Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye ubutasi bwa America yahuye na Tshisekedi nyuma yo kuganira na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
22/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukuriye ubutasi bwa America yahuye na Tshisekedi nyuma yo kuganira na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za America, Madamu Avril Haines; nyuma yo guhura akanagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, yanahuye na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, baganira ku gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Ugushyingo 2023, Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yatangaje ko umukuru w’u Rwanda Paul Kagame aherutse guhura n’uyu muyobozi w’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubutumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, buvuga ko “Ku Cyumweru gishize, Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa USA, Avril Haines n’intumwa yari ayoboye. Bagiranye ibiganiro bitanga umusaruro byibanze ku cyakorwa mu guhosha umwuka no gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.”

Nyuma y’isaha imwe n’igice Perezidansi y’u Rwanda ishyize hanze ubu butumwa, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na byo byatangaje ko Perezida Felix Tshisekedi yahuye n’uyu muyobozi w’Ubutasi bwa USA.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya DRC, na bwo bwasohotse mu ijoro ryacyeye, buvuga ko kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023, “mu ruzinduko ari kugirira mu karere k’Ibiyaga bigari, Madamu Avril Haines, umuyobozi w’Ubutasi bwa USA, yagiranye ibiganiro by’amasaha abiri na Perezida Tshisekedi ku mwuka w’umutekano uri mu burasirazuba bwa DRC.”

Ni ibiganiro bibaye nyuma y’uko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byongeye gukara, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kugira ubukana.

Ibi bibazo kandi byazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, na cyo ariko nticyahwema kubihakana, ahubwo kigashimangira ko DRC ahubwo ifasha umutwe wa FDLR ugihungabanyiriza umutekano.

Umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi, wagiye unenyegezwa cyane n’ibyatangazwaga n’abategetsi ba DRC ku isonga barimo Perezida Tshisekedi ubwe, wakunze kwerura ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, ndetse akaba aherutse kubisubiramo mu kiganiro yagiranye na France 24 na RFI.

U Rwanda na rwo rubinyujije mu Muvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda; yavuze ko nta na rimwe u Rwanda rwifuje kuba rwakwisanga mu ntambara na Congo, ariko ko inzego z’umutekano zarwo ziri maso, ku buryo ziteguye guhangana n’uwaruhungabanyiriza umutekano.

Leta Zunze Ubumwe za America, zongeye gushaka kwinjira mu gushaka umuti w’ibi bibazo, zinaherutse gusaba ibi Bihugu byombi [u Rwanda na DRC] gukura ingabo ku mipaka yabyo ziryamiye amajanja, ngo kuko zishobora gukozanyaho isaha iyo ari yo yose mu gihe hari uwakoma rutenderi.

Yabanje guhura na Perezida Kagame
Bagiranye ibiganiro

Yari kumwe n’intumwa ayoboye
Kuri uyu wa Kabiri yanahuye na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Congo Brazzaville: Ubwinshi bw’abifuza kujya mu gisirikare bwasize amarira kuri bamwe

Next Post

Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.