Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Ukuriye Kiliziya muri DRCongo ategerejwe mu Rwanda nyuma y’amasaha yamaganye umugambi wa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Musenyeri Fridolin Karidinali Ambongo Besungu, Arikiyepisikopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe mu Rwanda aho yitabira Inama y’Ihuriroro ry’Abepisikopi muri Afurika, aho agiye kuza nyuma yuko asabye Urubyiruko wo muri Congo kurwanya umugambi wa Perezida Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ‘Kinyamateka’ gishingiye kuri Kiliziya Gatulika mu Rwanda cyatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, avuga ko uyu muyobozi mukuru wa Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aza mu Rwanda uyu munsi.

Iki Kinyamakuru, cyagize kiti “Nyiricyubahiro Fridollin Karidinali AMBONGO BESUNGU, Arikiyepiskopi wa Kinshasa akaba na Perezida w’Ihuriro ry’Abepiskopi Muri Afurika na Madagasikari (SECAM), ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho azaza kwitabira Inama ya Komite Ihoraho y’Ihuriro ry’Inama z’Abepiskopi muri Afurika na Madagasikari.”

Iki Kinyamakuru kivuga ko iyi nama igiye kubera mu Rwanda, izanitabirwa n’abandi Bepiskopi bagera kuri 11 n’abapadiri bafite imirimo inyuranye muri iyi Komite.

Iyi nama igiye kubera mu Rwanda izitabirwa n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bo ku Mugabane wa Afurika, nka a Nigeria, Mozambique, Algeria, Madagascar, Namibia, Ghana, Tchad, Kenya ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Karidinali Ambongo Besungu ntakozwa umugambi wa Tshisekedi

Uyu Arikiyepisikopi wa Kinshasa, Fridolin Karidinali Ambongo Besungu; ni umwe mu bakunze kugaragaza ibitagenda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Fridolin Karidinali Ambongo Besungu kandi ntakozwa umugambi uherutse gutangazwa na Perezida Felix Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu, aho mu Gitambo cy’Ukarisitiya yatuye kuri iki Cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2024, yawamaganiye kure.

Muri iki gitambo cy’Ukarisitiya cy’Urubyiruko, Karidinali Ambongo Besungu yasabye abasore n’inkumi kurwanya uyu mugambi wa Perezida Tshisekedi, kuko ugamije kuganisha Igihugu cyabo ahantu h’uruhande rumwe, mu gihe ari icyabo kuko ari bo bazaba bagifite mu biganza mu bihe biri imbere.

Karidinali Ambongo Besungu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 19 =

Previous Post

Uwakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yagize icyo avuga

Next Post

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.