Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Fridolin Karidinali Ambongo Besungu, Arikiyepisikopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe mu Rwanda aho yitabira Inama y’Ihuriroro ry’Abepisikopi muri Afurika, aho agiye kuza nyuma yuko asabye Urubyiruko wo muri Congo kurwanya umugambi wa Perezida Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ‘Kinyamateka’ gishingiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda cyatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, avuga ko uyu muyobozi mukuru wa Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aza mu Rwanda uyu munsi.

Iki Kinyamakuru, cyagize kiti “Nyiricyubahiro Fridollin Karidinali AMBONGO BESUNGU, Arikiyepiskopi wa Kinshasa akaba na Perezida w’Ihuriro ry’Abepiskopi Muri Afurika na Madagasikari (SECAM), ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho azaza kwitabira Inama ya Komite Ihoraho y’Ihuriro ry’Inama z’Abepiskopi muri Afurika na Madagasikari.”

Iki Kinyamakuru kivuga ko iyi nama igiye kubera mu Rwanda, izanitabirwa n’abandi Bepiskopi bagera kuri 11 n’abapadiri bafite imirimo inyuranye muri iyi Komite.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izitabirwa n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bo ku Mugabane wa Afurika, nka a Nigeria, Mozambique, Algeria, Madagascar, Namibia, Ghana, Tchad, Kenya ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Karidinali Ambongo Besungu ntakozwa umugambi wa Tshisekedi

Uyu Arikiyepisikopi wa Kinshasa, Fridolin Karidinali Ambongo Besungu; ni umwe mu bakunze kugaragaza ibitagenda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Fridolin Karidinali Ambongo Besungu kandi ntakozwa umugambi uherutse gutangazwa na Perezida Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, aho mu Gitambo cy’Ukarisitiya yatuye kuri iki Cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2024, yawamaganiye kure.

Muri iki gitambo cy’Ukarisitiya cy’Urubyiruko, Karidinali Ambongo Besungu yasabye abasore n’inkumi kurwanya uyu mugambi wa Perezida Tshisekedi, kuko ugamije kuganisha Igihugu cyabo ahantu h’uruhande rumwe, mu gihe ari icyabo kuko ari bo bazaba bagifite mu biganza mu bihe biri imbere.

Karidinali Ambongo Besungu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga

Next Post

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.