Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi yagaragaje ubundi bumenyi nyuma yo gukorana n’abafite amazina aremereye ku Isi

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
0
Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi yagaragaje ubundi bumenyi nyuma yo gukorana n’abafite amazina aremereye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Sherrie Silver ukomoka mu Rwanda umaze kuba ikirangirire ku Isi mu kubyina, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yarayoboye ifatwa ry’amafoto n’amashusho y’abakinnyi b’ikipe ya Mercedes mu mukino w’isigarwa rya Formula 1, izwi nka Mercedes-AMG PETRONAS F1, igizwe n’abarimo rurangiranwa Lewis Hamilton.

Sherrie Silver yagaragaje ibi byishimo mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, buherekejwe n’amafoto n’amashusho yafashwe ari we uyayoboye, arimo Lewis Hamilton, rurangiranwa muri uyu mukino wo gusiganwa ku tumodoka duto.

Iyi kipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1 izitabira shampiyona y’Isi ya Formula 1, igizwe kandi na George Russell, Mick Schumacher, na Toto Wolff.

Sherrie Silver mu kugaragaza ibyishimo yatewe n’akazi yakoze, yagize ati “Ntewe ishema no kuvuga ko muri uyu mwaka nayoboye ifatwa ry’amafoto n’amashusho by’ikipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1. Mwarakoze kumpitamo Lewis Hamilton, George Russell, Mick Schumacher, na Toto Wolff.”

Ikipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1 iri mu makipe mbere ku Isi mu masiganwa y’utumodoka duto azwi nka Formula 1.

Abakinnyi babiri bayo ari bo Lewis Hamilton na George Russell, baje mu icumi ba mbere ku Isi, mu gihe iyi kipe ubwayo yo yaje ku mwanya wa kabiri mu makipe icumi ya mbere mu mwaka wa 2023.

Sherrie Silver, uvuka mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ubu akaba ari no mu Rwanda mu kwizihiza iminsi mikuru, ni umwe mu babyinnyi bafite izina rikomeye ku Isi, akaba yaragaragaye mu ndirimbo zagiye zica uduhigo ku Isi.

Ni umwe mu bagize uruhare muri filimi zirimo iyitwa ‘Sing’ ndetse na ‘Minions,’ akaba yarahawe igihembo cya MTV Video Music Award, akaba asanzwe ari na Ambasaderi w’ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye cya IFAD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Liberia: Guhurura kw’abari bagiye kuvoma Lisansi y’ikamyo yakoze impanuka kwakurikiwe n’amarira

Next Post

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.