Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko kwakira kandidatire ya Perezida Kagame mu Matora azabaho bwa mbere manda ari imyaka 5 byagenze

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko kwakira kandidatire ya Perezida Kagame mu Matora azabaho bwa mbere manda ari imyaka 5 byagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, watowe n’Abanyamuryango b’uyu Muryango kugira ngo azawuhagararire mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire ye, imushimira ko ibyo asabwa yabizanye.

Ni igikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere wo kwakira kandidatire z’abifuza kuzahatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe mu kwezi hagati kwa Nyakanga.

Perezida Paul Kagame yageze ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, ndetse n’abandi bamwe mu Banyamuryango ba RPF-Inkotanyi, barimo Umunyamabanga Mukuru wawo, Gasamagera Wellars, Vice Chairman w’Umuryango, Hon. Consolée Uwimana ndetse n’Abakomiseri batandukanye.

Chairman wa RPF-Inkotanyi akigera mu cyumba cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yakiriwe n’Abayobozi b’iyi Komisiyo, barimo Perezida wayo, Hon. Oda Gasinzigwa wagize ati “Muri uyu mwanya tubahaye ikaze muri Komisiyo y’Amatora.”

Perezida Kagame na we yahise ashyikiriza Perezida wa Komisiyo inyandiko zikubiyemo kandidatire ye, ati “Byose birimo.” 

Hon. Oda Gasinzigwa yahise agaragaza bimwe mu bikubiye mu nyandiko za Perezida Kagame usaba kuba Umukandida, zirimo igaragaza ko nta bundi bwenegihugu afite cyangwa ko yaretse ubundi bwenegihugu.

Perezida wa Komisiyo amaze gusuzuma izi nyandiko, yahise abwira Chairman wa RPF-Inkotanyi, ati “Koko byose twamaze kubisuzuma, twabonye ibyo musabwa mwabitugejejeho.”

Ubwo iki gikorwa cyarimo gihumuza, Hon. Oda Gasinzigwa yashimiye Perezida Paul Kagame wifuje kongera guhatana mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, ndeste ko n’iki gikorwa cyagenze neza, anaboneraho kumwifuriza amahirwe masa.

Perezida Kagame yatorewe kuzahagararira uyu Muryango muri Werurwe uyu mwaka wa 2024, mu Nteko Rusange y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye tariki 09 Werurwe 2024.

Aya matora Perezida Kagame azongera guhataniramo umwanya wo gukomeza kuyobora Abanyarwanda, mu Matora azabaho bwa mbere manda z’Umukuru w’Igihugu ari imyaka itanu nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015.

Umukuru w’u Rwanda uri ku musoza wa manda y’Imyaka irindwi, yizeje Abanyarwanda ko igihe cyose azaba agishobojwe, atazabura gukomeza gufatanya n’Abanyarwanda mu kwiyubakira Igihugu.

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) na ryo ryemeje ko rizatanga umukandida muri aya matora azaba muri Nyakanga.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora; yatangaje ko hari abantu umunani bagaragaje ko bifuza kuzatanga kandidatire nk’abakandida bigenga mu Matora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Perezida Kagame ubwo yashyikirizaga Kandidatire ye Perezida wa Komisiyo y’Amatora
Bari kumwe kandi n’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi, Hon. Gasamagera Wellars
Perezida wa Komisiyo yasuzumye inyandiko za Perezida Kagame

Perezida Kagame yatanze kandidatire ye

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 14 =

Previous Post

Ikipe yabaye iya 8 muri Shampiyona y’u Rwanda yakoze igikorwa cyo kwishimira kwesa umuhigo (AMAFOTO)

Next Post

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.