Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

radiotv10by radiotv10
03/06/2025
in AMAHANGA
0
Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimye ibyatangajwe na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, amwizeza guhura bakaganira, nyuma yuko uyu munyapolitiki ageneye ubutumwa abarimo Joseph Kabila amusaba kuva i Goma.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Kamena 2025, umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, ageneye ubutumwa abarimo Tshisekedi, Corneille Nangaa na Joseph Kabila.

Mu butumwa yageneye Félix Tshisekedi, uyu munyapolitiki Martin Fayulu yibukije uyu Mukuru w’Igihugu ko afite inshingano zo kurinda ubumwe bw’Abanyekongo kugira ngo abo mu bihe bizaza batazasanga iki Gihugu mu kangaratete.

Yakomeje agira ati “Ndifuza ko duhura atari ku bw’impuhwe ahubwo ku bw’ibiganiro by’imbonankubone, nta kwiyerurutsa nta guca ku ruhande ahubwo ari ugukunda Igihugu, kugira ngo haboneke umuti w’ibibazo bihari.”

Nyuma y’ubu butumwa Martin Fayulu yanagize icyo asabiramo Joseph Kabila ko agomba kuva mu mujyi wa Goma uri mu maboko ya AFC/M23, Perezida Félix Tshisekedi abinyujije mu muvugizi we Tina Salama, yamusubije, agaragaza ko yakiriye neza ibyo yatangaje.

Mu butumwa Tina Salama yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Perezida wa Repubulika yashimye umuhate wo gukunda Igihugu n’umuhate wo kugira uruhare mu bumwe bw’Igihugu byagaragajwe na Martin Fayulu kandi yemeye ko afite ubushake bwo guhura na we mu rwego rwo gukura Igihugu cyacu mu bibazo byugarije inzego zacu n’ubusugire bwacu.”

Martin Fayulu atangiye kureshywa na Tshisekedi, nyuma yuko na we ashinje Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa DRC, ubugambanyi ngo bwo gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Congo.

Mu butumwa Fayulu yageneye Kabila, uretse kumusaba kuva mu Mujyi wa Goma, yanamusabye kugana inzira z’ibiganiro, ngo aho kujya kwifatanya n’abo yise abanzi.

Ni mu gihe Joseph Kabila na we yamusubije amubwira ko ari Umunyekongo ufite uburenganzira bwo kugera aho ari ho hose muri Congo, kandi ko n’i Goma na ho ari muri iki Gihugu yigeze kubera Perezida, anamubwira ko niba yifuza ko baganira yazamusanga i Goma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruko ku bakozi b’inzego za Leta n’iz’abikorera mu Rwanda

Next Post

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.