Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Umwe ubu akora mu nzego z'umutekano

Share on FacebookShare on Twitter

Lieutenant Arielle Sekamana waganirije ba Nyampinga b’u Rwanda, yababwiye ko uko babyuka bakitera ibirungo bagira ngo bagaragare neza, bagomba no kugaragaza neza Igihugu cyabibarutse.

Yabivuze ubwo Madamu Jeannette Kagame yakiraga bamwe muri ba Nyampinga b’u Rwanda ndetse n’ibisonga byabo kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022.

Muri iki kiganiro, Madamu Jeannette Kagame yasabye abakobwa kurenga imbogamizi bari guhura na zo muri ibi bihe bakoresheje ubushobozi bifitemo.

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Ubushobozi tubona mwifitemo bujye bubaherekeza kandi bubafashe no mu bigoye. Tubifurije gusoza uru rugamba mwemye.”

Lieutenan Arielle Sekamana umwe mu baganirije ba bakobwa, yabibukije ko bafite ababakurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga zabo ariko ko badakwiye kuzikoresha bagaragaza ubwiza bwabo gusa.

Ati “Icyo mbasaba, mu magambo macye ni uko igihe cyose mubyutse mu gitondo mukitera ibirungo mu maso ubundi mugashyira ifoto ku mbuga nkoranyambaga ukavuga ibyo wakoze, ujye wibuka no gufata umwanya wo kuvuga ku Gihugu cyawe kandi na cyo ukivuge ibigwi nk’uko na we witeye ibirungo kuko ni Igihugu cyawe.”

Miss Mutesi Jolly yashimiye Madamu Jeannette Kagame wabahaye agaciro akabakira, ndetse ko biteguye gukomeza kugahesha Igihugu cyabo kuko na cyo gihora kikabaha.

Yagize ati “Agaciro waduhaye, dusanzwe twiha agaciro mu byo dukora bitandukanye ariko noneho turakakiriye kandi twizeye ko imbaraga twakoresha mu muryango mugari wacu, tugiye kugakuba kabiri.”

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju wari muri iki kiganiro, yabwiye ba nyampinga ko bahisemo kuba ab’ikitegererezo kandi ko ibyo byavuga byose biba bitegerejwe na benshi.

Ati “Icyo mwakora cyose uyu munsi, nka bakuru banyu aho twaba turi hose dukoma amashyi tuvuga ngo abana bacu b’abakobwa bagomba gutera imbere.”

Minisitiri wa Siporo kandi yasabye ba nyampinga kujya bakora siporo kugira ngo banarusheho kugira ubuzima bwiza, abizeza ko abazabishaka azabafasha mu myitozo ngororamubiri.

Ni ikiganiro cyakiriwe neza n’umuryango nyarwanda aho bamwe bemeza ko kitareba gusa ba nyampinga ahubwo ko kireba abakobwa bose kubera inama zavugiwemo zibibutsa ko abakobwa ari bo ba mutima w’ingo z’ejo hazaza.

Na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju
Miss Jolly yagize icyo avuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Platini yahishuye aho yakuye amafaranga yubakishije etaje y’akataraboneka yujuje

Next Post

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.