Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwakiriye ukuri kwahuranyije Perezida Macron yabwije Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwakiriye ukuri kwahuranyije Perezida Macron yabwije Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubutumwa bwatanzwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, busobanutse kandi buvuga ukuri guhagije kurimo n’uguhuye n’ukuvugwa n’u Rwanda.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Perezida Emmanuel Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri uru ruzinduko, Perezida Macron yakiriwe na mugenzi we Felix Tshisekedi bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo, byakurikiwe n’ikiganiro aba Bakuru b’Ibihugu bagiranye n’itangazamakuru.

Muri iki kiganiro cyavugiwemo ukuri kwinshi bamwe batakekaga ko Perezida Macron yavugira imbere ya Tshisekedi kuko bamwe bakekaga ko aje gushimangira ivanjiri y’ikinyoma yakunze guterurwa na Tshisekedi na Guverinoma ye yo gushinja u Rwanda.

Perezida Macron yagaragarije Guverinoma ya DRC ko ibibazo by’umutekano mucye byabaye akarande mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bushinze imizi ku mbaraga nke z’imiyoborere yacyo.

Macron ubwo yasubizaga Umunyamakuru wari uteruye kimwe na Guverinoma ya Congo ihora ishinja amahanga kuba inyuma y’ibibazo biri muri iki Gihugu, yagize ati “Kuva mu 1994 ntabwo ari ikibazo cy’u Bufaransa, mumbabarire kubivuga uko. Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yakomeje agira ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

 

Ni ijambo risobanutse- u Rwanda

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko Perezida Emmanuel Macron yavugishije ukuri kwatunguye benshi ndetse ko n’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwari bwamutumiye, bushobora kuba bwaratunguwe.

Avuga ko biriya ari n’ikosa rya dipolomasi ya Congo Kishasa kuko bumvaga Macron agiye kubashyigikira ariko bikarangira abashyize hanze.

Ati “Ntekereza ko ririya ni n’ikosa muri dipolomasi kuko gutumira umuntu utanagereranya uvuge uti ‘ese azavuga iki?’. Buriya ari nk’ahandi mu Bihugu by’iwabo ntekereza ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga sinzi ko basubirana na we mu ndege bamubwiye kuriya. Ntibishoboka.”

Yavuze ko ikinyoma cyakunze guhimbwa na Guverinoma ya Congo, igakomeza kugikwirakwiza kandi itubahiriza imyanzuro yagiye ifatwa yo gushaka umuti, cyari gikwiye guhinyuzwa nk’uko Macron yabigenje.

Ati “Abayobozi ba Congo ntabwo mushobora gufata ibyemezo bifatirwa hano ngo nimurangiza ngo mujye gufata abandi bantu nk’aho mubaragiye. Abo bajya kubwira bazi gusoma no kwandika, abo bajya kubwira bafite amakuru y’ibibera hano [muri Congo]. Tujya tuvuga ngo MONUSCO imara iki hariya, mwibwira se ko abanyamahanga bayirimo batabanza gutanga amakuru buri gitondo?”

Agaruka ku byatangajwe na Perezida Macron, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko bigaragaza ko u Bufaransa buhagaze mu nzira nziza ku bibazo byo muri Congo.

Yagize ati “Ni pozisiyo [aho u Bufaransa buhagaze] isobanutse, ni pozisiyo ihuye n’iyo Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ku wa Mbere mu itangazo yasohoye ko dushyigikiye ibyemezo byagiye bifatwa hano mu karere, ni byo bigoma kujya imbere, ni byo bigomba gushyirwa mu bikorwa.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imaze iminsi isaba ko u Rwanda rwafatirwa ibihano ngo kubera ibinyoma iki Gihugu kirushinja, nyamara Perezida Emmanuel Macron we yagaragaje ko ikibazo kidaturuka hanze ya Congo ahubwo ko kiri muri kiriya Gihugu ubwacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ikindi kirungo mu mubano w’u Rwanda n’u Burundi: Ndayishimiye yoherereje P.Kagame ubutumwa

Next Post

Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Yakoresheje amayeri atangaje ariko ntiyamuhira ubwo yari avanye ibitemewe muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.