Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA
0
Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimye ibyatangajwe na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, amwizeza guhura bakaganira, nyuma yuko uyu munyapolitiki ageneye ubutumwa abarimo Joseph Kabila amusaba kuva i Goma.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025, umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, ageneye ubutumwa abarimo Tshisekedi, Corneille Nangaa na Joseph Kabila.

Mu butumwa yageneye Félix Tshisekedi, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yibukije uyu Mukuru w’Igihugu ko afite inshingano zo kurinda ubumwe bw’Abanyekongo kugira ngo abo mu bihe bizaza batazasanga iki Gihugu mu kangaratete.

Yakomeje agira ati “Ndifuza ko duhura atari ku bw’impuhwe ahubwo ku bw’ibiganiro by’imbonankubone, nta kwiyerurutsa nta guca ku ruhande ahubwo ari ugukunda Igihugu, kugira ngo haboneke umuti w’ibibazo bihari.”

Nyuma y’ubu butumwa Martin Fayulu yanagize icyo asabiramo Joseph Kabila ko agomba kuva mu mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23, Perezida Félix Tshisekedi abinyujije mu muvugizi we Tina Salama, yamusubije, agaragaza ko yakiriye neza ibyo yatangaje.

Mu butumwa Tina Salama yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Perezida wa Repubulika yashimye umuhate wo gukunda Igihugu n’umuhate wo kugira uruhare mu bumwe bw’Igihugu byagaragajwe na Martin Fayulu kandi yemeye ko afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo gukura Igihugu cyacu mu bibazo byugarije inzego zacu n’ubusugire bwacu.”

Martin Fayulu atangiye kureshywa na Tshisekedi, nyuma yuko na we ashinje Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa DRC, ubugambanyi ngo bwo gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.

Mu butumwa Fayulu yageneye Kabila, uretse kumusaba kuva mu Mujyi wa Goma, yanamusabye kugana inzira z’ibiganiro, ngo aho kujya kwifatanya n’abo yise abanzi.

Ni mu gihe Joseph Kabila na we yamusubije amubwira ko ari Umunyekongo ufite uburenganzira bwo kugera aho ari ho hose muri Congo, kandi ko n’i Goma na ho ari muri iki Gihugu yigeze kubera Perezida, anamubwira ko niba yifuza ko baganira yazamusanga i Goma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruko ku bakozi b’inzego za Leta n’iz’abikorera mu Rwanda

Next Post

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.