Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukomoka muri DRCongo uyobora Kaminuza yo muri Scotland wapfobeje Jenoside yasabye imbabazi

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Ukomoka muri DRCongo uyobora Kaminuza yo muri Scotland wapfobeje Jenoside yasabye imbabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Kaminuza ya Edinburgh yo muri Scotland, Debora Kayembe Buba ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko atangaje ubutumwa bupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi bukanagoreka amateka y’ibyabaye, bugashengura benshi bakanamwereka ukuri, we na Kaminuza akorera basabye imbabazi

Bamwe mu Banyarwanda bakoresha urubuga rwa Twitter ndetse n’abazi amateka y’ibyabaye mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 21 Mata 2022, bagaragaje akababaro batewe n’ubutumwa bwa Debora Kayembe usanzwe akomoka muri DRC akaba ayobora University of Edinburgh yo muri Scotland [Igihugu kimwe cyo mu Bwami bw’u Bwongereza].

Uyu Kayembe yashyize ubutumwa kuri Twitter bugoreka amateka y’ibyabaye mu Rwanda anashinja uruhare ubuyobozi bw’u Rwanda by’umwihariko Perezida warwo Paul Kagame mu gihe bizwi ko ari we wayoboye urugamba rwo guhagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi no kubohora Igihugu.

Ubu butumwa yabutangaje ubwo yinjiraga mu bamagana ko u Bwongereza bukorana n’u Rwanda muri gahunda yo gutabara abimukira.

Nyuma y’ubu butumwa, abarimo abanyapolitiki, abanyametekeko, abadipolomate, abanyamakuru ndetse n’abanditsi bazi ukuri ku mateka yabaye mu Rwanda, bagaragaje akababaro k’ubu butumwa bwa Debora Kayembe.

Bamwe mu bagaragaje ko bababajwe n’ubu butumwa bwa Debora Kayembe, bavuze ko ari ugutoneka abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi mu gihe bakiri mu minsi 100 yo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Mu masaha yakurikiyeho, Kaminuza ya Edinburgh iyoborwa n’uyu Debora Kayembe, yasabye imbabazi, ivuga ko ibyatangajwe na we ari ibitekerezo bye bwite ko ntaho bihuriye n’ibyo ubuyobozi bw’iyi kaminuza bwemera ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda.

Mu butumwa bw’iyi kaminuza, ubuyobozi bwayo bwavuze ko bukurikiza ibyemejwe n’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’indi miryango mpuzamahanga n’ibindi Bihugu byose byo ku Isi ko habayeho Jenoside Yakorewe Abatutsi ikaba ari n’icyaha cy’indengakamere cyakorewe ikiremwamuntu.

Ubu butumwa bukomeza bwisegura kuri Guverinoma y’u Rwanda ndetse na Perezida w’u Rwanda ku byatangajwe n’uyu muyobozi.

Buti “Muri iki gihe cyo kwibuka mu Rwanda, Kaminuza yifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka inzirakarengane zatakaje ubuzima. Rector ni umukozi wa Kaminuza ntabwo ari umuyobozi [Leader] wa Kaminuza.”

Ubutumwa bw’ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, bukomeza buvuga ko Umuyobozi wayo afite inshingano nyinshi ariko ko zigira aho zigarukira zirimo nko gutegura ibikorwa n’ibindi.

Kayembe na we yasabye imbabazi ku butumwa bwe, aho yagize ati “Ku Banyarwanda bose, Perezida Kagame no ku muryango w’Abatutsi bose aho bari ku Isi. Nabonye ko igitekerezo cyanjye kibabaje kandi kitabaha agaciro. Biriya ntabwo ari ibya kaminuza ni ibitekerezo byanjye bwite. Ndiseguye cyane. Amahoro.”

 

Abarimo Busingye bababajwe n’ibyatangajwe na Kayembe

Mu batanze ibitekerezo bamagana ubutumwa bwa  Debora Kayembe, harimo Ambasaderi Busingye Johnston wabaye Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda n’Intumwa Nkuru ya Leta ubu akaba ahagarariye u Rwanda mu Bwongereza.

Amb. Busingye yavuze ko Abanyarwanda badashobora kwemerera abantu nk’aba bapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, ngo bakomeze kubikora, umuntu atababwije ukuri.

Yagize ati “Turasaba ikigo ukorera gutanga ibisobanuro.”

Johnston Busingye yibukije uyu munyamategeko ko Jenoside Yakorewe Abatutsi ari igikorwa kizwi n’Isi yose kandi gifitiwe ibimenyetso simusiga bizahoraho iteka ndetse ikaba yaremejwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Dr Charles Murigande wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, na we yababajwe n’ibyatangajwe n’uyu muyobozi w’iriya kaminuza ikomeye, avuga ko bitangaje kuba umuntu nk’uyu abwira Isi ko kaminuza ye yishimira Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Ni igisebo kuri wowe ku gitekerezo gipfuye nk’iki no gutesha ikuzo Kaminuza.”

Umunyamakuru w’Umwongereza Linda Melvern wari i Kigali mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, na we ari mu bababajwe n’igitekerezo cya Kayembe.

Linda Melvern wanagaragaje bimwe mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside, yagize ati “Ubutumwa bwa Kayembe buragaragaza uguhakana Jenoside. Kandi birakomeretsa abarokotse ndetse bikanambika isura mbi Kaminuza ya Edinburgh.”

Abatanze ibitekerezo byinshi bagaragaza agahinda batewe n’ibyatangajwe na Kayembe, basabye ko yegura ku nshingano ze zo kuyobora iyi Kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Next Post

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90

Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya yitabye Imana ku myaka 90

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.