Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye ukuri kwahuranyije Perezida Macron yabwije Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye ukuri kwahuranyije Perezida Macron yabwije Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubutumwa bwatanzwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, busobanutse kandi buvuga ukuri guhagije kurimo n’uguhuye n’ukuvugwa n’u Rwanda.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Emmanuel Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri uru ruzinduko, Perezida Macron yakiriwe na mugenzi we Felix Tshisekedi bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo, byakurikiwe n’ikiganiro aba Bakuru b’Ibihugu bagiranye n’itangazamakuru.

Muri iki kiganiro cyavugiwemo ukuri kwinshi bamwe batakekaga ko Perezida Macron yavugira imbere ya Tshisekedi kuko bamwe bakekaga ko aje gushimangira ivanjiri y’ikinyoma yakunze guterurwa na Tshisekedi na Guverinoma ye yo gushinja u Rwanda.

Perezida Macron yagaragarije Guverinoma ya DRC ko ibibazo by’umutekano mucye byabaye akarande mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bushinze imizi ku mbaraga nke z’imiyoborere yacyo.

Macron ubwo yasubizaga Umunyamakuru wari uteruye kimwe na Guverinoma ya Congo ihora ishinja amahanga kuba inyuma y’ibibazo biri muri iki Gihugu, yagize ati “Kuva mu 1994 ntabwo ari ikibazo cy’u Bufaransa, mumbabarire kubivuga uko. Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yakomeje agira ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

 

Ni ijambo risobanutse- u Rwanda

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko Perezida Emmanuel Macron yavugishije ukuri kwatunguye benshi ndetse ko n’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwari bwamutumiye, bushobora kuba bwaratunguwe.

Avuga ko biriya ari n’ikosa rya dipolomasi ya Congo Kishasa kuko bumvaga Macron agiye kubashyigikira ariko bikarangira abashyize hanze.

Ati “Ntekereza ko ririya ni n’ikosa muri dipolomasi kuko gutumira umuntu utanagereranya uvuge uti ‘ese azavuga iki?’. Buriya ari nk’ahandi mu Bihugu by’iwabo ntekereza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga sinzi ko basubirana na we mu ndege bamubwiye kuriya. Ntibishoboka.”

Yavuze ko ikinyoma cyakunze guhimbwa na Guverinoma ya Congo, igakomeza kugikwirakwiza kandi itubahiriza imyanzuro yagiye ifatwa yo gushaka umuti, cyari gikwiye guhinyuzwa nk’uko Macron yabigenje.

Ati “Abayobozi ba Congo ntabwo mushobora gufata ibyemezo bifatirwa hano ngo nimurangiza ngo mujye gufata abandi bantu nk’aho mubaragiye. Abo bajya kubwira bazi gusoma no kwandika, abo bajya kubwira bafite amakuru y’ibibera hano [muri Congo]. Tujya tuvuga ngo MONUSCO imara iki hariya, mwibwira se ko abanyamahanga bayirimo batabanza gutanga amakuru buri gitondo?”

Agaruka ku byatangajwe na Perezida Macron, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko bigaragaza ko u Bufaransa buhagaze mu nzira nziza ku bibazo byo muri Congo.

Yagize ati “Ni pozisiyo [aho u Bufaransa buhagaze] isobanutse, ni pozisiyo ihuye n’iyo Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ku wa Mbere mu itangazo yasohoye ko dushyigikiye ibyemezo byagiye bifatwa hano mu karere, ni byo bigoma kujya imbere, ni byo bigomba gushyirwa mu bikorwa.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imaze iminsi isaba ko u Rwanda rwafatirwa ibihano ngo kubera ibinyoma iki Gihugu kirushinja, nyamara Perezida Emmanuel Macron we yagaragaje ko ikibazo kidaturuka hanze ya Congo ahubwo ko kiri muri kiriya Gihugu ubwacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Ikindi kirungo mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi: Ndayishimiye yoherereje P.Kagame ubutumwa

Next Post

Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.