Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye bagize ikiganiro mpaka, Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris na Donald Trump bahatanira kuyobora iki Gihugu, bahuriye mu gikorwa, birengagiza kutajya imbizi byari byabaranze, barasuhuzanya.

Ni nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Gatatu, Kamala Harris bakoze ikiganiro cya mbere bahuriyemo bagaragaza imigabo n’imigambi yabo y’ibyo bateganyiriza Abanyamerika.

Iki kiganiro cyatambutse kuri ABC News, cyaranzwe no kurebana ikijisho, aho buri umwe yashinjaga mugenzi we gutangaza ibinyoma, ndetse bashinjanya ko umwe adashoboye, bakanazura bimwe mu byaca intege mugenzi we.

Nyuma y’amasaha macye habaye iki kiganiro, kuri uyu wa Gatatu; Kamala Harris na Trump bahuriye i New York mu muhango wo kwibuka ibitero by’iterabwoba byabaye muri Leta Zunze Ubumwe za America tariki 11 Nzeri 2001 byahitanye abagera mu 3 000.

Ubwo aba bombi bahuriraga muri iki gikorwa cyo kuzirikana isabukuru y’imyaka 23 y’ibi bitero, basuhuzanyije, ndetse bigaragara ko babaye nk’abavugana amasegonda macye, mbere yuko buri umwe ahagarara aho yari yateganyirijwe.

Mike Bloomberg wahoze ari Umuyobozi wa New York wari uhagaze hagati yabo, ni we wabafashije kuramukanya ubwo yakomangaga kuri Harris ari kuvugana na Senateri Leader Chuck Schumer kugira ngo asuhuze Trump.

Ikiganiro mpaka cyahuje aba bombi, cyarangiye bivugwa ko Visi Perezida Kamala Harris akaba Umukandida w’Aba-Domcrats, yitwaye neza kurusha Donald Trump ushaka kugaruka muri White House.

Ni mu gihe Trump na we agisohoka muri iki kiganiro yavuze ko ari we witwaye neza, gusa avuga ko iki kiganiro cyari cyateguwe mu buryo bworohereza Harris mu gihe we cyari kigamije kumurwanya.

Trump yagize ati “wari umugambi wari wateguwe nk’uko nari nabivuze ko bishobora kuba, kuko iyo urebye bagendaga bankosora buri kimwe, mu gihe we nta na kimwe bamukosoraga.”

Muri iki kiganiro cyahaga buri wese umwanya ungana n’uwa mugenzi we, ubwo umwe yavugaga, microphone y’undi yabaga yafunzwe, gusa ntibyabuzaga umwe kuvuga mu mvugo itarangurura, ati “arabeshya.” “Ibyo avuga ni ibinyoma.” Ni umubeshyi.” N’andi magambo nk’aya yo gucana intege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 12 =

Previous Post

Kwirinda imibonano ikingiye n’idakingiye n’uwagaragaje ibimenyetso,…: Hasohotse amabwiriza yo kurwanya MPox mu Rwanda

Next Post

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Related Posts

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

by radiotv10
13/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande rw’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rukomeje gukaza ubukana bw’intambara bwohereza intwaro za rutura...

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

IZIHERUKA

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba
MU RWANDA

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.