Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

radiotv10by radiotv10
27/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Umubare w’Abanyarwanda bose wamenyekanye: Abagore ni bo benshi

Photo/Cyril Ndegeya

Share on FacebookShare on Twitter

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage ryakozwe umwaka ushize, igaragaza ko Abanyarwanda biyongereyeho miliyoni 2,7 mu myaka icumi ishize, aho igitsinagore ari bo benshi kurusha igitsinagabo.

Iyi mibare yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ubwo hatangizwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 18 isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda mu bice binyuranye by’Igihugu bakungurana ibitekerezo ku mibereho yabo.

Iyi mibare y’Ibarura rusange ryakozwe umwaka ushize wa 2022, igaragaza ko Abanyarwanda bose hamwe ari 13 246 394 bavuye kuri miliyoni 10,5 bariho muri 2012.

Ni ukuvuga ko Abanyarwanda biyongereyeho miliyoni 2,7 mu myaka 10 ishize na bwo icyo gihe bari biyongereyeho miliyoni 2 kuko bari miliyoni 10,5; mu gihe muri 2002 bari miliyoni 8,1.

Aba Banyarwanda miliyoni 13,2; abenshi ni abagore kuko ari 51.5%, mu gihe Abagabo ari 48.5%.

Iyi mibare kandi igaragaza ko Intara ituwe n’abantu benshi, ari iy’Iburasirazuba ituwe na 3 563 145 bangana na 26,9%, hagakurikiraho Iy’Amajyepfo ituwe na 3 002 699 bangana na 22,7%, Intara y’Iburengerazuba ikaza ku mwanya wa gatatu, ituwe na 2 896 484 bangana na 21,9%.

Intara y’Amajyaruguru yo ituwe na 2 038 511 bangana na 15,4%; mu gihe Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa nyuma utuwe na 1 745 555 bangana na 13,2%.

Naho ku bijyanye n’imiturere, Abanyarwanda 72,1% batuye mu bice by’icyaro, mu gihe abatuye mu bice by’imijyi ari 27,9%.

Ku bijyanye n’ibyiciro by’Abanyarwanda, urubyiruko ni rwo rwinshi kuko ari 65.3 bafite munsi y’imyaka 30, naho abafite imyaka iri hagati ya 16 na 64 bakaba ari 56,0%.

Icyizere cyo kuramba kw’Abanyarwanda cyongeye kuzamuka kigera ku myaka 69,6 ivuye kuri 64,5 yariho mu mwaka wa 2012, na yo yari ivuye kuri 51,2 yariho muri 2002, mu gihe mu 1991 yari imyaka 53,7.

Igipimo cyo kubyara cyongeye kugabanuka, aho kigeze ku bana 3,6 ku mugore umwe, bavuye ku bana 4,0 bariho muri 2012, mu gihe muri 2002 bari abana 5,9 ku mugore umwe, naho mu 1991 bwo bakaba bari abana 6,9; mu gihe mu 1978 bari abana 8,6 ku mubyeyi umwe.

Intara y’Iburasirazuba ni yo iza ku mwanya wa mbere mu kubyara kuko umugore umwe ageze ku bana 4,0; naho iy’Amajyepfo ho bakaba ari abana 3,8 ndetse n’iy’iburengerazuba bakaba bageze ku bana 3,8, iy’Amajyaguru bakaba ari abana 3,3 mu gihe Umujyi wa Kigali ho bageze ku bana 3,0 ku mugore umwe.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Boniface says:
    3 years ago

    Twishimiye iyo mibare.barakoze cyane

    Reply
  2. Ntarindwa Abel says:
    3 years ago

    Wow this improvement is so wonderful, we have to put more effort than this, As Rwandan’s we have to help our country to fulfill our wishes, when we work as a term we achieves more!!!!!!!!!!!!!!.

    Reply
  3. Ndayikeza Emery says:
    3 years ago

    Ni vyiza ko abanyarwanda biyongereye. Itunga ryambere n’abantu. Ibisigaye kuba ari kumenya ingene ubapanga kugira ubavyaze umusaruro.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 17 =

Previous Post

Umukobwa muto wari utwite arakekwaho igikorwa kigayitse yakoze akimara kubyara

Next Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.