Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uko isabune yatumye babiri bafatanwa ibitemewe na bo bagatabwa muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bafite ibihumbi 65 Frw y’amiganano, nyuma y’uko umwe muri abo ajyanye inote ya 5 000 Frw agiye kugura isabune, umucuruzi akabitahura.

Aba bagabo babiri barimo uw’imyaka 39 n’undi w’imyaka 34, bombi bafatiwe mu Mudugudu wa w’Akagera mu Kagari ka Rango mu Murenge wa Mukura, ku ya 15 Ukwakira 2023.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko Polisi aba bagabo bafashwe nyuma y’uko umwe yishuye umucuruzi amafaranga y’amiganano.

Ati “Twahawe amakuru n’umucuruzi wo mu Kagari ka Rango, avuga ko hari umuntu uje kugura isabune amwishyura inote ya bitanu, ayitegereje neza asanga ni amiganano. Hahise hatangira igikorwa cyo kumufata, abapolisi bahageze basanga koko inote yari amwishyuye ari inyiganano, n iko guhita afatwa.”

SP Emmanuel Habiyaremye yakomeje agira ati “Amaze gufatwa haje kumenyekana amakuru y’uko hari mugenzi we baturanye, bakunze no kugendana ukekwaho kuba afite andi mafaranga y’amiganano, na we wahise utabwa muri yombi, nyuma y’uko bamusatse bakamusangana andi mafaranga y’amiganano angana n’ibihumbi 60; agizwe n’inote 12 za bitanu.”

Aba bagabo bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri Sitasiyo ya Ngoma, ndetse n’amafaranga bafatanywe.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 269 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mukantwali says:
    2 years ago

    Nanjye nkorera nyabugogo ejobundi umu mama yaje guhaha Ari kumwe n’umugabo ariko uwo mugabo yahise amubwira ati”uransanga imbere”hinjira umugore agura agafuka ka 200 ampa inoti y’inkorano ndamugarurira, agura irobo y’indagara yishyura Indi noti ndamugarurira,arakomeza arahaha ariko ahaha ducye kugirango njye mugarurira mbibona tugeze mubihimbi 13000 ndasakuza haza inzego z’umutekano haboneka n’abandi yahahiye yishyura amakorano bamwe bari barangije no kuyagarurira aba clients. Bati”twabonye uno mugore arikumwe n’umugabo bafite igikapu cyuzuye amafranga umugabo akajya ahereza umugore bakishyura.” Duheruka twakwa number ngo tuzahamagarwa tuzagarurirwe nanubu turacyategereje.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 5 =

Previous Post

Rutsiro: Gahunda bashimaga batangiye kuyikemanga kubera ibyabaye batayitekerezagaho

Next Post

Amakuru mashya n’ibirambuye ku wakoze ibyatumye Isi ya ruhago izamo impagarara i Burayi

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya n’ibirambuye ku wakoze ibyatumye Isi ya ruhago izamo impagarara i Burayi

Amakuru mashya n’ibirambuye ku wakoze ibyatumye Isi ya ruhago izamo impagarara i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.