Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye bagize ikiganiro mpaka, Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris na Donald Trump bahatanira kuyobora iki Gihugu, bahuriye mu gikorwa, birengagiza kutajya imbizi byari byabaranze, barasuhuzanya.

Ni nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Gatatu, Kamala Harris bakoze ikiganiro cya mbere bahuriyemo bagaragaza imigabo n’imigambi yabo y’ibyo bateganyiriza Abanyamerika.

Iki kiganiro cyatambutse kuri ABC News, cyaranzwe no kurebana ikijisho, aho buri umwe yashinjaga mugenzi we gutangaza ibinyoma, ndetse bashinjanya ko umwe adashoboye, bakanazura bimwe mu byaca intege mugenzi we.

Nyuma y’amasaha macye habaye iki kiganiro, kuri uyu wa Gatatu; Kamala Harris na Trump bahuriye i New York mu muhango wo kwibuka ibitero by’iterabwoba byabaye muri Leta Zunze Ubumwe za America tariki 11 Nzeri 2001 byahitanye abagera mu 3 000.

Ubwo aba bombi bahuriraga muri iki gikorwa cyo kuzirikana isabukuru y’imyaka 23 y’ibi bitero, basuhuzanyije, ndetse bigaragara ko babaye nk’abavugana amasegonda macye, mbere yuko buri umwe ahagarara aho yari yateganyirijwe.

Mike Bloomberg wahoze ari Umuyobozi wa New York wari uhagaze hagati yabo, ni we wabafashije kuramukanya ubwo yakomangaga kuri Harris ari kuvugana na Senateri Leader Chuck Schumer kugira ngo asuhuze Trump.

Ikiganiro mpaka cyahuje aba bombi, cyarangiye bivugwa ko Visi Perezida Kamala Harris akaba Umukandida w’Aba-Domcrats, yitwaye neza kurusha Donald Trump ushaka kugaruka muri White House.

Ni mu gihe Trump na we agisohoka muri iki kiganiro yavuze ko ari we witwaye neza, gusa avuga ko iki kiganiro cyari cyateguwe mu buryo bworohereza Harris mu gihe we cyari kigamije kumurwanya.

Trump yagize ati “wari umugambi wari wateguwe nk’uko nari nabivuze ko bishobora kuba, kuko iyo urebye bagendaga bankosora buri kimwe, mu gihe we nta na kimwe bamukosoraga.”

Muri iki kiganiro cyahaga buri wese umwanya ungana n’uwa mugenzi we, ubwo umwe yavugaga, microphone y’undi yabaga yafunzwe, gusa ntibyabuzaga umwe kuvuga mu mvugo itarangurura, ati “arabeshya.” “Ibyo avuga ni ibinyoma.” Ni umubeshyi.” N’andi magambo nk’aya yo gucana intege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 15 =

Previous Post

Kwirinda imibonano ikingiye n’idakingiye n’uwagaragaje ibimenyetso,…: Hasohotse amabwiriza yo kurwanya MPox mu Rwanda

Next Post

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Related Posts

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

by radiotv10
05/08/2025
0

The United Nations High Commissioner for Refugees (UNHCR) has announced that before the end of this year, Uganda could host...

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru washyizweho na AFC/M23, yashimye Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, Maj Gen Sultani Makenga...

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

by radiotv10
05/08/2025
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, riratangaza ko mbere yuko uyu mwaka urangira, Igihugu cya Uganda gishobora kuzaba cyarakiriye impunzi...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yasabye abayobozi mu nzego zinyuranye mu bice bigenzurwa n’iri Huriro mu...

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.