Perezida wa Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimye ibyatangajwe na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, amwizeza guhura bakaganira, nyuma yuko uyu munyapolitiki ageneye ubutumwa abarimo Joseph Kabila amusaba kuva i Goma.
Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025, umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, ageneye ubutumwa abarimo Tshisekedi, Corneille Nangaa na Joseph Kabila.
Mu butumwa yageneye Félix Tshisekedi, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yibukije uyu Mukuru w’Igihugu ko afite inshingano zo kurinda ubumwe bw’Abanyekongo kugira ngo abo mu bihe bizaza batazasanga iki Gihugu mu kangaratete.
Yakomeje agira ati “Ndifuza ko duhura atari ku bw’impuhwe ahubwo ku bw’ibiganiro by’imbonankubone, nta kwiyerurutsa nta guca ku ruhande ahubwo ari ugukunda Igihugu, kugira ngo haboneke umuti w’ibibazo bihari.”
Nyuma y’ubu butumwa Martin Fayulu yanagize icyo asabiramo Joseph Kabila ko agomba kuva mu mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23, Perezida Félix Tshisekedi abinyujije mu muvugizi we Tina Salama, yamusubije, agaragaza ko yakiriye neza ibyo yatangaje.
Mu butumwa Tina Salama yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Perezida wa Repubulika yashimye umuhate wo gukunda Igihugu n’umuhate wo kugira uruhare mu bumwe bw’Igihugu byagaragajwe na Martin Fayulu kandi yemeye ko afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo gukura Igihugu cyacu mu bibazo byugarije inzego zacu n’ubusugire bwacu.”
Martin Fayulu atangiye kureshywa na Tshisekedi, nyuma yuko na we ashinje Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa DRC, ubugambanyi ngo bwo gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.
Mu butumwa Fayulu yageneye Kabila, uretse kumusaba kuva mu Mujyi wa Goma, yanamusabye kugana inzira z’ibiganiro, ngo aho kujya kwifatanya n’abo yise abanzi.
Ni mu gihe Joseph Kabila na we yamusubije amubwira ko ari Umunyekongo ufite uburenganzira bwo kugera aho ari ho hose muri Congo, kandi ko n’i Goma na ho ari muri iki Gihugu yigeze kubera Perezida, anamubwira ko niba yifuza ko baganira yazamusanga i Goma.
RADIOTV10