Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Ukraine yatangaje ko ifite ubushobozi bwo kugenere ibikenewe Ingabo z’iki Gihugu ziri mu rugamba rugihanganishije n’u Burusiya, nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zigihagarikiye inkunga ya gisirikare.

Trump yafashe iki cyemezo nyuma y’ubushyamirane bwabaye ubwo yakiraga Perezida Vlodomir Zelensky wa Ukraine muri White House ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ndetse akamunenga kuba atagaragaza ko ashima ubufasha ahabwa n’Igihugu cye.

Nyuma yo guharika ubwo bufasha America yageneraga Ukraine, Minisitiri w’Intebe wa Ukraine, Denys Shmyhal, yavuze ko Kyiv igifite ubushobozi bwo guha ibikenewe ingabo ziri ku rugamba.

Minisitiri w’Intebe wa Ukraine, Denys Shmyhal, yavuze ko Kyiv igifite ubushobozi bwo guha ibikenewe ingabo ziri ku rugamba.

Yagize ati “Inkunga ya gisirikare ya America ni ingirakamaro kandi irimo kurokora ubuzima bw’ibihumbi.”

Yanavuze ko Ukraine izakora ibishoboka byose kugira ngo ikomeze umubano wayo na Washington. Ati “Tuzakomeza gukorana na Leta Zunze Ubumwe za America twifashishije inzira zose zishoboka mu buryo butuje. Dufite gahunda imwe gusa gutsinda no gukomeza kubaho. Niba tudatsinze iyi ntambara, ibindi ubwo bizandikwa n’abandi.”

Ku ruhande rw’u Burusiya, bwo bwatangaje ko guhagarika inkunga ya gisirikare kuri Ukraine ari intambwe nziza cyane iganisha ku mahoro, nubwo bugishidikanya kuri icyo cyemezo cya Trump.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Ibyo kuzirikana biri muri Rayon binashobora kugena umusaruro uzava mu mukino utegerejwe na benshi

Next Post

Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada

Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.