujombye umusumari mu kibuno, nyoberwa ibyo avuga kuko nta gikomere nabonaga ku kibuno, na Eugène yavugaga natekerezaga uwo mugabo kuko asanzwe aza guhingira mama, sinumva ko yamukorera ibya mfura mbi, ngira ngo ni abana bakinishaga umusumari, ndabyihorera.”

Avuga ko umwana yakomeje kumubwira ko ababara mu gitsina, ntabyiteho ariko tariki 13 Gashyantare yaje kugira amakenga ubwo n’ubundi yamwozaga akamubwira ko ababara mu gitsina, ari bwo yahisemo kugana inzego z’ubuzima kugira ngo barebe ikibazo afite, biza kugaragara ko yasambanyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Next Post

Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

10/12/2025
Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Beatha wamamaye mu ndirimbo 'Azabatsinda Kagame' yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.