Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Umwe ubu akora mu nzego z'umutekano

Share on FacebookShare on Twitter

Lieutenant Arielle Sekamana waganirije ba Nyampinga b’u Rwanda, yababwiye ko uko babyuka bakitera ibirungo bagira ngo bagaragare neza, bagomba no kugaragaza neza Igihugu cyabibarutse.

Yabivuze ubwo Madamu Jeannette Kagame yakiraga bamwe muri ba Nyampinga b’u Rwanda ndetse n’ibisonga byabo kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022.

Muri iki kiganiro, Madamu Jeannette Kagame yasabye abakobwa kurenga imbogamizi bari guhura na zo muri ibi bihe bakoresheje ubushobozi bifitemo.

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Ubushobozi tubona mwifitemo bujye bubaherekeza kandi bubafashe no mu bigoye. Tubifurije gusoza uru rugamba mwemye.”

Lieutenan Arielle Sekamana umwe mu baganirije ba bakobwa, yabibukije ko bafite ababakurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga zabo ariko ko badakwiye kuzikoresha bagaragaza ubwiza bwabo gusa.

Ati “Icyo mbasaba, mu magambo macye ni uko igihe cyose mubyutse mu gitondo mukitera ibirungo mu maso ubundi mugashyira ifoto ku mbuga nkoranyambaga ukavuga ibyo wakoze, ujye wibuka no gufata umwanya wo kuvuga ku Gihugu cyawe kandi na cyo ukivuge ibigwi nk’uko na we witeye ibirungo kuko ni Igihugu cyawe.”

Miss Mutesi Jolly yashimiye Madamu Jeannette Kagame wabahaye agaciro akabakira, ndetse ko biteguye gukomeza kugahesha Igihugu cyabo kuko na cyo gihora kikabaha.

Yagize ati “Agaciro waduhaye, dusanzwe twiha agaciro mu byo dukora bitandukanye ariko noneho turakakiriye kandi twizeye ko imbaraga twakoresha mu muryango mugari wacu, tugiye kugakuba kabiri.”

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju wari muri iki kiganiro, yabwiye ba nyampinga ko bahisemo kuba ab’ikitegererezo kandi ko ibyo byavuga byose biba bitegerejwe na benshi.

Ati “Icyo mwakora cyose uyu munsi, nka bakuru banyu aho twaba turi hose dukoma amashyi tuvuga ngo abana bacu b’abakobwa bagomba gutera imbere.”

Minisitiri wa Siporo kandi yasabye ba nyampinga kujya bakora siporo kugira ngo banarusheho kugira ubuzima bwiza, abizeza ko abazabishaka azabafasha mu myitozo ngororamubiri.

Ni ikiganiro cyakiriwe neza n’umuryango nyarwanda aho bamwe bemeza ko kitareba gusa ba nyampinga ahubwo ko kireba abakobwa bose kubera inama zavugiwemo zibibutsa ko abakobwa ari bo ba mutima w’ingo z’ejo hazaza.

Na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju
Miss Jolly yagize icyo avuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Platini yahishuye aho yakuye amafaranga yubakishije etaje y’akataraboneka yujuje

Next Post

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.