Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye ubutasi bwa America yahuye na Tshisekedi nyuma yo kuganira na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukuriye ubutasi bwa America yahuye na Tshisekedi nyuma yo kuganira na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za America, Madamu Avril Haines; nyuma yo guhura akanagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, yanahuye na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, baganira ku gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ugushyingo 2023, Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yatangaje ko umukuru w’u Rwanda Paul Kagame aherutse guhura n’uyu muyobozi w’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubutumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, buvuga ko “Ku Cyumweru gishize, Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa USA, Avril Haines n’intumwa yari ayoboye. Bagiranye ibiganiro bitanga umusaruro byibanze ku cyakorwa mu guhosha umwuka no gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.”

Nyuma y’isaha imwe n’igice Perezidansi y’u Rwanda ishyize hanze ubu butumwa, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na byo byatangaje ko Perezida Felix Tshisekedi yahuye n’uyu muyobozi w’Ubutasi bwa USA.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya DRC, na bwo bwasohotse mu ijoro ryacyeye, buvuga ko kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023, “mu ruzinduko ari kugirira mu karere k’Ibiyaga bigari, Madamu Avril Haines, umuyobozi w’Ubutasi bwa USA, yagiranye ibiganiro by’amasaha abiri na Perezida Tshisekedi ku mwuka w’umutekano uri mu burasirazuba bwa DRC.”

Ni ibiganiro bibaye nyuma y’uko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byongeye gukara, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kugira ubukana.

Ibi bibazo kandi byazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, na cyo ariko nticyahwema kubihakana, ahubwo kigashimangira ko DRC ahubwo ifasha umutwe wa FDLR ugihungabanyiriza umutekano.

Umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi, wagiye unenyegezwa cyane n’ibyatangazwaga n’abategetsi ba DRC ku isonga barimo Perezida Tshisekedi ubwe, wakunze kwerura ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, ndetse akaba aherutse kubisubiramo mu kiganiro yagiranye na France 24 na RFI.

U Rwanda na rwo rubinyujije mu Muvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda; yavuze ko nta na rimwe u Rwanda rwifuje kuba rwakwisanga mu ntambara na Congo, ariko ko inzego z’umutekano zarwo ziri maso, ku buryo ziteguye guhangana n’uwaruhungabanyiriza umutekano.

Leta Zunze Ubumwe za America, zongeye gushaka kwinjira mu gushaka umuti w’ibi bibazo, zinaherutse gusaba ibi Bihugu byombi [u Rwanda na DRC] gukura ingabo ku mipaka yabyo ziryamiye amajanja, ngo kuko zishobora gukozanyaho isaha iyo ari yo yose mu gihe hari uwakoma rutenderi.

Yabanje guhura na Perezida Kagame
Bagiranye ibiganiro

Yari kumwe n’intumwa ayoboye
Kuri uyu wa Kabiri yanahuye na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Congo Brazzaville: Ubwinshi bw’abifuza kujya mu gisirikare bwasize amarira kuri bamwe

Next Post

Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.