Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Fridolin Karidinali Ambongo Besungu, Arikiyepisikopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe mu Rwanda aho yitabira Inama y’Ihuriroro ry’Abepisikopi muri Afurika, aho agiye kuza nyuma yuko asabye Urubyiruko wo muri Congo kurwanya umugambi wa Perezida Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ‘Kinyamateka’ gishingiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda cyatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, avuga ko uyu muyobozi mukuru wa Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aza mu Rwanda uyu munsi.

Iki Kinyamakuru, cyagize kiti “Nyiricyubahiro Fridollin Karidinali AMBONGO BESUNGU, Arikiyepiskopi wa Kinshasa akaba na Perezida w’Ihuriro ry’Abepiskopi Muri Afurika na Madagasikari (SECAM), ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho azaza kwitabira Inama ya Komite Ihoraho y’Ihuriro ry’Inama z’Abepiskopi muri Afurika na Madagasikari.”

Iki Kinyamakuru kivuga ko iyi nama igiye kubera mu Rwanda, izanitabirwa n’abandi Bepiskopi bagera kuri 11 n’abapadiri bafite imirimo inyuranye muri iyi Komite.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izitabirwa n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bo ku Mugabane wa Afurika, nka a Nigeria, Mozambique, Algeria, Madagascar, Namibia, Ghana, Tchad, Kenya ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Karidinali Ambongo Besungu ntakozwa umugambi wa Tshisekedi

Uyu Arikiyepisikopi wa Kinshasa, Fridolin Karidinali Ambongo Besungu; ni umwe mu bakunze kugaragaza ibitagenda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Fridolin Karidinali Ambongo Besungu kandi ntakozwa umugambi uherutse gutangazwa na Perezida Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, aho mu Gitambo cy’Ukarisitiya yatuye kuri iki Cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2024, yawamaganiye kure.

Muri iki gitambo cy’Ukarisitiya cy’Urubyiruko, Karidinali Ambongo Besungu yasabye abasore n’inkumi kurwanya uyu mugambi wa Perezida Tshisekedi, kuko ugamije kuganisha Igihugu cyabo ahantu h’uruhande rumwe, mu gihe ari icyabo kuko ari bo bazaba bagifite mu biganza mu bihe biri imbere.

Karidinali Ambongo Besungu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 7 =

Previous Post

Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga

Next Post

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.