• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amateka yacu ntimwayahisemo ariko u Rwanda mwaruvutsemo-Mme J.Kagame yageneye urubyiriko ubutumwa bwarubera akabando

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA
0
Amateka yacu ntimwayahisemo ariko u Rwanda mwaruvutsemo-Mme J.Kagame yageneye urubyiriko ubutumwa bwarubera akabando
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yabwiye abakiri bato ko nubwo amateka mabi y’Igihugu cyabibarutse batayahisemo, ariko bakivukiyemo, bityo ko bakwiye kugira amahitamo meza bakirinda kuvoma ingengabitekerezo mbi yabibwe mu bisekuru byabo, ahubwo bakwiye kuyigendera kure no kuyirwanya.

Madamu Jeannetta Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025 mu Ihuriro ry’Urubyiruko ‘Igihango cy’Urungano’ ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi bibiri.

Yagarutse ku mateka yaranze u Rwanda yarugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bari no kwibuka mu gihe cy’iminsi 100.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Kwibuka bigomba guhoraho, kuko abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagomba guhorana umwanya mu mitima y’ababo.

Yaboneyeho kandi kwihanganisha Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko bitewe n’amateka mabi ndetse no kubura ababo, bigoye kubona ijambo umuntu yakoresha abihanganisha.

Yagize ati “Tubazirikana tugira tuti ‘Impore’, ni ijambo rigufi ariko ribumbatiye byinshi mu rurimi rwacu no mu mitima yacu. Kwemera kwirenga kwanyu, ni kimwe mu byubatse umusingi w’ubumwe, ubudaheranwa no kubaka Igihugu cyacu kandi kidaheza.”

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko nubwo aya mateka mabi y’Igihugu cyabo batayagizemo uruhare, ariko yabaye ku Gihugu cyabo ku buryo ingaruka zabo zishobora kubageraho, ariko ko bakwiye kugendera kure icyaha urwaho kwakira ingengabitekerezo mbi yabibwe mu babyeyi babo.

Ati “Bana bacu amateka yacu ntimwayahisemo ariko u Rwanda rwo mwaruvutsemo, na rwo rubavukamo, ni cyo Gihugu cyonyine dufite tutagira undi tukiburana, kuko ubushakashatsi bugaragaza ko habaho ihererekanywa ry’ihungabana ryambukiranye ibisekuru, ni na ko bwerekana ko ingengabitekerezo ishobora guhererekanywa mu gihe hatabaye amahitamo meza ndetse n’urungano ruyarwanira kandi rukayahererekanya.”

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko urugendo rw’imyaka 31 ishize u Rwanda rwiyubaka nyuma yo kuva mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, rwagaragaje akamaro ko kubumbatira ubumwe n’ubudaheranwa, bityo ko buri wese akwiye guharanira ukuri ndetse no kwimakaza gushyira imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.

Yibukije urubyiruko kuyungurura amakuru rukura mu mbuga nkoranyambaga kuko harimo n’aba yanduye asakazwa n’abagitsimbaraye ku ngengabitekerezo mbi.

Ati “Ubu hari abantu bigize impuguke ku Rwanda ku buryo buri wese abyuka yumva afite icyo aruvugaho byitwa ko agamije ineza y’Umunyarwanda, aka wa mugani ngo urusha nyina w’umwana imbabazi […] ubwo murumva icyo nashatse kuvuga.

Muri ibyo byinshi mwumva, umuhanga ni uzabasha gushishoza no gusesengura akamenya ibyo yumva n’ibyo akurikira. Mwe mukiri bato rero hari ibindi dukwiriye kuba tubasaba nk’ababyeyi ariko nanone ntabwo muri bato batakumva impamvu bikiri ngombwa guhagarara ku kuri kw’amateka yacu no gukomeza kwiyubaka.”

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gukaza umurego mu gukotanira Igihugu cyabibarutse, bagahangana n’abakomeje kwigisha ingengabitekerezo mbi.

Madamu Jeannette Kagame yayoboye iri Huriro ry’Urubyiruko
Madamu Jeannette Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bwarufasha gukomeza kuba ba ndebereho
Ni ihuriro ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi bibiri
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gukomeza guhangana n’ababiba ingengabitekerezo mbi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 14 =

Previous Post

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Next Post

Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti

Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.