Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in MU RWANDA
0
Ukuri ku rupfu rwa Nyiramajyambere wavuze imvugo iri kwamamara mu Rwanda muri iyi minsi
Share on FacebookShare on Twitter

“…Ariko ahari nashonje…” Ni imwe mu mvugo ziri kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda muri iyi minsi, bamwe banakoresha mu biganiro hagati yabo bashyenga. Ni amagambo yavuzwe na Nyiramajyambere Esperance. Hamenyekanye ko amaze imyaka itatu yitabye Imana.

Amashusho y’uyu mubyeyi wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaha, aho aba ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubakiye inzu yo kubamo kimwe na bagenzi be bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, ariko ko bashakaga kwishyurwa amafaranga y’icyuzi cyabo.

Agira ati “Nyakubahwa Paul Kagame, bayobozi mwese muri kunyumva, banyita Nyiramajyambere Esperance umwana w’Umutwa, ariko mwarakoze, sinkinyagirwa ariko noneho nimuturwaneho, inzara itumereye nabi […] intwari ni nziza ntabwo yiganyira yishakira inzira, uti ‘nimurebe ukuntu aba basigajwe inyuma n’amateka, babona amafaranga yabo y’icyuzi, barayakobocyeye, ariko kuki twayakobocyeye mukanga mukayarya, ahubwo mukayasindamo mitsingi.”

Hari aho agira ati “Njyewe ubwanjye ku mutima wanjye, iyi Radiyo izigiye, izigiye…ariko ahari nashonje.”

Nubwo ibi byatangajwe na Nyiramajyambere bimaze igihe, ariko iyi mvugo “ariko ahari nashonje” ikomeje kwamamara muri iki gihe, aho benshi bari kuyisubiramo ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok, ndetse benshi bakayikoresha mu biganiro hagati yabo, mu buryo bw’urwenya.

Aya mashusho ni ayo mu kiganiro nyakwigendera Nyiramajyambere Esperance yari yagiranye n’umunyamakuru witwa Protais Ngwabijimana mu myaka ine ishize

Nyiramajyambere Esperance akiriho ubwo yakoraga kiriya kiganiro kiri kwamamara ubu

Iby’urupfu rwe

Ku mbuga nkoranyambaga kandi hari hamaze iminsi hacicikana amakuru ko uyu Nyiramajyambere Esperance yitabye Imana, ndetse bikaba byemejwe n’abo mu muryango we nk’uko tubikehsa umuyobozi wa YouTube witwa Urugendo TV.

Mu kiganiro Mutuyimana Consolée, umwana wa Nyiramajyambere ari na we mfura ye, uvuga ko batari bazi ko iriya mvugo y’umubyeyi wabo yamaze kuba ikimenyabose, avuga ko yitabye Imana mu Werurwe (03) 2022 azize uburwayi bwa Cancer y’umwijima yamaranye amazi atatu.

Mutuyimana avuga ko Nyiramajyambere yapfiriye rimwe n’umubyeyi we (Se), ndetse bakaba barabashyinguriye rimwe tariki 14 z’uko kwezi kwa gatatu.

Avuga ko iriya mvugo yamamaye y’umubyeyi we, ari ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru, ubwo yatabazaga ngo bazahabwe amafaranga y’icyuzi, bari barakoze nka Koperative y’abatishoboye b’abo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, kikaza gukurwaho ubwo hakorwaga umuhanda wa Base-Gicumbi, akaba yarasabaga ko bishyurwa ingurane.

Ati “Kariya kavidewo yagateguye amafaranga batarayaduha, bigaragara ko koko nta n’ayo bazaduha. Radiyo yayibona, agahora atakamba, agatakambira abayobozi, ndetse yari abishoboye no kubivuga ati ‘Nyakubahwa Perezida wa Repubulika turwaneho turwaneho…”

Uyu mukobwa wa Nyiramajyambere avuga ko umubyeyi we yitabye Imana, ariya mafaranga barayishyuwe, ndetse ko itsinda ryabo ryishyuwe miliyoni 5,5 Frw. Ati “Mukecuru yapfuye amafaranga ye ayariye. Ntabwo yagiye atayariye.”

Nyiramajyambere Esperance, ukomeje kwamamara atakiriho yitabiye Imana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, aho yari amaze iminsi arwariye.

Mutuyimana Consolée, umukobwa wa Nyiramajyambere yemeje ko umubyeyi we yitabye Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 5 =

Previous Post

Havuzwe amayeri yakoreshejwe n’Abayobozi mu z’ibanze i Nyagatare bakarya umuhinzi 100.000Frw

Next Post

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.