Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo-Adil utoza APR

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo-Adil utoza APR

Adil umutoza wa APR FC

Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed utoza ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC, yavuze ko ukuri k’umupira w’amaguru kubera mu kibuga kutabera kuri Radio. Adil yavuze ko iyi kipe abereye abereye umutoza imyiteguro yayo mu mikino ya Champions League igeze hejuru ya 70%

Nyuma yo kunganya 0-0 na Etincelles FC y’i Rubavu, iyari itahiwe ni Kiyovu Sports yatsindiwe i Shyorongi ibitego 4-2.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza mukuru wa APR FC, Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi be bakomeje kwitwara kandi ko byamweretse ko ukuri kuri mu kibuga kutari kuri radio.

Ati “Berekanye ko ari ikipe nziza, ko ari abakinnyi bakiri bato bakwiye kwambara umwambaro wa APR FC. Ibi byerekana ukuri kuri mu kibuga. Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo. Ugomba kumenya uko uherekeza aba basore, ukabafasha no mu myumvire nk’uko mvuga ko ukuri buri gihe ari mu kibuga.“

Yakomeje avuga ko abakinnyi be bose bakomeje kumwereka ko biteguye kuzahangana na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League, kandi na we abafitiye icyizere.

Agaruka kuri Omborenga Fitina wavunikiye mu Amavubi ku wa Kane, Adil yavuze ko bazategereza iminsi mike bakareba uko imvune ye ihagaze. Yongeyeho ko nubwo yaba ikize, baha amahirwe Ndayishimiye Dieudonné uzwi nka Nzotanga, agakina ku ruhande rw’iburyo mu bwugarizi.

Adil utoza wa APR FC yavuze ko bageze ku kigero kiri hejuru ya 70% bategura uyu mukino ubategereje mu minsi mike.

APR FC ni yo izakira umukino ubanza ku wa 15 Ukwakira mu gihe uwo kwishyura uzabera muri Tunisia tariki ya 22 Ukwakira 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Next Post

Twatsinzwe igitego cy’Ubugoryi- Mashami Vincent nyuma yo gutsindwa na Uganda

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwegura byo sinzi impamvu nakwegura – Mashami nyuma yo gutsindwa na Uganda

Twatsinzwe igitego cy’Ubugoryi- Mashami Vincent nyuma yo gutsindwa na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.