Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo-Adil utoza APR

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SIPORO
0
Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo-Adil utoza APR

Adil umutoza wa APR FC

Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed utoza ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC, yavuze ko ukuri k’umupira w’amaguru kubera mu kibuga kutabera kuri Radio. Adil yavuze ko iyi kipe abereye abereye umutoza imyiteguro yayo mu mikino ya Champions League igeze hejuru ya 70%

Nyuma yo kunganya 0-0 na Etincelles FC y’i Rubavu, iyari itahiwe ni Kiyovu Sports yatsindiwe i Shyorongi ibitego 4-2.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza mukuru wa APR FC, Umunya-Maroc Adil Erradi Mohammed, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi be bakomeje kwitwara kandi ko byamweretse ko ukuri kuri mu kibuga kutari kuri radio.

Ati “Berekanye ko ari ikipe nziza, ko ari abakinnyi bakiri bato bakwiye kwambara umwambaro wa APR FC. Ibi byerekana ukuri kuri mu kibuga. Ukuri ntabwo ari kuri radio, ukuri ntabwo kuba mu magambo. Ugomba kumenya uko uherekeza aba basore, ukabafasha no mu myumvire nk’uko mvuga ko ukuri buri gihe ari mu kibuga.“

Yakomeje avuga ko abakinnyi be bose bakomeje kumwereka ko biteguye kuzahangana na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League, kandi na we abafitiye icyizere.

Agaruka kuri Omborenga Fitina wavunikiye mu Amavubi ku wa Kane, Adil yavuze ko bazategereza iminsi mike bakareba uko imvune ye ihagaze. Yongeyeho ko nubwo yaba ikize, baha amahirwe Ndayishimiye Dieudonné uzwi nka Nzotanga, agakina ku ruhande rw’iburyo mu bwugarizi.

Adil utoza wa APR FC yavuze ko bageze ku kigero kiri hejuru ya 70% bategura uyu mukino ubategereje mu minsi mike.

APR FC ni yo izakira umukino ubanza ku wa 15 Ukwakira mu gihe uwo kwishyura uzabera muri Tunisia tariki ya 22 Ukwakira 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Amavubi aragera i Kigali saa sita mu kadomo…Arakirwa ate ?

Next Post

Twatsinzwe igitego cy’Ubugoryi- Mashami Vincent nyuma yo gutsindwa na Uganda

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwegura byo sinzi impamvu nakwegura – Mashami nyuma yo gutsindwa na Uganda

Twatsinzwe igitego cy’Ubugoryi- Mashami Vincent nyuma yo gutsindwa na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.