Mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, umuhungu w’imyaka 17 arakekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 20 ufite uburwayi bwo mu mutwe, nyuma yo kumusanga iwabo ari wenyine mu kagoroba.
Uyu musore wo mu Mudugudu wa Gitwa mu Kagari ka Gako, akekwaho gukora iki cyaha mu masaha y’umugoro wo ku wa 26 Gicurasi 2026,
Amakuru ava mu baturanyi, avuga ko ahagana saa kumi n’ebyiri, uyu musore yagiye kwa nyirakuru w’uyu mukobwa nyuma yo guhengera ari we wenyine uhari, ubundi aramusambanya.
Abaturanyi bavuga ko bucyeye bwaho ku wa 27 Gicurasi 2026, ari bwo uwo mukobwa yabibwiye abantu ko uwo musore yamusambanyije, bahita bamujyana ku Kigo Nderabuzima cya Kigobogora.
Nyuma yo kugezwa kuri iki Kigo Nderabuzima, na cyo cyamwoherereje ku Kigo gifasha abantu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina Isange One Stop Center cyo mu Bitaro bya Kibogora, kugira ngo akorerwe isuzuma, ndetse abe yanafashwa.
Ni mu gihe uwo musore ukekwaho gusambanya uyu mukobwa, we yahise atabwa muri yombi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Kagano kugira ngo hakomeze hakorwe iperereza hanegeranywa ibimenyetso.
Amakuru y’ifungwa ry’uyu mukore ukekwaho gusambanya uriya mukobwa, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Mukamusabyimana Marie Jeanne.
Yagize ati “Ni byo uwo musore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umukobwa ufite uburwayi bwo mutwe.”
Uyu muyobozi avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rwinjira mu iperereza, akaba ari na ryo ritegerejweho kugaragaza niba koko icyo cyaha cyarakozwe, cyaba cyarabaye uwagikoze akagikurikiranwaho.
Gitifu Mukamusabyimana yanaboneyeho gusaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bikorwa nk’ibi by’ibyaha, kuko kuri kiriya cyaha, amakuru atatangiwe ku gihe.
RADIOTV10






