Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Uko hatahuwe amashusho y’umuyobozi muri Guinée Equatoriale waciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe mu nzego nkuru z’ubuyobozi muri Guinée Equatoriale, yatahuweho amashusho 400 y’urukozasoni yafataga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru. Hatangajwe uko aya mashusho yatahuwe.

Uyu mugabo witwa Baltasar Ebang Engonga, asanzwe ari Umuyobozi Mukuru mu Kigo gishinzwe Iperereza mu by’Imari ANIF (Anti-graft National Agency for Financial Investigation), aho ashinzwe kurwanya ruswa.

Amashusho yatahuweho, ubu ni yo nkuru ingezweho muri iki Gihugu ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, aho yatahuweho amashusho 400 yafatwaga ubwo yabaga ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore barimo ab’abayobozi bakuru, ndetse n’abandi bafitanye amasano n’abayobozi bo muri Guverinoma n’abo mu madini n’amatorero.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru Real Equatorial Guinea, avuga ko mu mashusho yatahuwe, harimo ayafashwe ari gukorana imibonano mpuzabitsina na mushiki wa Perezida wa kiriya Gihugu, ay’umugore w’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ndetse n’abagore 20 b’Abaminisitiri.

Aya mashusho yatahuwe ubwo uyu Baltasar Ebang Engonga yakorwagaho iperereza ku myitwarire mibi yakunze kwihanangirizwaho, ko idakwiye abayobozi bo ku rwego rwo hejuru.

Amwe mu mashusho yatahuwe kuri uyu mugabo, amugaragaza ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore mu biro bye, ndetse n’ayafatiwe muri za hoteli no mu bwiherero.

Visi Perezida w’Igihugu, Teodoro Nquema agira icyo avuga kuri ibi; yavuze ko ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina bikorewe mu biro, ari sakirirego idashobora kwihanganirwa.

Yagize ati “Nkurikije ibidakwiye byakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga muri Equatorial Guinea, ndagira ngo nibutse ko Abaminisitiri bagomba gukoresha ibiro byabo imirimo izana iterambere ry’Igihugu, imibonano mpuzabitsina mu biro, irabujijwe.”

Yakomeje avuga ko uzagaragarwaho iyi myitwarire, azabihanirwa by’intangarugero, akanirukanwa mu nshingano.

Uyu mugabo Engonga w’imyaka 54 usanzwe yubatse afite umugore n’abana batandatu, ni umuhungu wa Baltasar Engonga Edjoo, Perezida w’Umuryango ushinzwe Ifaranga n’Imari muri Afurika yo hagati CEMAC (Economic and Monetary Community of Central Africa).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 3 =

Previous Post

Uko byifashe nyuma yuko Congo ifunze umupaka bitunguranye n’impamvu ikekwa

Next Post

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Related Posts

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

by radiotv10
15/04/2026
0

During ongoing talks in Switzerland, the AFC/M23 coalition and the Government of the Democratic Republic of Congo have signed an...

DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

by radiotv10
15/04/2026
0

Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira...

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

Hatangajwe amahirwe agiye kongera kuboneka mu biganiro hagati ya America na Iran

by radiotv10
15/04/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro na Iran bigamije kurangiza intambara bishobora kongera kubura...

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

Hagaragaye ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bwerecyezaga muri Minembwe burimo abasirikare n’intwaro

by radiotv10
15/04/2026
0

U Burundi buravugwaho kohereza abasirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC mu rugamba byumwihariko mu gace ka Minembwe...

IZIHERUKA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi
AMAHANGA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

15/04/2026
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

U Burayi bwashimgangiye ibyatangajwe n’u Rwanda ku birego byegetswe kuri RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.