• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya w’Umunya-Nigeria uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika.

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko Igihozo Mireille afitanye ubukwe na Emmanuel Chukwuemeka Ejekwu uzwi ku izina rya Oga Sabinus uri mu banyarwenya bubatse izina muri Afurika.

Aya makuru kandi ari guherekezwa n’ifoto igaragaza itariki y’ubukwe bwabo ya Save Date igaragaza ko buzaba tariki 15 Ukuboza 2025.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye, Mireille yavuze ko ibyo ari ibihuha bidafite ishingiro kuko n’ifoto bakoresheje ari iyo bifotozanyije muri 2023 ubwo Emmanuel yari yaje mu Rwanda mu iserukiramuco rya sinema.

Uyu mukinnyikazi wa filimi kandi mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda yavuze ko yatunguwe ndetse n’umuryango we uri kubimubazaho.

Yagize ati “Mama wanjye n’umuryango bari kumbaza bati ni ‘gute ugiye gukora ubukwe mutaratubwiye?’ Kandi byose ari ibihuha. Nashakaga kubishyiraho akadomo nta bukwe buhari, nta save the date ihari, uriya muntu uretse kuba twese turi muri sinema nta kindi kintu mpuriraho na we, rero ni Fake news [ibihuha].”

Ibintu byo gutangaza ubukwe budahari si ubwa mbere bibaye ku bakinnyi ba filimi kuko na Kanimba na Soleil bakina muri filimi yitwa ‘Bamenya’ na bo bigeze gushyira hanze Save the date gusa igitandukanye bo ni bo babyishyiriye hanze, nyuma byaje kumenyekana ko yari filime.

Igihozo yahakanye save the date yari yasakaye
Bavugaga ko afitanye ubukwe na Sabinus
Igihozo aravuga ko nta bukwe afite

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Next Post

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Qatar yatangaje icyo ishobora gukora nyuma yuko Israel iyikoze mu jisho ikayigabaho igitero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.