Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko kwakira kandidatire ya Perezida Kagame mu Matora azabaho bwa mbere manda ari imyaka 5 byagenze

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko kwakira kandidatire ya Perezida Kagame mu Matora azabaho bwa mbere manda ari imyaka 5 byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, watowe n’Abanyamuryango b’uyu Muryango kugira ngo azawuhagararire mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire ye, imushimira ko ibyo asabwa yabizanye.

Ni igikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere wo kwakira kandidatire z’abifuza kuzahatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe mu kwezi hagati kwa Nyakanga.

Perezida Paul Kagame yageze ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, ndetse n’abandi bamwe mu Banyamuryango ba RPF-Inkotanyi, barimo Umunyamabanga Mukuru wawo, Gasamagera Wellars, Vice Chairman w’Umuryango, Hon. Consolée Uwimana ndetse n’Abakomiseri batandukanye.

Chairman wa RPF-Inkotanyi akigera mu cyumba cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yakiriwe n’Abayobozi b’iyi Komisiyo, barimo Perezida wayo, Hon. Oda Gasinzigwa wagize ati “Muri uyu mwanya tubahaye ikaze muri Komisiyo y’Amatora.”

Perezida Kagame na we yahise ashyikiriza Perezida wa Komisiyo inyandiko zikubiyemo kandidatire ye, ati “Byose birimo.” 

Hon. Oda Gasinzigwa yahise agaragaza bimwe mu bikubiye mu nyandiko za Perezida Kagame usaba kuba Umukandida, zirimo igaragaza ko nta bundi bwenegihugu afite cyangwa ko yaretse ubundi bwenegihugu.

Perezida wa Komisiyo amaze gusuzuma izi nyandiko, yahise abwira Chairman wa RPF-Inkotanyi, ati “Koko byose twamaze kubisuzuma, twabonye ibyo musabwa mwabitugejejeho.”

Ubwo iki gikorwa cyarimo gihumuza, Hon. Oda Gasinzigwa yashimiye Perezida Paul Kagame wifuje kongera guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, ndeste ko n’iki gikorwa cyagenze neza, anaboneraho kumwifuriza amahirwe masa.

Perezida Kagame yatorewe kuzahagararira uyu Muryango muri Werurwe uyu mwaka wa 2024, mu Nteko Rusange y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye tariki 09 Werurwe 2024.

Aya matora Perezida Kagame azongera guhataniramo umwanya wo gukomeza kuyobora Abanyarwanda, mu Matora azabaho bwa mbere manda z’Umukuru w’Igihugu ari imyaka itanu nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015.

Umukuru w’u Rwanda uri ku musoza wa manda y’Imyaka irindwi, yizeje Abanyarwanda ko igihe cyose azaba agishobojwe, atazabura gukomeza gufatanya n’Abanyarwanda mu kwiyubakira Igihugu.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) na ryo ryemeje ko rizatanga umukandida muri aya matora azaba muri Nyakanga.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora; yatangaje ko hari abantu umunani bagaragaje ko bifuza kuzatanga kandidatire nk’abakandida bigenga mu Matora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Perezida Kagame ubwo yashyikirizaga Kandidatire ye Perezida wa Komisiyo y’Amatora
Bari kumwe kandi n’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Hon. Gasamagera Wellars
Perezida wa Komisiyo yasuzumye inyandiko za Perezida Kagame

Perezida Kagame yatanze kandidatire ye

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twenty =

Previous Post

Ikipe yabaye iya 8 muri Shampiyona y’u Rwanda yakoze igikorwa cyo kwishimira kwesa umuhigo (AMAFOTO)

Next Post

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.