Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, aratangaza ko mu myanzuro iki Gihugu cyemeye gushyira mu bikorwa ku bijyanye n’isuzuma ngarukagihe ku iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa muntu, cyayubahirije ku kigero cya 97% kandi ko cyiteguye kujya kubigaragariza Umuryango w’Abibumbye.

Ni Raporo ya kane u Rwanda rugiye gutanga ku isuzuma mu bijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, yakozwe hagendewe ku myanzuro rwahawe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku burenganzira bwa muntu.

Nyuma ya buri myaka ine n’igice Ibihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku burenganzira bwa muntu birimo n’u Rwanda bikorerwa isuzuma ngarukagihe ry’uburyo byubahiriza uburenganzira bwa muntu (Universal Periodic Review).

iyo iri suzuma rimaze gukorwa ibihugu bihabwa imyanzuro yo gushyira mu bikorwa hagamijwe kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Mu mwaka wa 2021 mu igenzura ryakorerwe u Rwanda, rwahawe ibyifuzo 260 byo gushyira mu bikorwa, ariko rwemera kuzakoramo 160 birimo ibyerekeranye n’amategeko ndetse na za politike zigomba gushyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko ibyo u Rwanda rwemeye gushyira mu bikorwa rwabikoze ku kigero cya 97%.

Yagize ati “Ibyinshi twabashije kubigeraho, navuga nko mu ihame ry’uburezi hongerewe amashuri menshi kugira ngo abana bose benshi bashobore kugira uburenganzira bwo kwiga ibyo byagezweho. Hari ibyerekeye abafite ubumuga, habashije kuboneka inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga, amafaranga ahabwa abageze mu zabukuru (inkunga y’ingoboka) batagishoboye gukora, na yo yarongerewe ndetse n’ibindi byinshi byagiye bikorwa.”

Akomeza avuga ko ibikorwa bitaba bigamije kwerekana raporo, ahubwo ko n’ubundi biba muri gahunda za Guverinoma y’u Rwanda bigamije kuzamura imibereho y’Abanyarwanda.

Ati “Ibi byose ntabwo tubikorera ko tugiye kujya mu igenzura, biri ngamba zacu nk’Igihugu, biri mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu byose tubikora kuko ari gahunda y’Igihugu.”

Isuzuma u Rwanda rwaryitabiriye bwa mbere muri 2011 rirangira rwemeye imyanzuro 67, rusubirayo mu 2015 rugaragaza uko rwashyize mu bikorwa iya mbere, runahabwa imyanzuro 50, ni mu gihe iyo rwahawe mu kwezi kwa mbere 2021 ruzajya kugaragaza uko rwayishyize mu bikorwa ku itariki 21 Mutarama umwaka utaha wa 2026 i Genève mu Busuwisi.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 13 =

Previous Post

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Next Post

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.