Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko Trump na Kamala babyitwayemo ubwo bahuraga nyuma gato bahanganye mu kiganiro-mpaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye bagize ikiganiro mpaka, Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Kamala Harris na Donald Trump bahatanira kuyobora iki Gihugu, bahuriye mu gikorwa, birengagiza kutajya imbizi byari byabaranze, barasuhuzanya.

Ni nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Gatatu, Kamala Harris bakoze ikiganiro cya mbere bahuriyemo bagaragaza imigabo n’imigambi yabo y’ibyo bateganyiriza Abanyamerika.

Iki kiganiro cyatambutse kuri ABC News, cyaranzwe no kurebana ikijisho, aho buri umwe yashinjaga mugenzi we gutangaza ibinyoma, ndetse bashinjanya ko umwe adashoboye, bakanazura bimwe mu byaca intege mugenzi we.

Nyuma y’amasaha macye habaye iki kiganiro, kuri uyu wa Gatatu; Kamala Harris na Trump bahuriye i New York mu muhango wo kwibuka ibitero by’iterabwoba byabaye muri Leta Zunze Ubumwe za America tariki 11 Nzeri 2001 byahitanye abagera mu 3 000.

Ubwo aba bombi bahuriraga muri iki gikorwa cyo kuzirikana isabukuru y’imyaka 23 y’ibi bitero, basuhuzanyije, ndetse bigaragara ko babaye nk’abavugana amasegonda macye, mbere yuko buri umwe ahagarara aho yari yateganyirijwe.

Mike Bloomberg wahoze ari Umuyobozi wa New York wari uhagaze hagati yabo, ni we wabafashije kuramukanya ubwo yakomangaga kuri Harris ari kuvugana na Senateri Leader Chuck Schumer kugira ngo asuhuze Trump.

Ikiganiro mpaka cyahuje aba bombi, cyarangiye bivugwa ko Visi Perezida Kamala Harris akaba Umukandida w’Aba-Domcrats, yitwaye neza kurusha Donald Trump ushaka kugaruka muri White House.

Ni mu gihe Trump na we agisohoka muri iki kiganiro yavuze ko ari we witwaye neza, gusa avuga ko iki kiganiro cyari cyateguwe mu buryo bworohereza Harris mu gihe we cyari kigamije kumurwanya.

Trump yagize ati “wari umugambi wari wateguwe nk’uko nari nabivuze ko bishobora kuba, kuko iyo urebye bagendaga bankosora buri kimwe, mu gihe we nta na kimwe bamukosoraga.”

Muri iki kiganiro cyahaga buri wese umwanya ungana n’uwa mugenzi we, ubwo umwe yavugaga, microphone y’undi yabaga yafunzwe, gusa ntibyabuzaga umwe kuvuga mu mvugo itarangurura, ati “arabeshya.” “Ibyo avuga ni ibinyoma.” Ni umubeshyi.” N’andi magambo nk’aya yo gucana intege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 6 =

Previous Post

Kwirinda imibonano ikingiye n’idakingiye n’uwagaragaje ibimenyetso,…: Hasohotse amabwiriza yo kurwanya MPox mu Rwanda

Next Post

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Umusore waguwe gitumo ari gusambanya inka akabanza no kwanga kuyivaho yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.