Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

radiotv10by radiotv10
05/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzi batangiye kwishyura amafaranga angana n’urugendo bakoze mu Mujyi wa Kigali muri gahunda iri mu igerageza, aho umugenzi udakoze urugendo rwose ngo arurangize, imashini imugarurira amafaranga. Aho byatangiriye babishimiye, bavuga ko ntako bisa, bagasaba ko byahita bitangira no gukoreshwa mu mihanda yose.

Ni nyuma yuko mu ntangiro z’iki cyumweru, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rutangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, mu mihanda imwe mu Mujyi wa Kigali hatangizwa igerageza ryo kwishyura hakurikijwe urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga yose ya Ligne.

Ni gahunda yatangiriye mu mihanda ibiri, ari yo Nyabugogo-Kubuga n’uwa Downtown-Kabuga, ndetse abagenzi bakora ingendo zo muri iyi mihanda, bakaba batangiye kwishyura hagendewe kuri ubu buryo.

Muri ubu buryo, umugenzi yishyura urugendo yakoze habazwe ibilometero, aho kimwe ari amafaranga 182, naho ibilometero 10 ni 388 Frw, ibilomero 20 bikaba amafaranga 730, mu gihe ibilometero 25 ari 885 Frw.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye kureba imigendekere y’iyi gahunda ku munsi wa mbere, n’uburyo ikorwa, aho umugenzi winjiye mu modoka itwara abagenzi, abanza gukoza ikarita y’urugendo (Tap& Go) ku mashini yishyurirwaho (Tap in), ubundi yagera aho aviramo ahongera agakozaho (Tap Out) ku buryo iyo atagarukiye aho urugendo rurangirira, imashini imugarurira amafaranga ahwanye n’urugendo yari asigaje.

Abagenzi batangiye gukoresha ubu buryo, bavuga ko ari bwiza, kuko umuntu yishyura amafaranga ahwanye n’urugendo yakoze, aho kwishyura ay’urugendo rwose.

Denyse wavaga mu Mujyi ajya ku Murindi, yagize ati “Ibi bintu ni byiza bigere hose. Ubu nishyuye Magana atanu (500Frw) kandi ubusanzwe nishyuraga arenga magana arindwi na mirono ine (740 Frw).”

Akomeza avuga ko akurikije uko byari bimeze mbere, byashyiraga abantu mu gihombo, kuko n’ubundi umuntu ugarukira mu nzira, adakwiye kwishyura amafaranga angana n’ukoze urugendo rwose.

Ati “Uratekereza niba umuntu yavaga mu Mujyi ajya ku Murindi akishyura angana n’uviramo muri gare ya Kabuga? Cyari igihombo gikomeye.”

Butare Desire na we wakoze urugendo rwatangiriyemo iri gerageza, yagize ati “RURA yakoze ikintu cyiza cyorohereje abaturage.”

Muri ibi byerekezo byatangirijwemo igerageza, abakozi ba RURA banagaragayemo bagenda basobanurira abagenzi n’abashoferi ndetse n’abakozi ba kompanyi zitwara abagenzi, ibyiza by’ubu buryo ndetse n’uko bugomba kujya bukorwa.

Sam Murenzi ukorera RITCO Ltd ushinzwe kugenzura imikorere y’imodoka zikorera muri Gare yo Mujyi Down town, avuga ko kugira ngo abantu bakoreshe ubu buryo, hari ibyo basabwa.

Ati “Umugenzi agomba kugira ikarita ye ntabyo gutizanya. Twajyaga tugira imbogamizi z’abagenzi baje ari nka babiri bagatizanya ikarita, ubu ibyo ntibikunda. Ikindi umugenzi agomba kwibuka gukozaho ikarita asohotse mu gihe aviriyemo mu nzira kugira ngo imashini imugarurire.”

Ubwo RURA yatangazaga iyi gahunda y’igerageza, yanagaragaje ingero z’amafaranga azajya yifurwa mu bice bimwe na bimwe, aho nk’uzajya akora urugendo rwa Downtown- Remera (10km), igiciro kizaba 388 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Naho urugendo rwa Downtown-Rwandex (6km) igiciro kizaba 274 Frw kivuye kuri 307 Frw, mu gihe Downtown-Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 307 Frw.

Nanone kandi Sonatube-Prince House (2km) igiciro kizaba 182 Frw kivuye kuri 307 Frw; Nyabugogo-kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri 741 Frw, Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri 420 Frw, mu gihe Nyabugogo-Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri 741Frw.

Umugenzi akoza ikarita ku mashini kabiri, aho yinjiriyemo n’aho aviriyemo ubundi ikamugarurira
Abagenzi bagiye basobanurirwa

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Rubavu: Indwara iterwa n’umwanda hari abayishakira indi mpamvu itavugwaho rumwe

Next Post

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Abagore babiri bafatanywe ibyo bakuye muri Congo bakabyinjiza mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.