Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in MU RWANDA
0
Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Imwe mu nka zari zibwe zigasangwa mu rugo rw'umuturage

Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hasanzwe inka ebyiri zari zaribwe abantu babiri, zatahuwe nyuma yo kumva muri uru rugo habirira inka kandi abaturanyi bazi ko badafite ubushobozi bwo kuzigura.

Izi nka zafatiwe mu rugo rw’uwitwa Callixte n’umugore babana witwa Esperance, ruherereye mu Mudugudu wa Nyabiranga, Akagari ka Kamanyenga muri uyu Murenge wa Nkanka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Rebero, avuga ko imwe muri izi nka ari iy’uwitwa Uzayisaba Consolée, wari warayibuze muri Mutarama uyu mwaka, mu gihe indi ari iy’uwitwa Hagenimana Joseph, we wayibuze muri Gicurasi uyu mwaka.

Ubwo aba baturage baburaga inka zabo, biyambazaga inzego n’abaturage bagenzi babo, ngo babafashe gushakisha, ariko bakazibura.

Nubwo habonetse izi nka ebyiri ariko, mu bihe bitandukanye, muri aka gace ngo hakomeje kubura inka, ari na byo byatumye inzego n’abaturage bakomeza gushakisha, ari na ko hakorwa iperereza.

Umuturage wahaye amakuru iki kinyamakuru, yavuze ko haje gukekwa urugo rw’uyu witwa Callixte na Esperance, kuko abaturanyi bumvaga habirira inka, ndetse banajya kuzahirira, kandi batazi igihe baba baraguriye ayo matungo ngo kuko nta bushobozi babaziho bwatuma bagura inka.

Uyu wibwe inka ku nshuro ya kabiri yasabye ubuyobozi ko bwamufasha akajya kureba muri uru rugo niba atari ho inka ye yaba iri.

Uwatanze amakuru yagize ati “Ubuyobozi bw’Umudugudu buramuherekeza, bahageze basanga ibimenyetso atanga birahura neza n’iby’iyo nka.”

Uyu mugabo wo muri urwo rugo, yavuze ko atazi uburyo iyo nka yahageze kuko ari umwinjira, avuga ko byabazwa umugore we Espérance basanzwe banafitanye amakimbirane.

Joseph akimara kubona itungo rye, yamenyesheje Consolée wabuze irye muri Mutarama, amubwira ko aha yayikuye yahabonye indi nka ndetse ko yasanze inahaka, ahita yiyambaza ubuyobozi bw’Akagari.

Uwatanze amakuru akomeza agira ati “Na we yatanze ibimenyetso byayo byose, ajyana n’ubuyobozi bw’Umudugudu n’ubw’Akagari kuyireba, bahageze basanga ni iye.’’

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, hahita hatabwa muri yombi uyu mugore wo muri uru rugo ndetse n’undi mugabo witwa Anselme, bakekwaho gufatanya mu bujura bw’aya matungo.

Eseperance ukekwaho ubu bujura, yavuze ko uyu mugabo bakoranaga muri ibi bikorwa, yamuzaniraga Inka yabaga yibye akazorora, bagategereza ko zibyara bakagurisha imbyeyi cyangwa zaba ari ibimasa bakabigurisha bimaze gukura.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Ntivuguruzwa Gervais wavuze ko aba bantu babiri batawe muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

Yagize ati “Iperereza rirakomeje ngo aya makuru amenyekane neza, cyane cyane ko umugabo avuga ko uko zahageze atabizi, byabazwa umugore, umugore ntashake gutanga amakuru yuzuye ngo ukuri kumenyekane, hategerejwe icyo azabwira ubushinjacyaha.”

Ivomo: Rebero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.