Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzi batangiye kwishyura amafaranga angana n’urugendo bakoze mu Mujyi wa Kigali muri gahunda iri mu igerageza, aho umugenzi udakoze urugendo rwose ngo arurangize, imashini imugarurira amafaranga. Aho byatangiriye babishimiye, bavuga ko ntako bisa, bagasaba ko byahita bitangira no gukoreshwa mu mihanda yose.

Ni nyuma yuko mu ntangiro z’iki cyumweru, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rutangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, mu mihanda imwe mu Mujyi wa Kigali hatangizwa igerageza ryo kwishyura hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga yose ya Ligne.

Ni gahunda yatangiriye mu mihanda ibiri, ari yo Nyabugogo-Kubuga n’uwa Downtown-Kabuga, ndetse abagenzi bakora ingendo zo muri iyi mihanda, bakaba batangiye kwishyura hagendewe kuri ubu buryo.

Muri ubu buryo, umugenzi yishyura urugendo yakoze habazwe ibilometero, aho kimwe ari amafaranga 182, naho ibilometero 10 ni 388 Frw, ibilomero 20 bikaba amafaranga 730, mu gihe ibilometero 25 ari 885 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye kureba imigendekere y’iyi gahunda ku munsi wa mbere, n’uburyo ikorwa, aho umugenzi winjiye mu modoka itwara abagenzi, abanza gukoza ikarita y’urugendo (Tap& Go) ku mashini yishyurirwaho (Tap in), ubundi yagera aho aviramo ahongera agakozaho (Tap Out) ku buryo iyo atagarukiye aho urugendo rurangirira, imashini imugarurira amafaranga ahwanye n’urugendo yari asigaje.

Abagenzi batangiye gukoresha ubu buryo, bavuga ko ari bwiza, kuko umuntu yishyura amafaranga ahwanye n’urugendo yakoze, aho kwishyura ay’urugendo rwose.

Denyse wavaga mu Mujyi ajya ku Murindi, yagize ati “Ibi bintu ni byiza bigere hose. Ubu nishyuye Magana atanu (500Frw) kandi ubusanzwe nishyuraga arenga magana arindwi na mirono ine (740 Frw).”

Akomeza avuga ko akurikije uko byari bimeze mbere, byashyiraga abantu mu gihombo, kuko n’ubundi umuntu ugarukira mu nzira, adakwiye kwishyura amafaranga angana n’ukoze urugendo rwose.

Ati “Uratekereza niba umuntu yavaga mu Mujyi ajya ku Murindi akishyura angana n’uviramo muri gare ya Kabuga? Cyari igihombo gikomeye.”

Butare Desire na we wakoze urugendo rwatangiriyemo iri gerageza, yagize ati “RURA yakoze ikintu cyiza cyorohereje abaturage.”

Muri ibi byerekezo byatangirijwemo igerageza, abakozi ba RURA banagaragayemo bagenda basobanurira abagenzi n’abashoferi ndetse n’abakozi ba kompanyi zitwara abagenzi, ibyiza by’ubu buryo ndetse n’uko bugomba kujya bukorwa.

Sam Murenzi ukorera RITCO Ltd ushinzwe kugenzura imikorere y’imodoka zikorera muri Gare yo Mujyi Down town, avuga ko kugira ngo abantu bakoreshe ubu buryo, hari ibyo basabwa.

Ati “Umugenzi agomba kugira ikarita ye ntabyo gutizanya. Twajyaga tugira imbogamizi z’abagenzi baje ari nka babiri bagatizanya ikarita, ubu ibyo ntibikunda. Ikindi umugenzi agomba kwibuka gukozaho ikarita asohotse mu gihe aviriyemo mu nzira kugira ngo imashini imugarurire.”

Ubwo RURA yatangazaga iyi gahunda y’igerageza, yanagaragaje ingero z’amafaranga azajya yifurwa mu bice bimwe na bimwe, aho nk’uzajya akora urugendo rwa Downtown- Remera (10km), igiciro kizaba 388 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Naho urugendo rwa Downtown-Rwandex (6km) igiciro kizaba 274 Frw kivuye kuri 307 Frw, mu gihe Downtown-Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Nanone kandi Sonatube-Prince House (2km) igiciro kizaba 182 Frw kivuye kuri 307 Frw; Nyabugogo-kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri 741 Frw, Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 420 Frw, mu gihe Nyabugogo-Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri 741Frw.

Umugenzi akoza ikarita ku mashini kabiri, aho yinjiriyemo n’aho aviriyemo ubundi ikamugarurira
Abagenzi bagiye basobanurirwa

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe

Next Post

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.