Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, aratangaza ko mu myanzuro iki Gihugu cyemeye gushyira mu bikorwa ku bijyanye n’isuzuma ngarukagihe ku iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa muntu, cyayubahirije ku kigero cya 97% kandi ko cyiteguye kujya kubigaragariza Umuryango w’Abibumbye.

Ni Raporo ya kane u Rwanda rugiye gutanga ku isuzuma mu bijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, yakozwe hagendewe ku myanzuro rwahawe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku burenganzira bwa muntu.

Nyuma ya buri myaka ine n’igice Ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku burenganzira bwa muntu birimo n’u Rwanda bikorerwa isuzuma ngarukagihe ry’uburyo byubahiriza uburenganzira bwa muntu (Universal Periodic Review).

iyo iri suzuma rimaze gukorwa ibihugu bihabwa imyanzuro yo gushyira mu bikorwa hagamijwe kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Mu mwaka wa 2021 mu igenzura ryakorerwe u Rwanda, rwahawe ibyifuzo 260 byo gushyira mu bikorwa, ariko rwemera kuzakoramo 160 birimo ibyerekeranye n’amategeko ndetse na za politike zigomba gushyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko ibyo u Rwanda rwemeye gushyira mu bikorwa rwabikoze ku kigero cya 97%.

Yagize ati “Ibyinshi twabashije kubigeraho, navuga nko mu ihame ry’uburezi hongerewe amashuri menshi kugira ngo abana bose benshi bashobore kugira uburenganzira bwo kwiga ibyo byagezweho. Hari ibyerekeye abafite ubumuga, habashije kuboneka inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga, amafaranga ahabwa abageze mu zabukuru (inkunga y’ingoboka) batagishoboye gukora, na yo yarongerewe ndetse n’ibindi byinshi byagiye bikorwa.”

Akomeza avuga ko ibikorwa bitaba bigamije kwerekana raporo, ahubwo ko n’ubundi biba muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda bigamije kuzamura imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Ibi byose ntabwo tubikorera ko tugiye kujya mu igenzura, biri ngamba zacu nk’Igihugu, biri mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu byose tubikora kuko ari gahunda y’Igihugu.”

Isuzuma u Rwanda rwaryitabiriye bwa mbere muri 2011 rirangira rwemeye imyanzuro 67, rusubirayo mu 2015 rugaragaza uko rwashyize mu bikorwa iya mbere, runahabwa imyanzuro 50, ni mu gihe iyo rwahawe mu kwezi kwa mbere 2021 ruzajya kugaragaza uko rwayishyize mu bikorwa ku itariki 21 Mutarama umwaka utaha wa 2026 i Genève mu Busuwisi.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Next Post

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.