Sunday, March 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA
1
Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ukorera Ikigo Nderabuzima kimwe cyo mu Karere ka Muhanga, wakekwagaho kwiba imiti y’iri Vuriro yitwikiriye ijoro akajya kuyikura mu bubiko bwayo, yafatiwe mu cyuho ari kuyiha umushoferi wagombaga kuyimugereza ku wo bikekwa ko yayigurishaga.

Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Gitega cyo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, buvuga ko bari bamaze igihe babura imiti, ariko bagakeka uyu muforomo wari ushinzwe ububiko bwayo.

Uwintore Jean Bosco uyobora iki Kigo Nderabuzima, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke, ko uyu muforomo yakoraga ubu bujura bw’imiti mu gihe cy’ijoro, abandi bakozi batashye.

Uyu mukozi w’iri Vuriro, ajya gufatwa; yabanje kubwira umuzamu ko hari icyo yibagiriwe mu bubiko bw’imiti, akamukingurira, ari bwo yibaga iyo miti yabaye intandaro yo gufatwa.

Yagize ati “Twagiye tubura imiti y’abarwayi mu bihe bitandukanye, ubu ni bwo twamenye ko ushinzwe ububiko bwayo ari we wayibaga.”

Uyu muyobozi w’iki Kigo Nderabuzima, avuga ko nyuma yuko uyu muforomo yibye iyo miti, yahise avugana n’uwo bikekwa ko basanzwe bakorana muri ubu bujura ukorera i Muhanga, akamwoherereza imodoka n’umushoferi, ndetse akaba ari ho yaje gufatirwa.

Umuyobozi w’iri Vuriro wigiriye kwirebera iby’ubu bujura akoresheje moto y’akazi, yagize ati “Nageze aho imodoka iri nsanga nta mushoferi uyirimo ndungurutse mbona harimo ikarito irimo iyo miti.”

Muri ako kanya, ni bwo uyu muforomo yaje kugaragara ashaka gutoroka, ariko uyu muyobozi w’iri Vuriro aba ari we umwifatira babanza kugundagurana, nyuma aza gushyikirizwa inzego, ndetse zimuta muri yombi, zihita zinashakisha ukekwaho ko bakoranaga akamwoherereza iyi miti.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye wavuze ko yaba uyu muforomo n’uwo bakekwaho gukorana, bombi bafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Stephano Nzacahinyeretse says:
    11 months ago

    It is said accauasion and misconduct

    Reply

Leave a Reply to Stephano Nzacahinyeretse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 13 =

Previous Post

Amateka yacu ntimwayahisemo ariko u Rwanda mwaruvutsemo-Mme J.Kagame yageneye urubyiriko ubutumwa bwarubera akabando

Next Post

Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b’Abatutsi

Related Posts

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

by radiotv10
28/03/2026
0

Nyuma y’uko mu mudugudu wa Gitaba wo mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano hamenyekanye amakuru ko hari umwana...

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
28/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

At the beginning, everything feels exciting. The conversations are smooth, the attention is sweet, and you start imagining what this...

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

IZIHERUKA

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?
FOOTBALL

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

by radiotv10
29/03/2026
0

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

29/03/2026
Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

28/03/2026
Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

28/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b’Abatutsi

Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b'Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.