Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri mpamo ku bivugwa ko umuhanzi ugezweho mu Rwanda yatandukanye n’umujyanama we

radiotv10by radiotv10
04/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ukuri mpamo ku bivugwa ko umuhanzi ugezweho mu Rwanda yatandukanye n’umujyanama we
Share on FacebookShare on Twitter

Hamaze iminsi hacicikana amakuru ko umuhanzi Chriss Eazy n’usanzwe amufasha mu bikorwa bya muzika, Junior Giti; baba baratandukanye. Umwe muri aba twaganiriye aduha amakuru y’imvaho kuri ibi bimaze iminsi bivugwa.

Kuva mu mwaka wa 2021 Rukundo Nsengiyumva Christian uzwi nka Chriss Eazy, ari mu biganza bya Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti aho bakorana nk’ureberera inyungu ze mu bya muzika.

Icyakora mu mpera z’iki cyumweru nibwo hatangiye guhwihwiswa amakuru ko aba bombi baba baratandukanye.

Mu kiganiro na RADIOTV10, Chriss Eazy avuga ko ibyo abavuga ibyo gutandukana kwe na Juniro Giti bombi, babiheraga ku kuba Junior yari amaze iminsi atagaragara mu bikorwa bye by’umwihariko mu bitaramo kandi mbere yaramuherekezaga muri byose.

Icyakora akomeza asobanura ko kuba Junior Giti amaze iminsi atamuherekeza mu bitaramo, ari uko umubyeyi we amaze iminsi arwaye, ku buryo byabaye ngombwa ko ajya kumwitaho.

Ubwo Chriss Eazy yiteguraga kujya gukora ibitaramo i Burundi, byahise bihurirana n’ubwo burwayi bw’umubyeyi wa Junior Giti, bituma batajyana.

Uyu muhanzi uherutse gukorana n’ Umurundi witwa Kiriku Akili indirimbo iri mu zikunzwe haba mu Rwanda n’ i Burundi bise ‘LaLa’, ageze kure imyuteguro yo gukorera ibitaramo i Lusaka muri Zambia mu kwezi gutaha kwa Kanama 2023.

Joby Joshua
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Next Post

Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko
MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

Uwabonye haba impanuka y’abana batatu yavuze ikikango yabateye n’uburyo byagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.